• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Ubwanditsi 11 Sep 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika y’Iburasirazuba ikiri kure mu kubyaza umusaruro amahirwe ahari mu ishoramari cyane mu nzego z’imiturire, ubukerarugendo n’ubuhinzi.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri i Kigali ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama y’Ihuriro rya Banki y’Isi riganira ku mahirwe y’ishoramari ari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (Development Finance Forum).

Perezida Kagame yavuze ko inzego zatekerejweho muri iri huriro ari ingenzi kuko zibumbatiye amahirwe menshi yashorwamo imari ikungukira abaturage n’abashoramari.

Yagize ati “Ari imiturire, ubukerarugendo n’ishoramari mu buhinzi zose zikomeje kwaguka muri aka karere dutuye. Izi nzego kandi zakongera imbaraga mu bukungu cyane cyane mu bijyanye na za serivisi.”

Kagame yavuze ko nubwo izo nzego zirimo amahirwe menshi y’ishoramari, ngo akarere ka Afurika y’Iburasirazuba karacyari inyuma mu kuzibyaza umusaruro.

Ati “Nubwo hari amahirwe menshi, turacyari kure yo kuba yose twayabyaza umusaruro cyangwa se tukayifashisha mu kugera ku bikorwa nkenerwa by’indashyikirwa kandi abaturage bacu bibonamo.”

Yavuze ko iryo huriro rikwiye kuba umwanya wo kuganira ku bibazo bihari no gutanga umurongo w’uko ishoramari ryarushaho kunozwa.

Perezida Kagame yavuze ko hari amahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro mu kubaka ibikorwa by’indashyikirwa bifitiye abaturage akamaro

cyakora yavuze ko bitagerwaho hatabayeho ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera.

Ati “Nubwo hari amahirwe menshi, turacyari kure yo kuyabyaza umusaruro yose no kuyifashisha mu bikorwa by’indashyikirwa abaturage bacu bibonamo. Urugendo ni rurerure ariko icyerekezo dufite kirasobanutse n’ubufatanye bukenewe buracyaboneka, burimo ubwo dufitanye n’ibigo bigize Banki y’Isi.”

Yavuze ko u Rwanda rufitanye imikoranire myiza na Banki y’Isi mu nzego zitandukanye zirimo imiturire irambye, ubuhinzi, ingufu, no kwita ku batishoboye kandi asezeranya ko bizakomeza.

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko mu Rwanda ihafite imishinga y’iterambere ifite agaciro ka miliyoni 844 z’amadolari ndetse n’indi ihuza u Rwanda n’ibihugu byo mu Karere iyi banki yarutangiyemo miliyoni 204 z’amadolari.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi yatangaje ko u Rwanda rwimakaje politiki ishyigikira ishoramari mu gihugu, ihame ryakwifashishwa no mu karere.

Yagize ati “EAC ishobora kuza ku mwanya wa Gatandatu mu gukora ishoramari mu gihe ibihugu biyigize byahana ubunararibonye ku ngamba zikwiye gukoreshwa.”

Iyi nama y’iminsi ibiri yiga ku Iterambere ry’Ubukungu muri Afurika (DFF). Ku nshuro ya kane, ifite insanganyamatsiko ivuga ku “Gukuraho imbogamizi zizitira amahirwe y’ishoramari muri Afurika y’Uburasirazuba.”

Inama ya DFF iheruka yabereye i Accra muri Ghana mu 2017. Itegurwa na World Bank Group n’Ikigo Nyafurika kigamije Impinduka mu Bukungu (ACET).

Perezida Kagame aganira n’abantu b’ingeri zinyuranye bitabiriye iyi nama

 

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bayobozi bari mu Rwanda muri iyi nama y’iminsi ibiri

bayobozi, abashoramari mu nzego za Leta n’iz’abigenga muri Afurika y’Uburasirazuba nibo bitabiriye iyi nama

Abayobozi batandukanye bitabiriye iyi nama, bafashe ifoto y’urwibutso

Amafoto: Village Urugwiro

2018-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025
U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

U Rwanda na Africa50 byemeranyije kwihutisha umushinga wa Kigali Innovation City

Ubwanditsi 21 Nov 2018
IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara
Mu Rwanda

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 20 Oct 2017
KUJYA GUKORERA POLITIKI MU RWANDA NI IHAME RIDAKUKA- TOMAS NAHIMANA
POLITIKI

KUJYA GUKORERA POLITIKI MU RWANDA NI IHAME RIDAKUKA- TOMAS NAHIMANA

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]
INKURU NYAMUKURU

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Ubwanditsi 19 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru