• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hakim Sahabo, Byiringiro Lague mu bakinnyi bahamagawe mu Amavubi, Kwizera Olivier mu bakinnyi basigaye bagarutsweho   |   16 Mar 2026

  • Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura   |   15 Mar 2026

  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018 ITOHOZA

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aremeza ko niyo warwanya ruswa ute udashobora kuyirandura. Ni mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya CNBC Africa.

Nubwo Perezida Kagame amaze kumenyerwaho kutarebera ruswa, yemera ko sosiyete izahora irangwamo udusigisigi twa ruswa. Ati: “Ntushobora kwica ruswa burundu, ariko ushobora kuyigabanya bishoboka.”

Muri iki kiganiro yagiranye n’ukuriye porogaramu za CNBC, Chris Bishop, Perezida Kagame yasobanuye ko ibyabaye mu Rwanda kugirango ruswa igabanyuke byatewe no gushyiraho iyubahirizwa ry’amategeko, gukorera mu mucyo no kuba ubutabera bukora akazi bushinzwe mu bwisanzure.

Ibi ngo bikaba byaratumye umukuru w’igihugu atandukana n’inshuti ze za hafi zageragezaga kwishora mu bikorwa bya ruswa bikarangira bisanze mu maboko y’ubutabera.

Chris Bishop yakomeje aganira na Perezida Kagame nk’ukuriye Afurika Yunze Ubumwe ku kijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari muri Afurika n’ibindi.

Ku kijyanye na Afurika n’u Bushinwa, Perezida Kagame yavuze ko ibyo u Bushinwa bukora muri Afurika ari ishoramari atari ibikorwa by’ubugiraneza. Ati: “Ikibazo ni: Afurika iba izi icyo ishaka iyo ikorana n’ibindi bice by’Isi. Niba u Bushinwa butanze amahirwe, twibaza icyo u Rwanda rushaka ku Bushinwa n’uko twese twakunguka.”

Perezida Kagame yongeyeho atazi ahantu u Bushinwa bwagiye bugatangira kwikubira ibintu. Ati: “Niba biba si ikibazo cy’u Bushinwa ni ikibazo cy’igihugu biri kubamo.”

Ku kijyanye no kwihuriza hamwe kw’ibihugu, Perezida Kagame yasobanuye ko ari inzira 2, igenda n’igaruka. Yasobanuye ko iyo urinze ibyawe cyane uba uhamagarira n’abandi kubikora bikaba Atari byiza muri rusange cyangwa ku miryango mito y’akarere.

Perezida Kagame akaba yanashimangiye ko urebye ubukungu bw’u Rwanda n’amateka rwanyuzemo iyo habaho guhitamo nabi u Rwanda rutaba rugeze aho rugeze.

Perezida Kagame yanabajijwe ikibazo cy’amatsiko cy’uwo yari kuzaba iyo ataba perezida, asubiza ko akiri muto yakundaga gukora ibintu no guhanga. Ati: “Nari kuba engineer, umuntu ukora udushya kandi uhanga ibintu.”

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Rusesabagina yivanye mu rubanza ariko ntazivana mu kimwaro, Abishake cyangwa abihakane urubanza rwe ruzaba!

Ubwanditsi 15 Mar 2021
Kigali Integrated College  K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )

Kigali Integrated College K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020
Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Ubwanditsi 14 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 20 Dec 2017
Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Ubwanditsi 01 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru