• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda   |   02 Jul 2022

  • Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”   |   01 Jul 2022

  • Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball   |   30 Jun 2022

  • Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika   |   29 Jun 2022

  • Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi   |   28 Jun 2022

  • Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma   |   28 Jun 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Editorial 22 Dec 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof Shyaka Anastase avuga ko Inama y’Umushyikirano ari umwanya wo gutanga ibitekerezo, aho yemeza ko icyo Musenyeri wa Diyosezi ya Byumba yatanze kitigeze gitakara.

Mu myanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 14, yatangajwe kuri uyu wa 22 Ukuboza 2016, haragaragaramo umwe uhuye n’igitekerezo cya Musenyeri wa Diyosezi ya Byumba, Nzakamwita Siriveriyani.

Uwo mwanzuro ugira uti “Gushimangira ubufatanye hagati y’inzego za Leta, ababyeyi, abarezi, abikorera, sosiyete sivile n’imiryango ishingiye ku madini mu kurushaho kubaka umuryango nyarwanda”

Icyo gitekerezo, uyu wihaye Imana yari yatanze cyaganishaga ku kuba mu muryango nyarwanda hari ahakigaragara amakimbirane bigateza ingaruka mbi zirimo kwicana kw’abagize umuryango.

Gusa amaze gutanga iki gitekerezo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode yagaragaje kudahuza n’igitekerezo cya musenyeri.

-5143.jpg

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode

Mu mvugo ye yagize ati “Nashatse kugira icyo mvuga ku cyo bise igitekerezo cya Musenyeri Nzakamwita, nibaza ko dukwiye kutareka ngo kigende, yavuze ngo umutekano ngo urahari kandi ni mwiza turabishima, ariko iyo ugeze mu ngo usanga ntawo, iyi ni imvugo abantu badakwiye kureka ngo igende gutyo.”

Uyu muyobozi yunzemo ati “Abanyarwanda twese dutaha mu ngo, njyewe nabanje kwibaza ngo abibwirwa n’iki ko Musenyeri nta rugo agira. Yavuze ikibazo cy’abagore bica abagabo cyangwa abagabo bica abagore, abana bica ababyeyi, nta sosiyete n’imwe yo muri iyi Si ya Nyagasani itagira icyaha, nta n’imwe. Hari n’ibindi bikorwa by’amahano ariko atavuze, ibyo nabyo ntitwamenya uko tubishakira umuti atabivuze, keretse niba babimubwira muri Penetensiya ariko…”

Nyuma y’iyi nama, mu bitangazamakuru binyuranye byo mu Rwanda, hagiye hagaragaramo uburyo abantu batigeze bishimira uburyo uyu muyobozi yasubije musenyeri, aho benshi bagaragazagamo ko habayeho ku mwubahuka.

Prof Shyaka avuga ko Inama y’Umushyikirano ari umwanya wa buri Munyarwanda wese wo gutanga ibitekerezo uko abyumva, byaba ari ibifiteye igihugu akamaro bikaba byanashyirwa mu myanzuro y’iyo nama.

Uyu muyobozi ahamya ko igitekerezo cya Mgr Nzakamwita cyari cyiza ari na yo mpamvu cyanashyizwe mu myanzuro y’Inama y’Umushyikirano.

Prof Shyaka mu kiganiro yahaye Izuba rirashe dukesha iyi nkuru yagize ati “Igikomeye ni uko igitekerezo uko cyari cyaje ntabwo cyatakaye, igitekerezo cyari cyaje ari cyiza muranavuze ngo kiri no mu myanzuro, ngira ngo birabaha ishusho n’isura y’icyo umushyikirano ari cyo. Ni umushyikirano w’Abanyarwanda bose, si ba minisiti gusa, haba harimo n’abandi kandi iyo Umunyarwanda wese afite igitekerezo gifite ireme kirakirwa kigahabwa agaciro, niba ari igifitiye Abanyarwanda akamaro kikanashyirwa no mu myanzuro.”

Yunzemo ati “Igihugu cyacu kiri mu bwisanzure, umuntu agatanga igitekerezo cye kikakirwa, yaba uwo muri sosiyete sivile yaba uwo mu nzego za Leta yaba ari umuturage wicaye aho yaba ari uvugira kure, Abanyarwanda bafite ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo byabo.”

Umuyobozi wa RGB avuga ko abantu badatekereza kimwe ari yo mpamvu ituma hari ibyo bashobora kudahuza, aho ngo n’uwaba yaratandukiriye ubutaha akwiye kutazongera.

Ati “Ngira ngo abantu twabitwara muri uwo muco, iriya nama iba ikurikiranwe n’abantu ibihumbi, ntabwo rero Abanyarwanda dutegereza kimwe, umuntu ashobora gutanga igitekerezo kitanogeye cyangwa kitanogeye minisitiri runaka reka tubyakire ko ari ihuriro ry’Abanyarwanda bafite uko babona ibintu , batekereza mu buryo butandukanye , dushake uko twuzuzanye noneho umuntu wese, niba hari n’uwacitswe azagira uko ubutaha adacikwa.”

Mu magambo ye, Prof Shyaka yakomeje avuga ko umuntu adakwiye kuzira igitekerzo cye.

Yagize ati “Igitekerezo cya gishobora kuba kigoramye cyangwa kigoramiye umwe nagira ngo twese tugira uwo muco kudashaka ko hari uwazira ko yatanze igitekerezo kabone n’ubwo yaba yabivuze nabi.

Sindwanya ko dukwiye kugira umuco wo kubivuga neza ariko n’uwabivuga nabi ntabwo twamubaho akaramata,ngo buriya uwamushakira…Ni cyo kintu nagirango abantu bumve neza.

Mwavuze na Nzakamwita, ngira ngo na we baramubajije na we aravuga ati “Jye nta kibazo mfite sinzi, umuntu yatanze igitekerezo cye nk’uko nanjye natanze icyanjye, ati ibyo bibazo muzana by’imiriro ntabwo ndikumwe na byo.”

-5142.jpg

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof Shyaka Anastase

2016-12-22
Editorial

IZINDI NKURU

Bane batawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku benga inzoga zitemewe muri Nyanza

Bane batawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku benga inzoga zitemewe muri Nyanza

Editorial 17 Oct 2016
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa

Editorial 08 Feb 2016
Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Editorial 11 Dec 2021
CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Editorial 26 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru