• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Ubwanditsi 23 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Muri iki cyumweru, urukiko rukuru rwa gisirikari rwasubukuye urubanza mu mizi ku bantu basaga 32 baregwa ibyaha birimo iterabwoba, barimo abasirikare batanu mu Ngabo z’u Rwanda nubwo umwe aburanishwa adahari kuko atarafatwa. Mu bari imbere y’urukiko harimo itsinda ry’abantu 25 barangajwe imbere na Rtd Major Mudathiru Habib, baregwa kwinjira mu mutwe w’ingabo utemewe; kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho; kugirana umubano na Leta y’amahanga hagambiriwe gushoza intambara, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gucura umugambi wo gukora icyaha cy’iterabwoba. Mudathiru n’itsinda rye bafatiwe mu mirwano yaberaga muri Kongo ubwo umutwe yari ayoboye wa P5 waguwe gitumo n’ingabo za Kongo FARDC.

Mu iburanisha ryo kuwa mbere abaregwa batangiye kwiregura. Rtd  Maj  Mudathiru Habib yireguye ku cyaha kimwe cyo kujya mu mutwe w’ingabo utemewe, avuga ko acyemera ndetse agisabira imbabazi.

Mudathiru yabwiye urukiko ko ubwo yashakaga ibyangombwa byo kuba impunzi muri Uganda yafashijwe n’abarimo uwitwa Rasta uba i Kampala, ndetse ngo muri icyo gihe yanahuye na Joel Mutabazi wahamijwe ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi ubutegetsi bw’igihugu n’abayobozi barwo.

Yakomeje kuri icyo cyaha cyo kwinjira mu mutwe utemewe, ati “Nibyo icyo cyaha ndacyemera kandi ndagisabira imbabazi.”

Rtd Maj Mudathiru avuga ko yasohotse mu Rwanda mu 2013, atanga impamvu z’uko agiye gusura umuryango kuko ababyeyi be ariho baba, ahitwa Kasese. Aho kugaruka mu Rwanda, ngo yahise ajya kwaka icyangombwa cy’ubuhunzi, ndetse aza kujyanwa  mu nkambi ya Arua.

Yabwiye urukiko ati “Nashatse icyemezo cy’ubuhunzi kuko nashakaga kureba uko najya hanze.” Gusa mu biganiro yagiranaga n’abayobozi ba RNC baje kumwumvisha kubasanga, aza no kuva mu nkambi yiyemeza kujya mu mashyamba. Asohotse ngo yajyanywe na Sunday Charles mu rugo rwa Richard Mateka, umuhungu wa Maj Gen John Mateka wo mu Ngabo za Uganda, amarayo ibyumweru bibiri. Uwo muhungu ngo ni umucuruzi wa zahabu. Hari mbere yo kwerekeza ku mupaka wa Kikagati.

Mudathiru avuga ko n’isezerano bari barahawe n’u Burundi ryaje gukoreshwa, kuko mu Ugushyingo yagiye kwivuza muri icyo gihugu abanje gusaba uruhushya Col Nyamusaraba, abimenyesha Kayumba na we amuharurira amayira mu Burundi. Yakomeje ati “Uwo mutwe wari ufite imirongo ugenderaho, ugamije kuzahirika ubutegetsi buriho.”

Mudathiru yabwiye urukiko ko uyu mutwe wa P5 yawusobanukiwe neza ageze mu Burundi, ariko umucamanza amubaza inshuro nyinshi uburyo nk’umuntu wari  umusirikare  mukuru, wari unazi Kayumba neza, yajya muri Congo anakoresheje ibyangombwa by’ibihimbano, atazi neza umutwe agiyemo. Mudathiru avuga ngo yahasanze abasirikare nka 30,nyuma hatangira koherezwa abandi, barimo abahageze mu Ukuboza 2017.

Rtd Maj Mudathiru avuga ko baje gutarwa n’abapolisi babajyana muri serivisi zishinzwe ibyangombwa, aho bagiye mu biro bakamaramo amasaha arenga arindwi. Mudathiru avuga ko mu Burundi bahamaze igihe gisaga ukwezi, maze bafata ubwato bw’igisirikari cy’u Burundi banyura muri Tanganyika berekeza mu mashyamba ya Congo. Mudathiru avuga ko ajya kujya muri P5, yavuganye na Maj Robert Higiro ari nawe wamugejejeho igitekerezo cy’umutwe barimo gushinga, ndetse ngo Kayumba  Nyamwasa aza kumutumaho Ben Rutabana ko mu Bijabo muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hariyo ibikorwa by’umutwe bashinze, amusaba kuwujyamo ngo awubere umuyobozi, urusheho kugira imbaraga.

Yagiye muri Congo afashijwe na bamwe mu basirikare ba Uganda anyuze ku mupaka wa Kikagati uhuza Uganda na Tanzania, kuri uwo mupaka bamushyikiriza icyangombwa cyari mu mazina ya Mugume Patrick, yagombaga gukoresha ku rugendo muri Tanzania, akomereza mu Burundi. Yajyanye n’uwitwa Sibo Charles wari ushinzwe ibikorwa bya gisirikari mu mutwe wa P5 akaba yaraje no gusiga agatwe ku rugamba. Yabwiye urukiko ko atazi uko ibyo byangombwa byabonetse, ko byabazwa Capt Sunday Charles ukora mu rwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda, CMI, wabibazaniye.

2020-07-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi

Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 21 Jun 2024
M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Ubwanditsi 10 Feb 2024
Ni iki kihishe inyuma yo gutinza urubanza rw’umujenosideri Kabuga Félicien?

Ni iki kihishe inyuma yo gutinza urubanza rw’umujenosideri Kabuga Félicien?

Ubwanditsi 07 Feb 2022
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa
Mu Rwanda

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Ubwanditsi 22 Sep 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Evode Imena  yagaramye ibyo  guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph)  y’abagore  (Jovian na Diana)  b’abagabo bakoranaga muri  MINIRENA
Mu Mahanga

Evode Imena yagaramye ibyo guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph) y’abagore (Jovian na Diana) b’abagabo bakoranaga muri MINIRENA

Ubwanditsi 15 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru