• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 20 Oct 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu saa cyenda z’igicamunsi nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rurafata umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rubanza ruregwamo Diane Rwigara, murumuma we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Mukangemanyi Adeline Rwigara.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umuvandimwe we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

Mu iburanisha ryo ku wa Gatatu, Diane yireguye ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano aho ubushinjacyaha buvuga ko ubwo yashakaga kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika hari abo yerekanye ko bamusinyiye kandi atari byo ndetse hariho n’amazina y’abapfuye.

Ubushinjacyaha bwavuze ko bamwe mu bagaragara kuri lisite Diane yatanze bavuze ko batamuzi ndetse batamusinyiye.Yiregura, Diane yavuze ko bishoboka ko abo bantu koko bavuze ko batamuzi kuko atari we wajyaga kwisinyishiriza , kandi ngo n’abahakanye ko batamusinyiye bishoboka ko batinyaga ko nibabyemera byabagiraho ingaruka.

Anne Rwigara ushinjwa guteza imvururu, hagendewe ku ibaruwa bandikiye ikinyamakuru Jeune Afrique ku bijyanye n’urupfu rwa se, bemeza ko yishwe kandi barandikiye Prime Insurance ko se yishwe n’impanuka. Yireguye avuga ko iyo baruwa atayizi kuko itanasinye.Yanavuze ko iyo nkuru yanditswe kuri Jeune Afrique ariko ari iya RFI, asaba ko abayanditse aribo babibazwa.

Mukangengemanyi Adeline by’umwihariko ashinjwa icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri. Hashingiwe ku magambo yabwiye abapolisi bari baje kubakura mu rugo, ubwo yabitaga ‘Abicanyi n’Interahamwe’.Hari n’ibiganiro yagiye agirana n’abandi bantu kuri WhatsApp asebya ubutegetsi buriho.

Adeline yireguye avuga ko amagambo yabwiye abapolisi abatuka yayatewe n’ibihe yari arimo icyo gihe n’uburyo bari baje gufatwa.Ku kijyanye n’ibiganiro bituka ubutegetsi, Adeline n’umwunganizi we mu mategeko bavuze ko uburyo ubushinjacyaha bwinjiye muri telefone z’abaregwa bitubahirije amategeko kuko itumanaho ry’umuntu ari ntavogerwa, kuryinjiramo bisaba uruhushya rw’urukiko, bityo ko urukiko rwatesha agaciro icyo cyaha.

Abaregwa bose basabye ko urukiko rubarekura bagakurikiranwa bari hanze kuko ngo ntaho bashobora gutorokera dore ibyangombwa byose byafatiriwe.

Ubushinjacyaha bwasabye ko bafungwa iminsi 30 y’agateganyo kuko bashinjwa ibyaha bikomeye kandi iperereza rikaba rigikomeje.

.-8433.jpg

Umuryango wa Rwigara

2017-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ –  Perezida Kagame

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2022
Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Ubwanditsi 01 Oct 2017
FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 08 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.
Amakuru

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC
ITOHOZA

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Ubwanditsi 25 Dec 2017
New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda
ITOHOZA

New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru