• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Twese turaharanira ubumwe n’ubufatanye atari hano gusa no hanze. Ku bw’ibyo ikintu cyose kibibangamira tugifata nk’igikomeye kandi ntikigomba kwemererwa kuba. Ibi akaba ari ibyatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda mu kiganiro kirekire yagiranye n’ikinyamakuru The Independent avuga ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda.

Ikibazo cya mbere yabajijwe ni ugusobanura uko kuri ubu umubano w’ibihugu byombi wifashe, asubiza ko ubusanzwe imibanire hagati ya leta ireba mu buryo bwaguye ibibazo bihari kandi ibi bikitabwaho mu kubaka ubufatanye mu nzego zitandukanye. Ngo iyo ukora ibi n’ibihugu by’ibituranyi uba ugomba kumenya ko hari imibanire y’amateka hagati y’abantu.

Ati: “Niyo mpamvu turi hano kandi niyo mpamvu Uganda ifite ambasade i Kigali. Kugirango iyo mibanire yose yubakwe kandi igumeho, akazi kenshi kagomba gukorwa”.

Ambasaderi Mugambage yavuze ko hamwe mu hantu hagomba kwitabwaho ari uko iteka havugwa ibigenda n’ibitagenda ariko ngo nta gushidikanya u Rwanda na Uganda byashyizeho uburyo bwo guhangana n’izo mbogamizi.

Yavuze ko ibihugu byombi bifitanye amasezerano y’ubwumvikane (memorandum of understanding) mu nzego zitandukanye nko mu bucuruzi, umutekano, uburezi aho ibihugu byombi bikorana.

Yavuze ko banafite komisiyo ihuriweho n’ibihugu byombi iyobowe na  ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga bombi, aho aba baba bagomba guhura kenshi bakamenya ko inzego zitandukanye zikomeza gukorana kandi zigakora mu nyungu z’abaturage b’ibihugu byombi.

Yakomeje agira ati: “Rero iyo uzamuye ibibazo uvuga ko bimaze iminsi mu itangazamakuru; ibi biri kuba muri Uganda, ntabwo biba mu Rwanda. Ibi ni ibibazo birebana n’itabwa muri yombi rinyuranyije n’amategeko kandi ridakwiye ry’Abanyarwanda muri iki gihugu.”

Amb. Mugambage avuga ko baje kumva abantu batabwa muri yombi binyuze mu nzira zidakurikije amategeko, bakajyanwa ahantu n’imiryango yabo itazi ndetse ntihabeho kuvugana hagati y’ibihugu byombi.

Ngo icyo bamenye kikaba ari uko ababiri inyuma ari abakozi ba Leta ya Uganda kuko babonye amakuru ava muri abo batabwa muri yombi bavuga ko bari bafungiwe mu bigo bya leta ya Uganda by’umwihariko mu rwego rw’ubutasi mu gisirikare (CMI).

Ati: “Abantu bafungiwe hariya kandi nzi neza ko wamenye ko bamwe muri bo kuva icyo gihe birukanwe n’ubwoko butandukanye bw’inkuru zivuga ukuntu bajujubywaga bagakorerwa iyicarubozo”. Yongeyeho ko ibi byose byakorwaga  bitanyuze mu buryo bwashyizweho bwo guhangana n’ibibazo nk’ibi.

Yakomeje agira ati: “Nk’uko nabivuze, mu mbaraga zacu zo kubaka imibanire, turasaba ibisobanuro kugirango ibi bibazo ntibibangamire ibintu byiza turimo gufatanya gukora.”

Umunyamakuru yabaye nk’usubiramo iki kibazo ariko mu bundi buryo amubaza noneho icyo atekereza ku mubano w’ibihugu byombi, amusubiza ko nk’uko yabimubwiye umubano hagti ya leta utubakirwa ku cyuka, amubwira ko ibi bihugu byombi bizakomeza kuba ibituranyi kandi bifitanye umubano umaze igihe.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rushyigikiye igitekerezo cyo kwishyira hamwe kw’ibihugu bigize EAC ndetse byanashoboka kwishyira hamwe kwa Afurika.

Ati: “Ariko nk’uko nabivuze, kugirango umenye neza ko ibi bizashoboka, uba ugomba no gusohoka ukavuga igishobora kubangamira izo mbaraga nziza zo kubaka imibanire.”

Ambasaderi Frank Mugambage yabajijwe nk’umuntu uhagarariye u Rwanda muri Uganda uko ari kwitwara muri ibi bibazo, asubiza ko bari kuvugana na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ari nayo bakorana bya hafi muri Uganda. Yongeyeho ko ariko banavugana n’abandi bantu ku nzego zitandukanye zirimo urwashyizwe mu majwi muri ibi bibazo ari rwo CMI, avuga ko bakomeje kubikurikirana.

Yabajijwe ukuri ku makuru amaze iminsi avugwa ya bamwe mu mpunzi z’Abanyarwanda ngo zaba zigira uruhare mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu gihugu, asubiza ko hari bamwe mu bahunze igihugu barimo kugerageza kwisuganya bagamije kugerageza kurwanya guverinoma n’abaturage b’u Rwanda.

Yavuze ko bamenye ko hari abantu bakorana n’abanzi ba guverinoma n’abaturage b’u Rwanda by’umwihariko bakorana n’udutsiko tw’abantu bahunze igihugu kubera ibyaha bari bakurikiranweho barangiza bagashinga imitwe y’iterabwoba nka RNC ngo iyobowe n’uwigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda.

Yakomeje avuga ko mu bihe byashize ngo uyu mutwe wa RNC wanakoze ibikorwa byo kujugunya za grenades mu mujyi wa Kigali bigahitana inzirakarengane.

Ati: “Ibi si ukuvuga ko ibi biteye ubwoba u Rwanda kuko u Rwanda ari igihugu gifite ubusugire kandi gifite ububasha bwo kurinda umutekano wacyo.”

Yongeyeho ko ariko ibi bitatuma abantu bahabwa amahirwe yo kuba ahantu bashakira abantu hagamijwe kubatoza no gukora ibikorwa by’iterabwoba. Ati: “Iki ni ikintu kitagomba kwemerwa ko kiba gikozwe n’igihugu cy’inshuti cyangwa igituranyi. Nakwizeza ko u Rwanda rutazigera rwemera ikintu nk’icyo ko kuba”.

Ambasaderi Mugambage yabwiwe ko abakozi b’inzego z’umutekano z’u Rwanda bavugwaho gushimuta no gucyura ku ngufu Abanyarwanda kandi ari ibintu binyuranyije n’amategeko, asabwa kugira ibisobanuro atanga.

Yasubije ko ikibazo u Rwanda rwakomeje kubaza kandi ruzakomeza kubaza ari impamvu nta muntu uravuga uti reka dushake uwo muntu. Ati: “Kuko abantu badashaka abo bita abakozi b’u Rwanda bakabazana bakavuga bati reba, uyu niwe kandi yakoze ibi na biriya. Kuvuga ikintu ni ikintu kimwe no kucyemeza n’ikindi.”

Yakomeje avuga ko ibyo bintu bitabayeho, avuga ko ko ubivuga wese ahari aba ashaka kugirango hatagira ugira icyo akora  ku bintu barimo gukora.

Ambasaderi Mugambage yavuze ko azi ikibazo kimwe cya Lt joel Mutabazi ngo wahungiye muri Uganda ariko afite ibyaha akurikiranweho mu Rwanda, avuga ko ikibazo cye cyanyujijwe mu nzira yigeze kuvuga atangira ikiganiro. Yavuze ko gusubizwa mu Rwanda kwa Mutabazi ari ikintu cyakozwe binyuze mu bwumvikane hagati y’ibihugu byombi kubera ko hari ibyo yari akurikiranweho yagombaga gusubiza. Ibi bikaba byarabaye mu 2013, akibaza impamvu iki kibazo cyagaruka kuri ubu kandi kikitwa ishimuta.

Ambasaderi Mugambage kandi yabajijwe niba umwuka uri hagati y’ibihugu byombi utazasubiza inyuma imishinga abakuru b’ibihugu byombi; Museveni na Kagame bifuzaga gukorana nk’iya gari ya moshi, visa imwe y’ubukerarugendo muri EAC no gukoresha irangamuntu gusa mu kuva mu gihugu kimwe ujya mu kindi.

Yasubije ko byinshi muri ibi byamaze gukorwa nk’ibijyanye n’ubwisanzure mu rujya n’uruza rw’abantu aho umuturage w’igihugu kimwe yajya mu kindi bitamusabye passport, gukoraho imbogamizi mu bucuruzi, avuga ko hari igihe ibicuruzwa byavaga muri Kenya biza mu Rwanda bikamara igihe mu nzira ariko byavuyeho, yongeraho ko hagikenewe no kwihuta mu bijyanye n’imishinga ifitiye inyungu ibihugu byombi, ariko ashimangira ko imigambi ba perezida Kagame na Museveni batangije mu 2011 itahagaze.

Ambasaderi Mugambage yanakomoje ku kibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda muri Uganda nyuma y’ikurwaho rya statut y’impunzi, asubiza ko gukuraho iyi statut bikorwa n’Umuryango w’Abibumbye biba bisobanuye ko ikibazo cyatumye bahunga cyarangiye. Ngo igihugu cyabakiriye ariko abadashatse gutaha gishobora kubaha uburenganzira bwo gutura buhoraho cyangwa kikabaha ubwenegihugu, yongeraho ko ku kirebana n’u Rwanda rwahoze rufunguye imiryango kandi impunzi nyinshi zatashye, kandi imiryango ikaba ikomeje gufungurwa no ku bandi bakwifuza gutaha kandi bakoroherezwa.

Mu magambo ye ya nyuma asoza ikiganiro, Ambasaderi Frank Mugambage yavuze ko ari ngombwa gushimangira ko u Rwanda rwiyemeje kubaka no gukomeza imibanire ifite inyungu n’abaturanyi, yongeraho ko icyo baharanira bose ubumwe n’ubufatanye atari hano gusa no hanze, kubw’ibyo icyabangamira ibi kikaba kigomba gufatwa nk’igikomeye kandi kitakwemerwa kuba.

 

2018-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Ubwanditsi 18 Nov 2022
Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Ubwanditsi 30 Aug 2023
Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne
IMIKINO

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu
Mu Mahanga

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Ubwanditsi 15 Mar 2016
RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi
POLITIKI

RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru