• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ejo bundi nibwo Umunyamabanga wa Leta muri Uganda ushinzwe akarere, Philemon Mateke, yatanze igitekerezo ku kwirukanwa kwa Olivier Nduhungirehe wari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Mateke yanditse kuri Twitter akoresheje konti Guverinoma ya Uganda iheruka guhakana ko ari iye, ati “Naramuburiye! Ikibazo cy’aba bakiri bato ni uko batumvira abakuru. Babona ububasha buke bukigira mu mutwe. Maze muri politiki imyaka 55. Ikibazo gisigaye ni umutekano we. Ubutaha azaba ashinjwa iby’ubugambanyi,”

Mateke n’abandi bantu bo mu butegetsi bwa Uganda bagerageje guhuza ukwirukanwa kwa Nduhungirehe n’ibibazo biri mu mubno w’ibihugu byombi, cyane ko akenshi ibintu u Rwanda rukora, muri Uganda bifatwa nk’aho bifitanye isano n’icyo gihugu, ibintu bitumvikana ku babikurikiranira hafi.

Ni ikibazo cy’umutekano muke muri Uganda: Nubwo ivuga ko ari igihugu kinini kuruta u Rwanda, ibikiberamo bigaragaza umutekano muke no kwisuzugura kigira imbere y’umuturanyi wo mu majyepfo.

Ntabwo bitangaje kuba Mateke yarabaye umwe mu bantu ba mbere bagize icyo bavuga. Ibyakurikiye nyuma byari ugushakira impamvu ibikorwa bya Uganda byo gushyigikira FDLR.

Yakomeje ati “Icyemezo cya Guverinoma ni uko Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Uyu ntabwo ari umwanzuro wa Guverinoma y’u Rwanda. Ni icyemezo cy’umuryango mpuzamahanga w’ibihugu. Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye iheruka kwemeza itariki ya 7 Mata nk”Umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994,” bivuze ko umuyobozi wa guverinoma yose nta bubasha afite bwo kuzana icyo atekereza ko gikwiye kwibukwa ku wa 7 Mata.

Mateke na Guverinoma ye ntabwo bashakaga gusa gushyira imbere ibya “Jenoside ebyiri” byigishwa na FDLR  [igizwe ahanini n’abahoze muri FAR n’Interahamwe bayoboye jenoside]; banashakaga kugoreka byinshi. Ikinyamakuru cy’Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda, CMI, Soft Power News cyabeshye ko “igihugu rukumbi ku Isi cyatabaye Abanyarwanda ari Uganda ya Perezida Yoweri Museveni.”

Bizwi neza ko Museveni yakomeje gukabiriza uruhare rwe mu gufasha RPF mu rugamba, uretse urw’Abanyarwanda mu kubohorora Uganda aho abenshi mu rubyiruko babaye ibitambo, ubufasha bahawe nk’inyiturano ntibwarenze kuba Uganda ari cyo gihugu barimo, kikanababera inzira ibagezaho ibikoresho byavaga i Mombasa.

Iyo Museveni ashaka kurokora igihugu Jenoside, ntabwo aba akorana n’abarwanashyaka ba Hutu Power nka Mateke, cyangwa ngo abe atera inkunga imitwe yitwaje intaro ishaka gukomeza Jenoside, FDLR na RUD Urunana.

Ingengabitekerezo ya Jenoside no kuba yarakoranye na Kayibanda na Habyarimana nibyo byatumye Museveni amwizera amugira Minisitiri ushinzwe gusa guhuza  imitwe irwanya u Rwanda, by’umwihariko guhuza FDLR na RUD Urunana, ikomeye ku mugambi wo kumaraho Abatutsi barokotse.

Mu 2001 ikinyamakuru New Vision cyanditse inkuru cyise ko “Umudepite uhagarariye Mbarara Winnie Byanyima ejo yashinjwa gushishikariza abaturage kwigomeka”. Byanyima yari yabwiye Kenya Television Network (KTN) ko “Uganda irimo gutoza abicanyi b’Interahamawe bo mu Rwanda.”

Nk’uko iyo nkuru yavugaga, “Umushinjacyaha yavuze ko Byanyima ku wa 7 Mata 2001 ku kibuga cy’indege cya Entebbe yemeje ko yavuze ayo magambo kuri KTN ku wa 31 Werurwe 2001,” ndetse ko yavugaga ko “Perezida Museveni arimo gutoza abajenosideri b’Interahamwe ngo barwanye Guverinoma ya Paul Kagame.”

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa 10 Mata 2001 kuri Sir Apollo Kagwa Road i Kampala, Winnie Byanyima yemeje ko ayo magambo ye ari ukuri. Yatawe muri yombi, pasiporo ye irafatirwa yangirwa kujya mu mahanga.

Mu 2005 Museveni yahaye pasiporo Ignace Murwanashyaka wari Perezida wa FDLR, umutwe Winnie Byanyima yavugagaho mu kiganiro n’abanyamakuru. Muri icyo gihe abicanyi bari batorotse ubutabera mu Rwanda bajyaga muri Uganda kuko FDLR yababwiraga ko ariho bakwizera gucungirwa umutekano.

Hagati aho, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gusaba Uganda binyuze mu nzira za dipolomasi, inyandiko z’igihugu, yibutsa Uganda inshingano ifite zo guta muri yombi no kohereza mu Rwanda abakekwaho uruhare muri Jenoside bagera ku 135 bidegembya muri Uganda.

Mu 2018, Minisitiri Mateke yakoranyije inama i Kampala (ku wa 14-15 Ukuboza) muri Serena Hotel, igamije kunoza ihuzabikorwa hagati ya FDLR na RNC. Nk’uko abayobozi bakuru ba FDLR bari muri iyo nama babyiyemereye, uwari umuvugizi wayo Nkaka Ignace alias La Forge Fils Bazeye, n’uwari ushinzwe iperereza muri uyu mutwe w’abakoze Jenoside, Lt Col Jean-Pierre Nsekanabo, alias Theophile Kamara Abega ,bafashwe bageze ku mupaka wa Bunagana winjira muri RDC bavuye i Kampala , bakoherezwa mu Rwanda, Mateke yabagejejeho “ubutumwa bwihariye” mu izina rya Perezida Museveni.

Raporo yo ku wa 31 Ukuboza 2018 yakozwe n’itsinda ry’impuguke z’Umuryngo w’Abibumbye kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yashyize ahabona ko muri Uganda hari imiyoboro yo kwinjiza abarwanyi bashya muri FDLR na RNC, hamwe n’ubufasha bweruye bahabwa na Guverinoma ya Uganda.

Ikigaragara ni uko iyi nkunga ihabwa abajenosideri atari ikintu umuntu wese, uretse Museveni, yatekereza ko akwiye kwirata.

2020-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe ruharwa  Kabuga Felicien yatawe muri Yombi mu gihugu cy’u Bufaransa

Interahamwe ruharwa  Kabuga Felicien yatawe muri Yombi mu gihugu cy’u Bufaransa

Ubwanditsi 16 May 2020
Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 15 Feb 2020
Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ubwanditsi 20 Jul 2019
Amerika yabaye ikibuga abaterabwoba ba RNC bacuriramo umugambi wo guhungabanya u Rwanda

Amerika yabaye ikibuga abaterabwoba ba RNC bacuriramo umugambi wo guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Niyongabo Venant
    April 14, 20208:12 pm -

    Nishimiye uko Leta y’ Urwanda iri kwitwara muri ibibibazo iterwa na Museveni, njye ntarabona ibihamya nibwira ko atari ukuri. Inyungu Museveni
    afite mugufasha abanzi b’ urwanda n’ uburiganya, ubwirasi,ubwibone, guhisha
    ikimwaro afite kuberako atantego afitiye
    uganda, urwango, inzigo n’ ishyari rikabije
    kubona HE PK urwego agejejeho Urwanda, nurwagezeho kugera mumahanga, Icakora agiye gusaza abibye urwango mubanyagihugu, ntakura
    nisomo igihe cyose atsindwa, kubera ko
    aheruka intsinzi yagejejweho n’ abana b’
    Inkotanyi basheshe amaraso atari nigihugu cabo. Njye hari nubwo nibaza atagiterekeza neza ko yaba yarataye
    umutwe ko ibyo agerageza byose ubona
    ntabwenge burimo. Ntawakoranye n’
    abajenosideri ngo arame, niyumveko Urwanda atari intara ya uganda, kandiko
    Urwanda atari intsina ngufi, hari ibimenyetso byinshi bimwerekako indotoze atazigera azigeraho k’ Urwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yatangiye neza urugamba rwo guhatanira igikombe nyafurika
Mu Mahanga

Police FC yatangiye neza urugamba rwo guhatanira igikombe nyafurika

Ubwanditsi 15 Feb 2016
“ Sinzakorana na CMI gusa, ahubwo nzaba umwe muri bo.” – Rugema Kayumba
INKURU NYAMUKURU

“ Sinzakorana na CMI gusa, ahubwo nzaba umwe muri bo.” – Rugema Kayumba

Ubwanditsi 15 Jan 2019
Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020
HIRYA NO HINO

Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Ubwanditsi 23 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru