• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Jan 2020 POLITIKI

Umuyobozi wungirije ushinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Addis-Abéba ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), akaba n’inzobere mu by’umutekano na politiki, Patrick Mutombo Kambila, yashimye umubano urangwa hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda, ashimangira ko nta mpamvu yatuma hagira usenya ibimaze kugerwaho.

Amasezerano ya Addis-Abéba yashyizweho umukono n’abakuru b’ibihugu bikikije RDC ku wa 24 Gashyantare 2013 i Addis-Abéba muri Ethiopia, agamije amahoro, umutekano n’ubufatanye bwa RDC n’Akarere k’ibiyaga bigari.

Mutombo yagaragaje ko muri iyi minsi hatewe intambwe ikomeye mu mubano w’ibihugu byombi, aho RDC ikomeje gushyikiriza u Rwanda abarwanyi benshi babaga mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, biganjemo abari muri FDLR.

Gusa mu minsi ishize umunyapolitiki Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC, yatangaje ko kugira ngo amahoro aboneke n’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo birangire, ari uko batera u Rwanda bakarwomeka ku gihugu cyabo.

Ni imvugo yahise yamaganirwa kure n’abanyapolitiki baba abo muri RDC no hanze yayo.

Mutombo na we yunze mu ryabo, avuga ko u Rwanda ari igihugu cy’inshuti ndetse gihurira na RDC ahantu henshi, byongeye ni igihugu Perezida Félix Tshisekedi yagaragaje ko yiteguye gufatanya nacyo.

Yakomeje ati “Ndabikubwira ko igihugu cyitwa u Rwanda kitazigera kivaho, kizahoraho. Igihugu gifite abaturage dushyingirana, kandi si ibya none. Igihugu uyu munsi urebye neza, mu Karere k’Ibiyaga bigari cyerekanye ubushake bwo gufata Congo nk’umuvandimwe wacyo, ndatekereza ko tutashyigikira igitekerezo nk’icyo.”

Yakomeje avuga ko ujya gushoza intambara akwiye gutekereza ku kaga aba ateje abaturage, kandi ko nubwo atazi icyateye Muzito gutangaza ibyo yavuze, abantu bakwiye kureba kure bakanatekereza ku ntambara bagiye gushoza.

Ati “Iyo utangije intambara uba uzi uko uyitangije ariko ntabwo umenya uko izarangira. Nibura atekereza kuri ibyo?”

Yatanze urugero rwa Adolphe Hitler wagerageje gufata Autriche ngo ayomeke ku Budage, abirwanira kuva mu 1939 kugeza 1945 birangira atabigezeho.

Ibyo yabihereyeho avuga ko ibitekerezo byo gutera no gufata ibihugu atari ibintu byo kuzana mu Karere k’Ibiyaga bigari, kandi ko intambara zigamije gushyiraho ubuyobozi runaka zitakigezweho. Ahubwo ikigezweho ni uko ibintu byose bikwiye guca mu nzira y’amahoro n’ibiganiro, kandi byagaragaje ko bigera ku myanzuro myiza.

Hari inyungu nyinshi mu mubano wa RDC n’u Rwanda

Mutombo yavuze ko utafata ingendo za RwandAir, umubano mu bya dipolomasi, Ambasade mu bihugu byombi n’izindi ntambwe zatewe, ngo ubihindure umuyonga ushoza intambara ngo urashaka amahoro.

Ati “Niba uyu munsi twe n’u Rwanda dufite ambasade ebyiri, dufite ambasade ya Congo i Kigali tukagira iy’u Rwanda i Kinshasa, ni ukuvuga ngo ku bijyanye na dipolomasi dufite imibanire myiza hagati y’ibihugu byombi.”

“Ubu dufite indege iva Kigali ikagwa i N’djili, ikava i N’djili ikagwa i Kigali, RwandAir. Ntabwo ndi kwamamaza u Rwanda kubera ko ndavuga ibihari. None se twahagararira aho? Ndatekereza ko tugomba gukomeza kongera kugira ngo duhuze abaturage bacu no guteza imbere ibihugu n’akarere.”

Yavuze ko hari ibindi byakagombye gutera Abanye-Congo guhaguruka birimo no kubaka imihanda ihuza akarere.

Ati “Ni gute uzaguma mu gisekuru cyo kwigomeka ngo uzatekereze kubaka igihugu? Ndatekereza ko ibyo byo gufata igihugu cyangwa ibyo gushaka intambara ugamije kuzana amahoro muri Congo, ni ibintu jye ntapfa gushyigikira habe na gato. Navuze urugero rwa Hitler.”

2020-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025
Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia

Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Ubwanditsi 14 Jun 2016
Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.
INKURU NYAMUKURU

Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Ubwanditsi 28 Nov 2019
Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24
ITOHOZA

Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 09 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru