• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Jan 2020 POLITIKI

Umuyobozi wungirije ushinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Addis-Abéba ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), akaba n’inzobere mu by’umutekano na politiki, Patrick Mutombo Kambila, yashimye umubano urangwa hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda, ashimangira ko nta mpamvu yatuma hagira usenya ibimaze kugerwaho.

Amasezerano ya Addis-Abéba yashyizweho umukono n’abakuru b’ibihugu bikikije RDC ku wa 24 Gashyantare 2013 i Addis-Abéba muri Ethiopia, agamije amahoro, umutekano n’ubufatanye bwa RDC n’Akarere k’ibiyaga bigari.

Mutombo yagaragaje ko muri iyi minsi hatewe intambwe ikomeye mu mubano w’ibihugu byombi, aho RDC ikomeje gushyikiriza u Rwanda abarwanyi benshi babaga mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, biganjemo abari muri FDLR.

Gusa mu minsi ishize umunyapolitiki Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC, yatangaje ko kugira ngo amahoro aboneke n’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo birangire, ari uko batera u Rwanda bakarwomeka ku gihugu cyabo.

Ni imvugo yahise yamaganirwa kure n’abanyapolitiki baba abo muri RDC no hanze yayo.

Mutombo na we yunze mu ryabo, avuga ko u Rwanda ari igihugu cy’inshuti ndetse gihurira na RDC ahantu henshi, byongeye ni igihugu Perezida Félix Tshisekedi yagaragaje ko yiteguye gufatanya nacyo.

Yakomeje ati “Ndabikubwira ko igihugu cyitwa u Rwanda kitazigera kivaho, kizahoraho. Igihugu gifite abaturage dushyingirana, kandi si ibya none. Igihugu uyu munsi urebye neza, mu Karere k’Ibiyaga bigari cyerekanye ubushake bwo gufata Congo nk’umuvandimwe wacyo, ndatekereza ko tutashyigikira igitekerezo nk’icyo.”

Yakomeje avuga ko ujya gushoza intambara akwiye gutekereza ku kaga aba ateje abaturage, kandi ko nubwo atazi icyateye Muzito gutangaza ibyo yavuze, abantu bakwiye kureba kure bakanatekereza ku ntambara bagiye gushoza.

Ati “Iyo utangije intambara uba uzi uko uyitangije ariko ntabwo umenya uko izarangira. Nibura atekereza kuri ibyo?”

Yatanze urugero rwa Adolphe Hitler wagerageje gufata Autriche ngo ayomeke ku Budage, abirwanira kuva mu 1939 kugeza 1945 birangira atabigezeho.

Ibyo yabihereyeho avuga ko ibitekerezo byo gutera no gufata ibihugu atari ibintu byo kuzana mu Karere k’Ibiyaga bigari, kandi ko intambara zigamije gushyiraho ubuyobozi runaka zitakigezweho. Ahubwo ikigezweho ni uko ibintu byose bikwiye guca mu nzira y’amahoro n’ibiganiro, kandi byagaragaje ko bigera ku myanzuro myiza.

Hari inyungu nyinshi mu mubano wa RDC n’u Rwanda

Mutombo yavuze ko utafata ingendo za RwandAir, umubano mu bya dipolomasi, Ambasade mu bihugu byombi n’izindi ntambwe zatewe, ngo ubihindure umuyonga ushoza intambara ngo urashaka amahoro.

Ati “Niba uyu munsi twe n’u Rwanda dufite ambasade ebyiri, dufite ambasade ya Congo i Kigali tukagira iy’u Rwanda i Kinshasa, ni ukuvuga ngo ku bijyanye na dipolomasi dufite imibanire myiza hagati y’ibihugu byombi.”

“Ubu dufite indege iva Kigali ikagwa i N’djili, ikava i N’djili ikagwa i Kigali, RwandAir. Ntabwo ndi kwamamaza u Rwanda kubera ko ndavuga ibihari. None se twahagararira aho? Ndatekereza ko tugomba gukomeza kongera kugira ngo duhuze abaturage bacu no guteza imbere ibihugu n’akarere.”

Yavuze ko hari ibindi byakagombye gutera Abanye-Congo guhaguruka birimo no kubaka imihanda ihuza akarere.

Ati “Ni gute uzaguma mu gisekuru cyo kwigomeka ngo uzatekereze kubaka igihugu? Ndatekereza ko ibyo byo gufata igihugu cyangwa ibyo gushaka intambara ugamije kuzana amahoro muri Congo, ni ibintu jye ntapfa gushyigikira habe na gato. Navuze urugero rwa Hitler.”

2020-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu

Leta ya Congo iremera kwakira Jean-Pierre Bemba mu gihe yaba ashaka gutaha mu gihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU  yatsinzwe
Mu Rwanda

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU yatsinzwe

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Polisi y’u Rwanda yasoje ihinduranya ry’abapolisi muri Centrafurika
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasoje ihinduranya ry’abapolisi muri Centrafurika

Ubwanditsi 22 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru