• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 20 Oct 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu saa cyenda z’igicamunsi nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rurafata umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rubanza ruregwamo Diane Rwigara, murumuma we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Mukangemanyi Adeline Rwigara.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umuvandimwe we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

Mu iburanisha ryo ku wa Gatatu, Diane yireguye ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano aho ubushinjacyaha buvuga ko ubwo yashakaga kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika hari abo yerekanye ko bamusinyiye kandi atari byo ndetse hariho n’amazina y’abapfuye.

Ubushinjacyaha bwavuze ko bamwe mu bagaragara kuri lisite Diane yatanze bavuze ko batamuzi ndetse batamusinyiye.Yiregura, Diane yavuze ko bishoboka ko abo bantu koko bavuze ko batamuzi kuko atari we wajyaga kwisinyishiriza , kandi ngo n’abahakanye ko batamusinyiye bishoboka ko batinyaga ko nibabyemera byabagiraho ingaruka.

Anne Rwigara ushinjwa guteza imvururu, hagendewe ku ibaruwa bandikiye ikinyamakuru Jeune Afrique ku bijyanye n’urupfu rwa se, bemeza ko yishwe kandi barandikiye Prime Insurance ko se yishwe n’impanuka. Yireguye avuga ko iyo baruwa atayizi kuko itanasinye.Yanavuze ko iyo nkuru yanditswe kuri Jeune Afrique ariko ari iya RFI, asaba ko abayanditse aribo babibazwa.

Mukangengemanyi Adeline by’umwihariko ashinjwa icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri. Hashingiwe ku magambo yabwiye abapolisi bari baje kubakura mu rugo, ubwo yabitaga ‘Abicanyi n’Interahamwe’.Hari n’ibiganiro yagiye agirana n’abandi bantu kuri WhatsApp asebya ubutegetsi buriho.

Adeline yireguye avuga ko amagambo yabwiye abapolisi abatuka yayatewe n’ibihe yari arimo icyo gihe n’uburyo bari baje gufatwa.Ku kijyanye n’ibiganiro bituka ubutegetsi, Adeline n’umwunganizi we mu mategeko bavuze ko uburyo ubushinjacyaha bwinjiye muri telefone z’abaregwa bitubahirije amategeko kuko itumanaho ry’umuntu ari ntavogerwa, kuryinjiramo bisaba uruhushya rw’urukiko, bityo ko urukiko rwatesha agaciro icyo cyaha.

Abaregwa bose basabye ko urukiko rubarekura bagakurikiranwa bari hanze kuko ngo ntaho bashobora gutorokera dore ibyangombwa byose byafatiriwe.

Ubushinjacyaha bwasabye ko bafungwa iminsi 30 y’agateganyo kuko bashinjwa ibyaha bikomeye kandi iperereza rikaba rigikomeje.

.-8433.jpg

Umuryango wa Rwigara

2017-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imbaraga ushyira mu kurimbura abandi uzishyize mu mirimo yawe watera imbere.

Imbaraga ushyira mu kurimbura abandi uzishyize mu mirimo yawe watera imbere.

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Perezida Kagame yahaye Mitali  ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Ubwanditsi 30 May 2017
Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe  mu Burundi

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Ubwanditsi 19 Jan 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

Ubwanditsi 18 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko imyumvire igayitse yatumye umukobwa wa Pasiteri Jackie Umuhoza afatanya ubutasi na Sulah Nuwamanya na Prossy Bonabaana mu bikorwa byiterabwoba.
INKURU NYAMUKURU

Uko imyumvire igayitse yatumye umukobwa wa Pasiteri Jackie Umuhoza afatanya ubutasi na Sulah Nuwamanya na Prossy Bonabaana mu bikorwa byiterabwoba.

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira
ITOHOZA

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Ubwanditsi 09 May 2016
REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC
Amakuru

REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC

Ubwanditsi 02 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru