• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi
Rtd Maj Gen Frank Mugambage

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kugaragariza Uganda ibitagenda neza mu mubano w’ibihugu byombi, hagamijwe gushakira hamwe igisubizo.

Yabigarutseho mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ishize u Rwanda rwibohoye wabaye ku wa 5 Nyakanga 2019, witabiriwe n’abadipolomate baturutse mu bihugu bitandukanye hamwe n’umuryango mugari w’abanyarwanda baba muri Uganda.

Ambasaderi Mugambage yabwiye abitabiriye iki gikorwa, ko u Rwanda rwagaragarije Uganda imbogamizi rufite zijyanye n’imitwe y’iterabwoba ikomeje kugaragara muri iki gihugu cy’igituranyi, igamije guhungabanya ubusugire bw’u Rwanda.

Bikomeje kuvugwa ko abayobozi bakuru b’umutwe w’iterabwoba wa RNC uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, bakorera ingendo i Kampala bakakirwa neza ndetse bagahabwa uburinzi rimwe na rimwe buri hejuru y’ubuhabwa abashyitsi badasanzwe b’igihugu.

Abagize uwo mutwe kandi bashakira abayoboke mu nkambi n’ahandi muri Uganda, bakabajyana mu myitozo ya gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ababyanze bakorerwa itotezwa rikomeye bigizwemo uruhare n’Urwego rwa Gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI, nk’uko abanyarwanda banyuze muri ubwo buzima bakomeje kubitangamo ubuhamya.

Ku wa 15 Ukuboza 2018, abari abayobozi ba FDLR barimo uwari Umuvugizi wayo Ignace Nkaka uzwi nka LaForge Fils Bazeye na Nsekanabo Jean Pierre Alias Abega wari ushinzwe ubutasi, batawe muri yombi bavuye muri Uganda, gutegura bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda nk’uko babyiyemerera.

Undi mutangabuhamya ni Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara ubu ufungiwe mu Rwanda, uheruka kuvuga ubufasha umutwe w’abarwanyi wa FLN wagiye uhabwa na Uganda n’uruhare rw’umuyobozi mukuru wa CMI, Col Abel Kandiho.

Amb. Mugambage yavuze ko ibibazo by’imitwe y’iterabwoba igamije kugirira nabi u Rwandaikorera muri icyo gihugu byagejejwe kuri Uganda, ariko ntacyo ibikoraho.

Ati “Twagaragaje imbogamizi zishingiye ku kunanirwa kugira igikorwa ku bibazo byagaragarijwe Uganda bifitiwe n’ibimenyetso, birimo imitwe y’iterabwoba igamije kugirira nabi u Rwanda iteye ikibazo gikomeye.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda ruzakomeza gukoresha izo nzira mu kugaragaza ibitagenda, hagamijwe ko haboneka igisubizo kuko u Rwanda rwemera ihame ryo gukorera hamwe, nk’imwe mu nzira iganisha ku iterambere.

Minisitiri w’Imirimo rusange muri Uganda, Mary Karooro Okurut, wari witabiriye uyu muhango, yavuze ko igihugu cye cyafashe umwanzuro wo gukemura ibibazo gifitanye n’u Rwanda kitanyuze mu itangazamakuru.

Ati “Ndashaka kwizeza buri wese ko Uganda n’u Rwanda biri gukora ku buryo bikuraho ibidutanya. Uganda yafashe icyemezo cyo gukemura iki kibazo itanyuze mu itangazamakuru […] Dukwiye gukura iki cyasha mu mubano wacu tukimakaza iterambere ry’ubucuruzi n’ibindi bikorwa by’iterambere ry’ubukungu mu bihugu byacu no mu karere.”

Ibibazo mu mubano w’u Rwanda na Uganda byatangiye gufata indi ntera mu 2017 ubwo abanyarwanda batangiraga gutabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo rikomeye bazizwa ubusa ndetse abandi benshi bakirukanwa ku butaka bw’iki gihugu cy’igituranyi.

Kugeza ubu ibihumbi by’abanyarwanda bimaze kwirukanwa muri Uganda nyuma y’igihe bafungiwe muri gereza zaho nta byaha bizwi bakurikiranyweho. Abafatwa baba bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Src: IGIHE

2019-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ubwanditsi 09 Sep 2024
Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

RUSHYASHYA 15 Jun 2026
U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Min. W’Intebe W’u Buhinde, Narendra Modi Yunamiye Inzirakarengane Zishyinguye Mu Rwibutso Rwa Kigali
HIRYA NO HINO

Min. W’Intebe W’u Buhinde, Narendra Modi Yunamiye Inzirakarengane Zishyinguye Mu Rwibutso Rwa Kigali

Ubwanditsi 24 Jul 2018
RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika
INKURU NYAMUKURU

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC
UBUKUNGU

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Ubwanditsi 11 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru