• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ese wari uzi ko gusenga ari imwe mu ntwaro zomora ibikomere?

Ese wari uzi ko gusenga ari imwe mu ntwaro zomora ibikomere?

Ubwanditsi 11 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Igihe cyose wowe wumva urushye,uremerewe, ni byiza ko wegera Imana ukayibwira ibyawe byose ikaguha inzira nyayo ikugomorera imigisha igukiza ibibi wanyuzemo byose ukarushaho kunezerwa udahuye n’uburiganya bwa Satani.

Ese umukristo hari urugamba ariho ku buryo yakenera intwaro? Wowe ugize umugisha wo gusoma ubu butumwa muri uyu mwanya reka dufatanirize hamwe dusobanukirwe.

Umukozi w’Imana Pawulo yasobanuriye Abakristo bo mu Efeso ko mukwiye gutwara intwaro zose z’umwuka.

Ibisigaye, mukomererere mu Mwami no mu mbaraga z’ubushobozi bwe bwinshi, mwambare intwaro zose z’Imana, kugira ngo mubashe guhagarara mudatsinzwe n’uburiganya bwa satani.

Kuko tudakirana n’abafite amaraso n’umubiri; ahubwo dukirana n’abatware n’abafite ubushobozi n’abategeka iyi si y’umwijima, n’imyuka mibi y’ahantu ho mu ijuru. Nuko rero mutware intwaro zose z’Imana, kugira ngo mubashe gukomera ku munsi mubi, kandi murangije byose, mubashe guhagarara mudatsinzwe.”

Satani rero akorera mu bantu , ni yo mpamvu ubona mu rugo hari ukutumvikana, ibibazo mu kazi, induru mu baturanyi bawe, imanza zidasobanutse n’ibindi.

Ngiyo impamvu Pawulo akugira inama yo gutwara intwaro z’Imana. Nanjye nkakubwira nshize amanga ngo uru rugamba rwawe, ururwane witwaje intwaro yo gusenga nk’uko bivugwa ngo :” Musengeshe Umwuka iteka mu buryo bwose bwo gusenga no kwinginga….”( Abefeso 6: 18).

Nyamara intwaro yo gusenga yarakoreshejwe kuva ibwami kugera ku bapfakazi. Ni ukuvuga, kuva ku munyambaraga kugeza ku munyantege nkeya ugereranywa n’umupfakazi. Kandi abanyuze iyi nzira bagiye babona ibisubizo.

Iyi ntwaro yo gusenga, umugaragu w’Imana Mose yarayikoreshe amara iminsi mirongo ine asenga, maze Imana imuha amategeko yo kuyobora Abisrayeli ndetse inamwereka uko azarema ihema ry’ibonaniro.

Ibyo tubisoma muri Bibliya Igitabo cyo Kuva 24: 1-18 no Kuva 25: 1- . Ubuzima bwa Mose bwaranzwe n’ibihe byinshi byo gusenga

Iyi ntwaro, Abacamanza b’Abisrayeli barayikoresheje dushingiye ku rugero rwa Gideoni. Aha ndakubaza wenda waba uri umucamanza, ese ujya wibuka gusenga ngo Imana iguhishurire ibyo ubona byose udasobanukiwe?

Gusenga rero bizaguhuza n’inshuti bikakuruhura umubabaro wose ukababarira uwakugiriye nabi mugasenyera umugozi umwe bityo aho uri hakarangwa amahoro aho kuba amahano mukubaka ejo heza.

-192.png

Umukristo nyawe ni uwiherera akegera Imana

2017-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urujijo ku gatsiko k’abasirikare yinjiye muri Congo bavuye ku butaka bw’u Burundi

Urujijo ku gatsiko k’abasirikare yinjiye muri Congo bavuye ku butaka bw’u Burundi

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Ubwanditsi 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari
Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.
Amakuru

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024
Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi
ITOHOZA

Inyeshyamba za FDLR zongeye kuvugwa ku butaka bw’u Burundi

Ubwanditsi 31 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru