• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Inyubako ya BK Arena yongeye kugaragara nk’inyubako idasanzwe mu myidagaduro ya hano mu Rwanda, ni nyuma yaho yakiriye abantu bagera ku 10 367 ubwo hari mu gitaramo cya Israel Mbonyi.

Ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Ukuboza 2024, ubwo muri iki gitaramo uyu muhanzi yakoze yacyise Icyambu Live Concert cyabaga ku ncuro ya gatatu.

Nk’uko ikinyamakuru Inyarwanda cyabitangaje, Imibare yakusanyijwe yerekana ko Israel Mbonyi yaciye agahigo ko kuba umuhanzi wa Mbere utaramiye muri BK Arena afite umubare munini w’abantu baguze amatike, kuko yaririmbiye abantu 10,367.

Mu bijyanye no kwinjiza amafaranga, yagejeje kuri Miliyoni 73 Frw. Hari kandi andi mafaranga atazwi umubare yasaruye mu bantu 1169; ndetse n’ayo yahawe n’ibigo birenga 5 yavugiye mu gitaramo cye, ubwo yamamazaga ibyo bakora.

Nk’uko bigaragarazwa n’imubare y’abari mu gitaramo, amatike yaguzwe n’abatu bahagaze yaguraga 15000, habonetsemo Miliyoni imwe n’ibihumbi magana inani na Mitongo itandatu.

Ayaguraga ibihumbi 10, yabonetsemo Miyoni 13 n’ibihumbi 280, ay’ibihumbi 25 yose hamwe ni 14 750 000, aya 30 ni 8 820 000 na 33 880 yaguzwe n’ibihumbi Bitanu.

Hari kandi abaguze imyanya y’abafite ubumuga angana na n’ibihumbi 860, yose hamwe akaba 73 450 000.

Muri rusange Abantu bose bari mur BK Arena ni 10 367, Abagaragara muri System baguze amatike ni 9 198, abahawe ubutumire ndetse n’abaguze amatike bakareba  bahagaze ni 1 169.

N’ubwo bimeze gutya, nyuma y’iki gitaramo Israel Mbonyi yatangarije itangazamakuru ko yifata “nk’umuhanzi ukizamuka” kuko ashaka gukomeza gukora ibihangano bizamuherekeza na nyuma y’ubu buzima.

Mbonyi wagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, nawe yagaragaje ubuhanga bwo kuririmba igihe kirekire ari wenyine kuko usibye Yvan Ngenzi watangije igitaramo ntawundi muririmbyi wari uhari.

Muri iki Gitaramo hafashwe n’umwanya wo kwigisha ijambo ry’Imana, aha niho Mbonyi yahaye umwanya umushumba w’itorero Noble Family Church ndetse na Women Foundation Ministries, Apostle Mignonne Kabera.

Apôtre Mignone akigera ku rubyiniro yinjiriye ku ndirimbo yo mu gitabo cyo guhimbaza Imana.

Yagaraje ko Mbonyi Imana yamugize itabaza yifashishije ijambo riri muri Yohana 5:35 havuga hati “Yari itabaza ryaka kandi rimurika”.

Yagize ati “Turashimira Imana ku bwawe, Imana yaguhamagaye ikagushoboza. Munyemerere twese nk’abakunzi be, nanjye ndi we, tumushyigikire birushijeho.”

Yavuze ko nubwo Mbonyi yize ibirebana na Farumasi ariko Imana yabonye ko ikwiye kumushyiramo umuti uhembura imitima y’abamwumva binyuze mu ndirimbo ze.

Yagaragaje ko Imana yahaye impano Israel Mbonyi, yamuhinduye farumasi y’ukuri kandi yomora imitima, igakiza abizera binyuze mu ndirimbo ze zikunzwe n’abatari bake.

2024-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba

The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 19 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa
ITOHOZA

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa
Amakuru

Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa

RUSHYASHYA 06 May 2026
Mozambique: Igipolisi cyakajije umutekano w’Umunyarwanda Hitimana Vital uherutse kuraswa
Mu Mahanga

Mozambique: Igipolisi cyakajije umutekano w’Umunyarwanda Hitimana Vital uherutse kuraswa

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru