• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ejo bundi nibwo Umunyamabanga wa Leta muri Uganda ushinzwe akarere, Philemon Mateke, yatanze igitekerezo ku kwirukanwa kwa Olivier Nduhungirehe wari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Mateke yanditse kuri Twitter akoresheje konti Guverinoma ya Uganda iheruka guhakana ko ari iye, ati “Naramuburiye! Ikibazo cy’aba bakiri bato ni uko batumvira abakuru. Babona ububasha buke bukigira mu mutwe. Maze muri politiki imyaka 55. Ikibazo gisigaye ni umutekano we. Ubutaha azaba ashinjwa iby’ubugambanyi,”

Mateke n’abandi bantu bo mu butegetsi bwa Uganda bagerageje guhuza ukwirukanwa kwa Nduhungirehe n’ibibazo biri mu mubno w’ibihugu byombi, cyane ko akenshi ibintu u Rwanda rukora, muri Uganda bifatwa nk’aho bifitanye isano n’icyo gihugu, ibintu bitumvikana ku babikurikiranira hafi.

Ni ikibazo cy’umutekano muke muri Uganda: Nubwo ivuga ko ari igihugu kinini kuruta u Rwanda, ibikiberamo bigaragaza umutekano muke no kwisuzugura kigira imbere y’umuturanyi wo mu majyepfo.

Ntabwo bitangaje kuba Mateke yarabaye umwe mu bantu ba mbere bagize icyo bavuga. Ibyakurikiye nyuma byari ugushakira impamvu ibikorwa bya Uganda byo gushyigikira FDLR.

Yakomeje ati “Icyemezo cya Guverinoma ni uko Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Uyu ntabwo ari umwanzuro wa Guverinoma y’u Rwanda. Ni icyemezo cy’umuryango mpuzamahanga w’ibihugu. Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye iheruka kwemeza itariki ya 7 Mata nk”Umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994,” bivuze ko umuyobozi wa guverinoma yose nta bubasha afite bwo kuzana icyo atekereza ko gikwiye kwibukwa ku wa 7 Mata.

Mateke na Guverinoma ye ntabwo bashakaga gusa gushyira imbere ibya “Jenoside ebyiri” byigishwa na FDLR  [igizwe ahanini n’abahoze muri FAR n’Interahamwe bayoboye jenoside]; banashakaga kugoreka byinshi. Ikinyamakuru cy’Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda, CMI, Soft Power News cyabeshye ko “igihugu rukumbi ku Isi cyatabaye Abanyarwanda ari Uganda ya Perezida Yoweri Museveni.”

Bizwi neza ko Museveni yakomeje gukabiriza uruhare rwe mu gufasha RPF mu rugamba, uretse urw’Abanyarwanda mu kubohorora Uganda aho abenshi mu rubyiruko babaye ibitambo, ubufasha bahawe nk’inyiturano ntibwarenze kuba Uganda ari cyo gihugu barimo, kikanababera inzira ibagezaho ibikoresho byavaga i Mombasa.

Iyo Museveni ashaka kurokora igihugu Jenoside, ntabwo aba akorana n’abarwanashyaka ba Hutu Power nka Mateke, cyangwa ngo abe atera inkunga imitwe yitwaje intaro ishaka gukomeza Jenoside, FDLR na RUD Urunana.

Ingengabitekerezo ya Jenoside no kuba yarakoranye na Kayibanda na Habyarimana nibyo byatumye Museveni amwizera amugira Minisitiri ushinzwe gusa guhuza  imitwe irwanya u Rwanda, by’umwihariko guhuza FDLR na RUD Urunana, ikomeye ku mugambi wo kumaraho Abatutsi barokotse.

Mu 2001 ikinyamakuru New Vision cyanditse inkuru cyise ko “Umudepite uhagarariye Mbarara Winnie Byanyima ejo yashinjwa gushishikariza abaturage kwigomeka”. Byanyima yari yabwiye Kenya Television Network (KTN) ko “Uganda irimo gutoza abicanyi b’Interahamawe bo mu Rwanda.”

Nk’uko iyo nkuru yavugaga, “Umushinjacyaha yavuze ko Byanyima ku wa 7 Mata 2001 ku kibuga cy’indege cya Entebbe yemeje ko yavuze ayo magambo kuri KTN ku wa 31 Werurwe 2001,” ndetse ko yavugaga ko “Perezida Museveni arimo gutoza abajenosideri b’Interahamwe ngo barwanye Guverinoma ya Paul Kagame.”

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa 10 Mata 2001 kuri Sir Apollo Kagwa Road i Kampala, Winnie Byanyima yemeje ko ayo magambo ye ari ukuri. Yatawe muri yombi, pasiporo ye irafatirwa yangirwa kujya mu mahanga.

Mu 2005 Museveni yahaye pasiporo Ignace Murwanashyaka wari Perezida wa FDLR, umutwe Winnie Byanyima yavugagaho mu kiganiro n’abanyamakuru. Muri icyo gihe abicanyi bari batorotse ubutabera mu Rwanda bajyaga muri Uganda kuko FDLR yababwiraga ko ariho bakwizera gucungirwa umutekano.

Hagati aho, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gusaba Uganda binyuze mu nzira za dipolomasi, inyandiko z’igihugu, yibutsa Uganda inshingano ifite zo guta muri yombi no kohereza mu Rwanda abakekwaho uruhare muri Jenoside bagera ku 135 bidegembya muri Uganda.

Mu 2018, Minisitiri Mateke yakoranyije inama i Kampala (ku wa 14-15 Ukuboza) muri Serena Hotel, igamije kunoza ihuzabikorwa hagati ya FDLR na RNC. Nk’uko abayobozi bakuru ba FDLR bari muri iyo nama babyiyemereye, uwari umuvugizi wayo Nkaka Ignace alias La Forge Fils Bazeye, n’uwari ushinzwe iperereza muri uyu mutwe w’abakoze Jenoside, Lt Col Jean-Pierre Nsekanabo, alias Theophile Kamara Abega ,bafashwe bageze ku mupaka wa Bunagana winjira muri RDC bavuye i Kampala , bakoherezwa mu Rwanda, Mateke yabagejejeho “ubutumwa bwihariye” mu izina rya Perezida Museveni.

Raporo yo ku wa 31 Ukuboza 2018 yakozwe n’itsinda ry’impuguke z’Umuryngo w’Abibumbye kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yashyize ahabona ko muri Uganda hari imiyoboro yo kwinjiza abarwanyi bashya muri FDLR na RNC, hamwe n’ubufasha bweruye bahabwa na Guverinoma ya Uganda.

Ikigaragara ni uko iyi nkunga ihabwa abajenosideri atari ikintu umuntu wese, uretse Museveni, yatekereza ko akwiye kwirata.

2020-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Ubwanditsi 20 Jan 2022
Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Ubwanditsi 30 Nov 2023

Igitekerezo kimwe

  1. Niyongabo Venant
    April 14, 20208:12 pm -

    Nishimiye uko Leta y’ Urwanda iri kwitwara muri ibibibazo iterwa na Museveni, njye ntarabona ibihamya nibwira ko atari ukuri. Inyungu Museveni
    afite mugufasha abanzi b’ urwanda n’ uburiganya, ubwirasi,ubwibone, guhisha
    ikimwaro afite kuberako atantego afitiye
    uganda, urwango, inzigo n’ ishyari rikabije
    kubona HE PK urwego agejejeho Urwanda, nurwagezeho kugera mumahanga, Icakora agiye gusaza abibye urwango mubanyagihugu, ntakura
    nisomo igihe cyose atsindwa, kubera ko
    aheruka intsinzi yagejejweho n’ abana b’
    Inkotanyi basheshe amaraso atari nigihugu cabo. Njye hari nubwo nibaza atagiterekeza neza ko yaba yarataye
    umutwe ko ibyo agerageza byose ubona
    ntabwenge burimo. Ntawakoranye n’
    abajenosideri ngo arame, niyumveko Urwanda atari intara ya uganda, kandiko
    Urwanda atari intsina ngufi, hari ibimenyetso byinshi bimwerekako indotoze atazigera azigeraho k’ Urwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023
Amakuru

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Ubwanditsi 12 May 2023
MTN yagabanyije ibiciro byo kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money
IKORANABUHANGA

MTN yagabanyije ibiciro byo kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money

Ubwanditsi 22 May 2018
RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera  aramwihakana
ITOHOZA

RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera aramwihakana

Ubwanditsi 01 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru