• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Editorial 28 Aug 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yashimye umusaruro umaze kuva mu nama ihuza Afurika n’u Buyapani urimo uburyo bwo guteza imbere urwego rw’abikorera ku mugabane wa Afurika.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu i Yokohama mu mujyi wa Tokyo mu Buyapani, ahatangijwe inama ya karindwi y’iminsi itatu ihuza icyo gihugu n’abayobozi b’ibihugu bya Afurika, inama izwi nka Tokyo International Conference on African Development, TICAD.

Iyi nama yatangiye bwa mbere mu 1993, kuri iyi nshuro iriga ku kwihutisha iterambere rya Afurika binyuze mu kubaka ubushobozi bw’abaturage, ikoranabuhanga no guhanga udushya.

Mu muhango wo gufungura iyo nama, Perezida Kagame yashimye umusaruro n’icyerekezo cy’iyo nama, byatumye u Buyapani bukomeza kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko TICAD yatangiye mu gihe icyerekezo cy’umugabane wa Afurika cyasaga nk’ikitagarara, nyamara ngo ibyo byose ntibyigeze bica intege icyerekezo cyiza abatangije iyo nama bari bafite.

Agaruka ku musaruro iyo nama imaze gutanga, Perezida Kagame yavuze umwihariko wagiye uhabwa abikorera mu iterambere.

Byatumye u Rwanda rushyira imbere ubufatanye n’abikorera mu rugendo rwo kugera ku iterambere rirambye.

Ati “U Rwanda rwashyize imbere iterambere ry’abikorera muri gahunda zigamije iterambere hakoreshejwe gushora mu bintu bitatu. Icya mbere ni imiyoborere. U Rwanda rwabyaje umusaruro ibipimo bya raporo ya Banki y’Isi ya Doing Business mu gushyiraho ahantu habereye ishoramari.”

Perezida Kagame yavuze ko mu kurushaho korohereza ishoramari, hashyizweho “inkiko zihariye z’ubucuruzi kandi dukorana n’abaturanyi mu kurushaho kwihuza, kugira ngo tworohereze ubucuruzi mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

U Rwanda kandi rwashoye imari nyinshi mu kubaka ibikorwa remezo byose bigizwemo uruhare na Leta n’abikorera.

Perezida Kagame yatanze urugero rwo kugeza umurongo mugari wa Internet hirya no hino mu gihugu, ari nabyo byabaye moteri y’ubukungu bw’u Rwanda bushingiye ku ikoranabuhanga.

Ibyo byajyanye no kubaka ibikorwa remezo bigezweho byo kwakira inama n’ibifasha mu bukerarugendo.

Perezida Kagame yagize ati “Icya gatatu kandi cy’ingenzi, twashoye mu kubakira ubushobozi abaturage. Gukora ibyakorewe mu Rwanda no muri Afurika bisaba urubyiruko rufite ubumenyi kandi rufite ubuzima bwiza.”

Yongeyeho ati “Twaguye amahugurwa mu bya tekiniki n’ubumenyi ngiro twibanda cyane ku bumenyi mu by’ikoranabuhanga ari nako haterwa inkunga ihangadushya no kwihangira umurimo.”

U Buyapani ni umuterankunga ukomeye w’u Rwanda, aho nibura guhera mu 2008 kugeza mu 2017, bwahaye u Rwanda inkunga igera hafi kuri miliyoni $350 binyuze mu kigega cy’u Buyapani gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga, JICA.

Perezida Kagame yashimye ubwo bufatanye cyane cyane ishoramari rikorwa na sosiyete zo mu Buyapani.

Ati “Hari izindi ngamba ziriho zizorohereza imishinga mishya by’umwihariko ubufatanye bwa Leta n’abikorera mu by’ibikorwa remezo n’inganda.”

Mu bikorwa byabyawe n’ubwo bufatanye bw’u Rwanda n’u Buyapani harimo abaturage 131,000 bagejejweho amazi meza mu Burasirazuba; ihangwa rya FabLab rimaze gutuma havuka ibigo bisaga 62; abakorerabushake 280 bagize uruhare mu bikorwa binyuranye mu Rwanda n’amashanyarazi yagejejwe ku baturage 195,000 inyubako 65 z’ubuyobozi n’ibigo nderabuzima icyenda.

Hubatswe kandi ibikorwa birimo umupaka uhuriweho wa Rusumo na kilometero 145 z’imihanda ihuza u Rwanda n’abaturanyi; abanyarwanda 1165 bungukira ubumenyi mu Buyapani; hahugurwa abarimu 63,563, n’ibindi byinshi.

Perezida Kagame mu nama ihuza Afurika n’u Buyapani izwi nka TICAD

Perezida Kagame aganira na Perezida Alpha Conde wa Guinée, na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo bari kumwe n’abandi bakuru b’ibihugu

Perezida Kagame yavuze ko TICAD yagize umusaruro mu gutuma u Rwanda ruha umwanya abikorera mu iterambere ry’igihugu

Inama ya TICAD yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na Guverinoma batandukanye muri Afurika

Src : IGIHE
2019-08-28
Editorial

IZINDI NKURU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Editorial 04 Jul 2018
BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Editorial 18 Jul 2019
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Editorial 25 Feb 2019
Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Editorial 09 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru