• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yashimye umusaruro umaze kuva mu nama ihuza Afurika n’u Buyapani urimo uburyo bwo guteza imbere urwego rw’abikorera ku mugabane wa Afurika.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu i Yokohama mu mujyi wa Tokyo mu Buyapani, ahatangijwe inama ya karindwi y’iminsi itatu ihuza icyo gihugu n’abayobozi b’ibihugu bya Afurika, inama izwi nka Tokyo International Conference on African Development, TICAD.

Iyi nama yatangiye bwa mbere mu 1993, kuri iyi nshuro iriga ku kwihutisha iterambere rya Afurika binyuze mu kubaka ubushobozi bw’abaturage, ikoranabuhanga no guhanga udushya.

Mu muhango wo gufungura iyo nama, Perezida Kagame yashimye umusaruro n’icyerekezo cy’iyo nama, byatumye u Buyapani bukomeza kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko TICAD yatangiye mu gihe icyerekezo cy’umugabane wa Afurika cyasaga nk’ikitagarara, nyamara ngo ibyo byose ntibyigeze bica intege icyerekezo cyiza abatangije iyo nama bari bafite.

Agaruka ku musaruro iyo nama imaze gutanga, Perezida Kagame yavuze umwihariko wagiye uhabwa abikorera mu iterambere.

Byatumye u Rwanda rushyira imbere ubufatanye n’abikorera mu rugendo rwo kugera ku iterambere rirambye.

Ati “U Rwanda rwashyize imbere iterambere ry’abikorera muri gahunda zigamije iterambere hakoreshejwe gushora mu bintu bitatu. Icya mbere ni imiyoborere. U Rwanda rwabyaje umusaruro ibipimo bya raporo ya Banki y’Isi ya Doing Business mu gushyiraho ahantu habereye ishoramari.”

Perezida Kagame yavuze ko mu kurushaho korohereza ishoramari, hashyizweho “inkiko zihariye z’ubucuruzi kandi dukorana n’abaturanyi mu kurushaho kwihuza, kugira ngo tworohereze ubucuruzi mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

U Rwanda kandi rwashoye imari nyinshi mu kubaka ibikorwa remezo byose bigizwemo uruhare na Leta n’abikorera.

Perezida Kagame yatanze urugero rwo kugeza umurongo mugari wa Internet hirya no hino mu gihugu, ari nabyo byabaye moteri y’ubukungu bw’u Rwanda bushingiye ku ikoranabuhanga.

Ibyo byajyanye no kubaka ibikorwa remezo bigezweho byo kwakira inama n’ibifasha mu bukerarugendo.

Perezida Kagame yagize ati “Icya gatatu kandi cy’ingenzi, twashoye mu kubakira ubushobozi abaturage. Gukora ibyakorewe mu Rwanda no muri Afurika bisaba urubyiruko rufite ubumenyi kandi rufite ubuzima bwiza.”

Yongeyeho ati “Twaguye amahugurwa mu bya tekiniki n’ubumenyi ngiro twibanda cyane ku bumenyi mu by’ikoranabuhanga ari nako haterwa inkunga ihangadushya no kwihangira umurimo.”

U Buyapani ni umuterankunga ukomeye w’u Rwanda, aho nibura guhera mu 2008 kugeza mu 2017, bwahaye u Rwanda inkunga igera hafi kuri miliyoni $350 binyuze mu kigega cy’u Buyapani gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga, JICA.

Perezida Kagame yashimye ubwo bufatanye cyane cyane ishoramari rikorwa na sosiyete zo mu Buyapani.

Ati “Hari izindi ngamba ziriho zizorohereza imishinga mishya by’umwihariko ubufatanye bwa Leta n’abikorera mu by’ibikorwa remezo n’inganda.”

Mu bikorwa byabyawe n’ubwo bufatanye bw’u Rwanda n’u Buyapani harimo abaturage 131,000 bagejejweho amazi meza mu Burasirazuba; ihangwa rya FabLab rimaze gutuma havuka ibigo bisaga 62; abakorerabushake 280 bagize uruhare mu bikorwa binyuranye mu Rwanda n’amashanyarazi yagejejwe ku baturage 195,000 inyubako 65 z’ubuyobozi n’ibigo nderabuzima icyenda.

Hubatswe kandi ibikorwa birimo umupaka uhuriweho wa Rusumo na kilometero 145 z’imihanda ihuza u Rwanda n’abaturanyi; abanyarwanda 1165 bungukira ubumenyi mu Buyapani; hahugurwa abarimu 63,563, n’ibindi byinshi.

Perezida Kagame mu nama ihuza Afurika n’u Buyapani izwi nka TICAD

Perezida Kagame aganira na Perezida Alpha Conde wa Guinée, na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo bari kumwe n’abandi bakuru b’ibihugu

Perezida Kagame yavuze ko TICAD yagize umusaruro mu gutuma u Rwanda ruha umwanya abikorera mu iterambere ry’igihugu

Inama ya TICAD yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na Guverinoma batandukanye muri Afurika

Src : IGIHE

2019-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017
U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 10 Dec 2019
Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ubwanditsi 27 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists
ITOHOZA

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka
Amakuru

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024
PAM/WFP iragemurira Abarundi ibishyimbo n’ibigori yaguze mu Rwanda
Mu Rwanda

PAM/WFP iragemurira Abarundi ibishyimbo n’ibigori yaguze mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru