• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Inyubako ya BK Arena yongeye kugaragara nk’inyubako idasanzwe mu myidagaduro ya hano mu Rwanda, ni nyuma yaho yakiriye abantu bagera ku 10 367 ubwo hari mu gitaramo cya Israel Mbonyi.

Ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Ukuboza 2024, ubwo muri iki gitaramo uyu muhanzi yakoze yacyise Icyambu Live Concert cyabaga ku ncuro ya gatatu.

Nk’uko ikinyamakuru Inyarwanda cyabitangaje, Imibare yakusanyijwe yerekana ko Israel Mbonyi yaciye agahigo ko kuba umuhanzi wa Mbere utaramiye muri BK Arena afite umubare munini w’abantu baguze amatike, kuko yaririmbiye abantu 10,367.

Mu bijyanye no kwinjiza amafaranga, yagejeje kuri Miliyoni 73 Frw. Hari kandi andi mafaranga atazwi umubare yasaruye mu bantu 1169; ndetse n’ayo yahawe n’ibigo birenga 5 yavugiye mu gitaramo cye, ubwo yamamazaga ibyo bakora.

Nk’uko bigaragarazwa n’imubare y’abari mu gitaramo, amatike yaguzwe n’abatu bahagaze yaguraga 15000, habonetsemo Miliyoni imwe n’ibihumbi magana inani na Mitongo itandatu.

Ayaguraga ibihumbi 10, yabonetsemo Miyoni 13 n’ibihumbi 280, ay’ibihumbi 25 yose hamwe ni 14 750 000, aya 30 ni 8 820 000 na 33 880 yaguzwe n’ibihumbi Bitanu.

Hari kandi abaguze imyanya y’abafite ubumuga angana na n’ibihumbi 860, yose hamwe akaba 73 450 000.

Muri rusange Abantu bose bari mur BK Arena ni 10 367, Abagaragara muri System baguze amatike ni 9 198, abahawe ubutumire ndetse n’abaguze amatike bakareba  bahagaze ni 1 169.

N’ubwo bimeze gutya, nyuma y’iki gitaramo Israel Mbonyi yatangarije itangazamakuru ko yifata “nk’umuhanzi ukizamuka” kuko ashaka gukomeza gukora ibihangano bizamuherekeza na nyuma y’ubu buzima.

Mbonyi wagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, nawe yagaragaje ubuhanga bwo kuririmba igihe kirekire ari wenyine kuko usibye Yvan Ngenzi watangije igitaramo ntawundi muririmbyi wari uhari.

Muri iki Gitaramo hafashwe n’umwanya wo kwigisha ijambo ry’Imana, aha niho Mbonyi yahaye umwanya umushumba w’itorero Noble Family Church ndetse na Women Foundation Ministries, Apostle Mignonne Kabera.

Apôtre Mignone akigera ku rubyiniro yinjiriye ku ndirimbo yo mu gitabo cyo guhimbaza Imana.

Yagaraje ko Mbonyi Imana yamugize itabaza yifashishije ijambo riri muri Yohana 5:35 havuga hati “Yari itabaza ryaka kandi rimurika”.

Yagize ati “Turashimira Imana ku bwawe, Imana yaguhamagaye ikagushoboza. Munyemerere twese nk’abakunzi be, nanjye ndi we, tumushyigikire birushijeho.”

Yavuze ko nubwo Mbonyi yize ibirebana na Farumasi ariko Imana yabonye ko ikwiye kumushyiramo umuti uhembura imitima y’abamwumva binyuze mu ndirimbo ze.

Yagaragaje ko Imana yahaye impano Israel Mbonyi, yamuhinduye farumasi y’ukuri kandi yomora imitima, igakiza abizera binyuze mu ndirimbo ze zikunzwe n’abatari bake.

2024-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021
Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Ubwanditsi 24 Jun 2021
Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ubwanditsi 10 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara
ITOHOZA

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?
Amakuru

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Ubwanditsi 09 Jan 2022
Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.
Amakuru

Igisirikari cya Kongo-Kinshasa cyongeye gushinjwa gukorana n’imitwe yajujubije abaturage b’icyo gihugu, irimo na FDLR.

Ubwanditsi 18 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru