• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Inyubako ya BK Arena yongeye kugaragara nk’inyubako idasanzwe mu myidagaduro ya hano mu Rwanda, ni nyuma yaho yakiriye abantu bagera ku 10 367 ubwo hari mu gitaramo cya Israel Mbonyi.

Ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Ukuboza 2024, ubwo muri iki gitaramo uyu muhanzi yakoze yacyise Icyambu Live Concert cyabaga ku ncuro ya gatatu.

Nk’uko ikinyamakuru Inyarwanda cyabitangaje, Imibare yakusanyijwe yerekana ko Israel Mbonyi yaciye agahigo ko kuba umuhanzi wa Mbere utaramiye muri BK Arena afite umubare munini w’abantu baguze amatike, kuko yaririmbiye abantu 10,367.

Mu bijyanye no kwinjiza amafaranga, yagejeje kuri Miliyoni 73 Frw. Hari kandi andi mafaranga atazwi umubare yasaruye mu bantu 1169; ndetse n’ayo yahawe n’ibigo birenga 5 yavugiye mu gitaramo cye, ubwo yamamazaga ibyo bakora.

Nk’uko bigaragarazwa n’imubare y’abari mu gitaramo, amatike yaguzwe n’abatu bahagaze yaguraga 15000, habonetsemo Miliyoni imwe n’ibihumbi magana inani na Mitongo itandatu.

Ayaguraga ibihumbi 10, yabonetsemo Miyoni 13 n’ibihumbi 280, ay’ibihumbi 25 yose hamwe ni 14 750 000, aya 30 ni 8 820 000 na 33 880 yaguzwe n’ibihumbi Bitanu.

Hari kandi abaguze imyanya y’abafite ubumuga angana na n’ibihumbi 860, yose hamwe akaba 73 450 000.

Muri rusange Abantu bose bari mur BK Arena ni 10 367, Abagaragara muri System baguze amatike ni 9 198, abahawe ubutumire ndetse n’abaguze amatike bakareba  bahagaze ni 1 169.

N’ubwo bimeze gutya, nyuma y’iki gitaramo Israel Mbonyi yatangarije itangazamakuru ko yifata “nk’umuhanzi ukizamuka” kuko ashaka gukomeza gukora ibihangano bizamuherekeza na nyuma y’ubu buzima.

Mbonyi wagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, nawe yagaragaje ubuhanga bwo kuririmba igihe kirekire ari wenyine kuko usibye Yvan Ngenzi watangije igitaramo ntawundi muririmbyi wari uhari.

Muri iki Gitaramo hafashwe n’umwanya wo kwigisha ijambo ry’Imana, aha niho Mbonyi yahaye umwanya umushumba w’itorero Noble Family Church ndetse na Women Foundation Ministries, Apostle Mignonne Kabera.

Apôtre Mignone akigera ku rubyiniro yinjiriye ku ndirimbo yo mu gitabo cyo guhimbaza Imana.

Yagaraje ko Mbonyi Imana yamugize itabaza yifashishije ijambo riri muri Yohana 5:35 havuga hati “Yari itabaza ryaka kandi rimurika”.

Yagize ati “Turashimira Imana ku bwawe, Imana yaguhamagaye ikagushoboza. Munyemerere twese nk’abakunzi be, nanjye ndi we, tumushyigikire birushijeho.”

Yavuze ko nubwo Mbonyi yize ibirebana na Farumasi ariko Imana yabonye ko ikwiye kumushyiramo umuti uhembura imitima y’abamwumva binyuze mu ndirimbo ze.

Yagaragaje ko Imana yahaye impano Israel Mbonyi, yamuhinduye farumasi y’ukuri kandi yomora imitima, igakiza abizera binyuze mu ndirimbo ze zikunzwe n’abatari bake.

2024-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Anita Pendo  arahakana  ko yabyaye Umwana akamusiga mu cyaro

Anita Pendo arahakana ko yabyaye Umwana akamusiga mu cyaro

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Ubwanditsi 06 Feb 2025
Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Ubwanditsi 01 Jul 2020
Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Ubwanditsi 06 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18
Mu Rwanda

ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka
Mu Mahanga

Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru