• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Ubwanditsi 15 Mar 2016 Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije umwiherero w’Abayobozi bakuru ubera i Gabiro ku nshuro ya 13 abashimira ubwitabire bwabo anaha ikaze abayobozi bashya baherutse gutorwa.

Perezida Kagame yavuze ko bidashoboka kwihanganira kubana n’ibintu bitameze neza kandi hari ubushobozi bwo kubikemura.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ari uburangare kandi ari umuco mubi bityo umwiherero ukwiye kuba umwanya wo gutekereza ku mpinduka, aho kuba uw’ubusabane.

Yagize ati “Tugomba gukora impinduka tukagira urwego tuvaho n’urwo twerekezaho, ntabwo twaba tumaze imyaka 13 dukora umwiherero wo gupima ibyo nidusanga ku nzego zimwe nta terambere rihari, tworoseho dukomeze.”

-2468.jpg

Perezida Kagame yavuze ko umwiherero ugomba kuba umwanya wo kubaka no kugera ku ntego igihugu cyiyemeje.

Yagize ati “Umwiherero wari ukwiye kudufasha gukora ibyo tutakoraga, kuba umwanya wo kuvugana iby’akazi, gukosora ibyo tutakoze neza, tukagaragaza umusemburo wo kongeramo kugira ngo habeho impinduka.”

-2461.jpg

-2467.jpg

-2466.jpg

Bamwe mu bayobozi bakuru bitabiriye umwiherero

Umukuru w’igihugu yasabye abayobozi kutajya mu mwiherero batekereza ibyo bari buhakure ahubwo batekereza uko bari buhave, kuko byagaragaye ko gushyira mu ngiro ibyo biyemeje bikigoranye.

Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu, avuga ko arambiwe kumva ibintu nk’ibyo ndetse ko bikwiye kurangira burundu.

-2462.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame

Mu ijambo rye yagize ati “Njya mbaza minisitiri w’Imari, nti ndebera amafaranga agenda muri za misiyo uko angana. Ni menshi ntabwo agira uko agana.”

Perezida Kagame yavuze abayobozi bahora mu butumwa bw’akazi batajya batanga ibisobanuro ku butumwa bagiyemo ngo ni yo babitanze ngo bavuga ko ibyo bagiyeho byihutirwa.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko yagerageje kureba uburyo amafaranga atangwa muri misiyo agabanuka, gusa ngo aho bigeze bikwiye gufatirwa umwanzuro bigacika burundu kuko bitumvikana ukuntu ngo umuyobozi yamara igihe kinini hanze kurusha mu Rwanda aho akora.

Yatanze urugero avuga ko buri gihe mu nama y’Abaminisitiri haba harimo bamwe basibye ngo bagiye mu butumwa bw’akazi.

Ati “Nzajya ngira inama n’abaminisitiri iteka hari abaminisitiri batanu bagiye muri misiyo? Njye ntabwo nabyemera.”

Yakomeje avuga ko Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yakoze neza agaca burundu ibijyanye na misiyo.

Ati “Nemeranya na Perezida wa Tanzania uburyo yakuyeho burundu ibijyanye na za misiyo […] nagerageje kubitwara mu kinyabupfura, ndahendahenda ariko byanze, ntabwo nshaka kubona abaminisitiri hanze y’u Rwanda kurusha uko baba hano mu gihugu. Nihanganye bihagije, kwihangana kugiye kurangira.”

Perezida Kagame yanenze abayobozi kutubahiriza amabwiriza y’imyubakire yagenwe

Perezida Kagame yanenze uburyo gahunda y’imyubakire igezweho mu mijyi no mu byaro ikorwa, avuga ko uburangare bw’ababishinzwe butuma hakigaragara inzu zitahwa zidafite amazi, amashanyarazi na internet.

Hashize imyaka igera ku munani inama y’Abaminisitiri yemeje ko murandasi igomba kuba ikintu cy’ingenzi mu nyubako, nk’uko hashyirwamo imiyoboro y’amazi niy’amashanyarazi.

Perezida Kagame yanenze abayobozi kurebera abubaka bigatuma batubahiriza iki cyemezo, ahanini bishingiye ku kubikerensa ntibabihe agaciro dore ko usanga batanabyibuka ko byemejwe.

Yagize ati “Twafashe icyemezo abayobozi bose babyumvikanaho ko bagiye kubikoraho, ariko turacyabona inzu zidafite uko amazi azijyamo, amashanyarazi, internet (broadband).”

Iki kibazo Umukuru w’igihugu yanakigarutseho ubwo yafunguraga ku mugaragaro inyubako y’ Umujyi wa Kigali n’ iy’umunyemali Makuza Bertin, M.Peace Plaza.

Yavuze ko gushyira Internet mu nyubako, inzego z’abikorera na guverinoma zikwiye kukinengwa, kuko byemejwe mu gihe gishize, ariko ntibishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati ”Ariko ubu inyubako ziremezwa, zigafungurwa ibyo bitarakozwe kandi twaravuze ngo ibi ni ibintu bigomba gukora ku nyubako iyo ariyo yose. Ni n’icyemezo cyafashwe n’inama y’abaminisitiri, hashize imyaka itari munsi y’umunani.”


Perezida Kagame yibaza uko bigenda ngo abubaka ntibabyubahirize kandi ubusanzwe ugiye kubaka hari amabwiriza yashyizweho agomba gukurikiza. Anenga abayobozi gufata ibintu mu magambo ariko ntibabishyire mu bikorwa.

Yakomeje agaragaza ko bamwe mu bayobozi barebera ibintu bikangirika bagatangira kubyitaho ari uko inzego z’ubugenzacyaha hari abo zataye muri yombi. Aha Perezida Kagame yatunze agatoki Hoteli ya Ferwafa imaze gufungisha abarimo n’Umunyamabanga wa Ferwafa, Olivier Murindahabi.

Umwanditsi wacu

2016-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ESI yiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

ESI yiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Real Madrid izahura na Manchester City, Arsenal izahure na Bayern Munichen – Uko Tombola ya 1/4 cya UEFA Champions League yagenze

Real Madrid izahura na Manchester City, Arsenal izahure na Bayern Munichen – Uko Tombola ya 1/4 cya UEFA Champions League yagenze

Ubwanditsi 15 Mar 2024
Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Ubwanditsi 03 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Moïse Katumbi yasesekaye i Lubumbashi
POLITIKI

Moïse Katumbi yasesekaye i Lubumbashi

Ubwanditsi 20 May 2019
Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul
Amakuru

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru