• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Jan 2020 POLITIKI

Umuyobozi wungirije ushinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Addis-Abéba ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), akaba n’inzobere mu by’umutekano na politiki, Patrick Mutombo Kambila, yashimye umubano urangwa hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda, ashimangira ko nta mpamvu yatuma hagira usenya ibimaze kugerwaho.

Amasezerano ya Addis-Abéba yashyizweho umukono n’abakuru b’ibihugu bikikije RDC ku wa 24 Gashyantare 2013 i Addis-Abéba muri Ethiopia, agamije amahoro, umutekano n’ubufatanye bwa RDC n’Akarere k’ibiyaga bigari.

Mutombo yagaragaje ko muri iyi minsi hatewe intambwe ikomeye mu mubano w’ibihugu byombi, aho RDC ikomeje gushyikiriza u Rwanda abarwanyi benshi babaga mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, biganjemo abari muri FDLR.

Gusa mu minsi ishize umunyapolitiki Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC, yatangaje ko kugira ngo amahoro aboneke n’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo birangire, ari uko batera u Rwanda bakarwomeka ku gihugu cyabo.

Ni imvugo yahise yamaganirwa kure n’abanyapolitiki baba abo muri RDC no hanze yayo.

Mutombo na we yunze mu ryabo, avuga ko u Rwanda ari igihugu cy’inshuti ndetse gihurira na RDC ahantu henshi, byongeye ni igihugu Perezida Félix Tshisekedi yagaragaje ko yiteguye gufatanya nacyo.

Yakomeje ati “Ndabikubwira ko igihugu cyitwa u Rwanda kitazigera kivaho, kizahoraho. Igihugu gifite abaturage dushyingirana, kandi si ibya none. Igihugu uyu munsi urebye neza, mu Karere k’Ibiyaga bigari cyerekanye ubushake bwo gufata Congo nk’umuvandimwe wacyo, ndatekereza ko tutashyigikira igitekerezo nk’icyo.”

Yakomeje avuga ko ujya gushoza intambara akwiye gutekereza ku kaga aba ateje abaturage, kandi ko nubwo atazi icyateye Muzito gutangaza ibyo yavuze, abantu bakwiye kureba kure bakanatekereza ku ntambara bagiye gushoza.

Ati “Iyo utangije intambara uba uzi uko uyitangije ariko ntabwo umenya uko izarangira. Nibura atekereza kuri ibyo?”

Yatanze urugero rwa Adolphe Hitler wagerageje gufata Autriche ngo ayomeke ku Budage, abirwanira kuva mu 1939 kugeza 1945 birangira atabigezeho.

Ibyo yabihereyeho avuga ko ibitekerezo byo gutera no gufata ibihugu atari ibintu byo kuzana mu Karere k’Ibiyaga bigari, kandi ko intambara zigamije gushyiraho ubuyobozi runaka zitakigezweho. Ahubwo ikigezweho ni uko ibintu byose bikwiye guca mu nzira y’amahoro n’ibiganiro, kandi byagaragaje ko bigera ku myanzuro myiza.

Hari inyungu nyinshi mu mubano wa RDC n’u Rwanda

Mutombo yavuze ko utafata ingendo za RwandAir, umubano mu bya dipolomasi, Ambasade mu bihugu byombi n’izindi ntambwe zatewe, ngo ubihindure umuyonga ushoza intambara ngo urashaka amahoro.

Ati “Niba uyu munsi twe n’u Rwanda dufite ambasade ebyiri, dufite ambasade ya Congo i Kigali tukagira iy’u Rwanda i Kinshasa, ni ukuvuga ngo ku bijyanye na dipolomasi dufite imibanire myiza hagati y’ibihugu byombi.”

“Ubu dufite indege iva Kigali ikagwa i N’djili, ikava i N’djili ikagwa i Kigali, RwandAir. Ntabwo ndi kwamamaza u Rwanda kubera ko ndavuga ibihari. None se twahagararira aho? Ndatekereza ko tugomba gukomeza kongera kugira ngo duhuze abaturage bacu no guteza imbere ibihugu n’akarere.”

Yavuze ko hari ibindi byakagombye gutera Abanye-Congo guhaguruka birimo no kubaka imihanda ihuza akarere.

Ati “Ni gute uzaguma mu gisekuru cyo kwigomeka ngo uzatekereze kubaka igihugu? Ndatekereza ko ibyo byo gufata igihugu cyangwa ibyo gushaka intambara ugamije kuzana amahoro muri Congo, ni ibintu jye ntapfa gushyigikira habe na gato. Navuze urugero rwa Hitler.”

2020-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza

Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Ubwanditsi 21 Aug 2023
Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

RUSHYASHYA 02 Nov 2025
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda: Umudage Hellmann yegukanye agace ka Huye-Musanze, Mugisha aracyayoboye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Umudage Hellmann yegukanye agace ka Huye-Musanze, Mugisha aracyayoboye

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu
Mu Rwanda

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Ubwanditsi 10 Oct 2019
U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu
INKURU NYAMUKURU

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Ubwanditsi 28 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru