• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi
Rtd Maj Gen Frank Mugambage

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kugaragariza Uganda ibitagenda neza mu mubano w’ibihugu byombi, hagamijwe gushakira hamwe igisubizo.

Yabigarutseho mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ishize u Rwanda rwibohoye wabaye ku wa 5 Nyakanga 2019, witabiriwe n’abadipolomate baturutse mu bihugu bitandukanye hamwe n’umuryango mugari w’abanyarwanda baba muri Uganda.

Ambasaderi Mugambage yabwiye abitabiriye iki gikorwa, ko u Rwanda rwagaragarije Uganda imbogamizi rufite zijyanye n’imitwe y’iterabwoba ikomeje kugaragara muri iki gihugu cy’igituranyi, igamije guhungabanya ubusugire bw’u Rwanda.

Bikomeje kuvugwa ko abayobozi bakuru b’umutwe w’iterabwoba wa RNC uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, bakorera ingendo i Kampala bakakirwa neza ndetse bagahabwa uburinzi rimwe na rimwe buri hejuru y’ubuhabwa abashyitsi badasanzwe b’igihugu.

Abagize uwo mutwe kandi bashakira abayoboke mu nkambi n’ahandi muri Uganda, bakabajyana mu myitozo ya gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ababyanze bakorerwa itotezwa rikomeye bigizwemo uruhare n’Urwego rwa Gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI, nk’uko abanyarwanda banyuze muri ubwo buzima bakomeje kubitangamo ubuhamya.

Ku wa 15 Ukuboza 2018, abari abayobozi ba FDLR barimo uwari Umuvugizi wayo Ignace Nkaka uzwi nka LaForge Fils Bazeye na Nsekanabo Jean Pierre Alias Abega wari ushinzwe ubutasi, batawe muri yombi bavuye muri Uganda, gutegura bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda nk’uko babyiyemerera.

Undi mutangabuhamya ni Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara ubu ufungiwe mu Rwanda, uheruka kuvuga ubufasha umutwe w’abarwanyi wa FLN wagiye uhabwa na Uganda n’uruhare rw’umuyobozi mukuru wa CMI, Col Abel Kandiho.

Amb. Mugambage yavuze ko ibibazo by’imitwe y’iterabwoba igamije kugirira nabi u Rwandaikorera muri icyo gihugu byagejejwe kuri Uganda, ariko ntacyo ibikoraho.

Ati “Twagaragaje imbogamizi zishingiye ku kunanirwa kugira igikorwa ku bibazo byagaragarijwe Uganda bifitiwe n’ibimenyetso, birimo imitwe y’iterabwoba igamije kugirira nabi u Rwanda iteye ikibazo gikomeye.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda ruzakomeza gukoresha izo nzira mu kugaragaza ibitagenda, hagamijwe ko haboneka igisubizo kuko u Rwanda rwemera ihame ryo gukorera hamwe, nk’imwe mu nzira iganisha ku iterambere.

Minisitiri w’Imirimo rusange muri Uganda, Mary Karooro Okurut, wari witabiriye uyu muhango, yavuze ko igihugu cye cyafashe umwanzuro wo gukemura ibibazo gifitanye n’u Rwanda kitanyuze mu itangazamakuru.

Ati “Ndashaka kwizeza buri wese ko Uganda n’u Rwanda biri gukora ku buryo bikuraho ibidutanya. Uganda yafashe icyemezo cyo gukemura iki kibazo itanyuze mu itangazamakuru […] Dukwiye gukura iki cyasha mu mubano wacu tukimakaza iterambere ry’ubucuruzi n’ibindi bikorwa by’iterambere ry’ubukungu mu bihugu byacu no mu karere.”

Ibibazo mu mubano w’u Rwanda na Uganda byatangiye gufata indi ntera mu 2017 ubwo abanyarwanda batangiraga gutabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo rikomeye bazizwa ubusa ndetse abandi benshi bakirukanwa ku butaka bw’iki gihugu cy’igituranyi.

Kugeza ubu ibihumbi by’abanyarwanda bimaze kwirukanwa muri Uganda nyuma y’igihe bafungiwe muri gereza zaho nta byaha bizwi bakurikiranyweho. Abafatwa baba bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Src: IGIHE

2019-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba

Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Mar 2023
Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi

Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye
SHOWBIZ

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Veterineri w’akarere afungiye kunyereza amafaranga y’inka z’abarokotse batishoboye
Mu Mahanga

Veterineri w’akarere afungiye kunyereza amafaranga y’inka z’abarokotse batishoboye

Ubwanditsi 14 Apr 2016
ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru
UBUKUNGU

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Ubwanditsi 18 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru