• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Ubwanditsi 26 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Icyiswe “Hotel Rwanda Rusesabagina Foundation” cyashinzwe kandi cyemerezwa muri Leta ya Massachusetts muri Gicurasi 2005,kikaba cyarashyizweho kugira ngo gifashe abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, nk’uko byatangajwe nuwashinze iyo Fondation Paul Rusesabagina hari nyuma yuko Film yaramaze iminsi akoze “Hotel Rwanda” yakinwe n’umukinyi rurangiranwa Don Cheadle yitwa Rusesabagina ikunzwe cyane ku isi baziko ibyo ivuga ari ukuri.

Ubuyobozi bwa Fondation ya Hotel Rwanda Rusesabagina (HRRF) bugizwe na Paul Rusesabagina nk’umuyobozi, Tatiana Mukangamije umugore we nk’umubitsi, Claude Karambizi, umukwe we ni Umuyobozi na James Nkunzimana, undi mukwe wa Rusesabagina akaba ari Umuyobozi wa kabiri. Niba Fondasiyo yarashizweho hagamijwe imibereho y’umuryango wa Rusesabagina, ntacyo twavuga kubijyanye n’imiyoborere yuyu muryango.

Ariko iyo Rusesabagina yitwaza ko Fondasiyo ye “igira uruhare mu gufasha abagizweho ingaruka na Jenoside mu Rwanda ndetse n’izindi ngero z’ihohoterwa…”, biragaragara ko ibyo ari inyungu ze bwite nk’uko yabyiyemereye mugihe yatangaga ibiganiro.

Ku ya 21 Gicurasi 2014, igihe Film “Hotel Rwanda” yari imaze imyaka 10 isohotse, inzu yerekana amafilimi ArcLight Hollywood yerekanye iyo Film ikurikirwa n’ibibazo byinshi byabajijwe Paul Rusesabagina. Yabeshye abamuteze amatwi nk’uko yabigize mu ngendo ze zose yakoze maze agira ati: “Jye n’umugore wanjye twatangije Fondasiyo ya Rusesabagina kugira ngo twishyurire amafaranga y’ishuri imfubyi za Jenoside. Twarabikoze ariko ntibyashimishije leta. Bamwe mu bana nishyuriye barafunzwe ku mpamvu zuko nabarihiye amafaranga y’ishuri. Ubu Fondasiyo igamije guharanira ubwiyunge nyabwo mu Rwanda nk’uko byagenze mu Burundi no muri Afurika y’Epfo. ”

Aho Rusesabagina yanyuze hose avuga ko ari intwari, yagerageje gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse yateye indi ntambwe amaze kumenyekana yiyemeza gutagatifuza abajensoideri nka Jenerali Augustin Bizimungu na George Rutaganda wari Visi Perezida w’Interahamwe mu manza zabo mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’u Rwanda (ICTR) rwari Arusha, muri Tanzaniya.

Rusesabagina yiyita umugabo usanzwe kugirango abeshye yibonere amadorari. Umuntu witwa umugabo usanzwe yakusanyije ubukire burenze, agenda muri Mercedes Benz CI-Class (Vin # WDDDJ72X68413260) atuye mu nzu ifite agaciro k’ibihumbi 670.430 y’amadorali y’amerika ifite ibyumba bitandatu iruhande rw’inshuti ye ndetse n’uwahoze ari Senateri wa Texas, Kruger, mu nkengero z’umujyi wa San Antonio. Azwiho gutunga indi mitungo mu Bubiligi no muri Afurika no mu bihugu by’Afurika y’amajyepfo, nka Zambiya, Malawi na Mozambike.

Amaze gutabwa muri yombi, umukobwa yareraga, Carine Kanimba yavuye muri Amerika ajya gutura mu Bubiligi kugenzura no guhuza ibikorwa by’ubucuruzi bwase mu Bubiligi no mu bindi bihugu.

Bitewe na filime ye yamamaye, Rusesabagina yatangaje ko ari umuntu w’ubutabazi kandi uharanira inyungu, ariko mu byukuri bwari ubwihisho bwe bwo gukora politiki no gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro nk’uko byagaragajwe n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda mu mwaka wa 2010, ko yateye inkunga FDLR. Nko mu 2008, izina rye ryagaragaye muri Telephone za Ignace Murwanashyaka, wari Perezida wa FDLR waje gufatirwa mu Budage.

Rusesabagina yifuzaga kwinjira muri politiki ku mugaragaro maze yinjira muri wa mutwe w’iterabwoba wa RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa guhera muri Werurwe 2012, kubera amakimbirane na Nyamwasa bapfa ubuyobozi n’amafaranga. Nyuma yaje gushinga ishyaka rye rya politiki ryitwa PDR-Ihumure aniyemeza gukuraho guverinoma yemewe mu Rwanda akoresheje inzira zose harimo n’intambara. Mu kiganiro yagiranye na Agnes Mukarugomwa wo ku Ikondera Info muri 2014, Rusesabagina yavuze ko ntabundi buryo bwo kuvugana na Perezida Kagame.

Yasubiyemo kandi amagambo y’uwahoze ari Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, John Kerry, agira ati: “Nkunda amahoro ariko niba intambara ikenewe nzayirwana.” Abajijwe na Agnes Mukarugomwa igihe bazatangirira intambara, Rusesabagina yagize ati “nta n’umwe ushobora guhishura imigambi ye. Iyo ukina amakarita werekana gusa ikarita ugiye gukina. Amahitamo y’intambara ni ikarita tubika binyuze mu banyamuryango n’inshuti.”

Byongeye kandi, mu kiganiro n’abanyamakuru mu Bubiligi cyavuze kuri MRCD, hamwe na Faustin Twagiramungu, Rusesabagina yagize icyo avuga agira ati “Twatangiye MRCD mu Ugushyingo 2016. Yari ihuriro rya CNRD Ubwiyunge yari iyobowe na Wilson Irategeka na PDR Ihumure iyobowe na (Paul Rusesabagina). Nyuma y’ikiganiro kirekire twashyizeho inkingi eshanu. Inkingi ya mbere nicyo ibikorwa n’abahungu bacu mu Rwanda, iya kabiri yari diplomacy, iya gatatu yari mobilisation, iya kane yari itumanaho naho iya gatanu yari imari. Twakoranye kandi mu mpera za 2017 n’abavandimwe bacu bo muri RRM (Callixte Nsabimana) bifuzaga kwifatanya natwe. Nyuma y’ibiganiro birebire, RRM yemerewe muri Werurwe 2018 kandi twatangiye no kwibaza izina tuzaha abasirikare bacu. ”

Nyuma yaho, twakoze inama hagati ya CNRD Ubwiyunge, PDR Ihumure na RRM, maze dufata icyemezo cyo kwita ihuriro FLN muri Gicurasi 2018. Nibwo bwa mbere izina “FLN” ryatangajwe. Twabise FLN kuko RRM yazanye n’abasirikare bayo, bivuze ko tugomba kubona izina buri wese yiyumvamo. Kuva icyo gihe, abahungu bacu bitwaga FLN niyo mpamvu FLN itari iya PDR, CNRD cyangwa RRM, iri munsi ya MRCD. ”

Igihe umuvugizi wa FLN, Callixte Nsabimana, yavugaga ko ari yo nyirabayazana w’ibitero bya Nyabimata byahitanye ubuzima bw’inzirakarengane icyenda bikomeretsa abandi icumi, Charles Kambanda, uwigize umunyamategeko w’abarwanya u Rwanda yavuze ko Rusesabagina na bagenzi be bakoze ikosa rikomeye. Yagize ati “Rusesabagina na Callixte Sankara bakoze amakosa akomeye bemera ko aribo bari inyuma y’ibitero, bari barimo kwishinja”
Indi videwo ishinja Paul Rusesabagina ni ijambo ry’umwaka mushya wa 2019 yatanze ihita isibwa kuri YouTube. Ariko, yari imaze gukururwa (Download) ikaba ishobora kuboneka hano hamwe n’inyandiko zuzuye ziyiherekeje.

Kuva yakwambura amafaranga abantu bari bahungiye muri Hotel de Mille Collines mu 1994, akihindura “Intwari yo mu Rwanda, wakijije Abatutsi benshi” no gusaba amafaranga nko gukusanya inkunga binyuze muri HRRF bitwaje ibinyoma byo gufasha impfubyi za jenoside, Rusesabagina yashoboye kwibeshaho mu myambarire itandukanye cyane n’iy’umuntu usanzwe watwaraga Tagisi mu mihanda y’I Buruseri.

Nyuma yo kubona amafaranga no kuba icyamamare Rusesabagina yashakishije ingufu za politiki yumva ko ashobora kwigira Perezida w’u Rwanda mu buryo bwose maze ashinga kandi atera inkunga umutwe w’iterabwoba witwaje intwaro witwa “Rwanda Liberation Front” cyangwa “Front de Liberation National” (FLN). Bimuha iturufu yo kwirirwa azenguruka ibiyaga bigari anatembera dore ko azwi ku iraha agakora ingendo akoresheje indege bwite kugeza aho bimugejeje mu kagozi. Igitangaje, yahakanye kuba umunyarwanda nyamara icyifuzo cye gikomeye kwari ukuba perezida w’iguhugu yihakanye! Ntibitangaje kuko muri firime ya Holly Wood, niko intwari y’ibinyoma irangira.

2021-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agaco k’imburabuza: Perezida Kagame avuga kuri Twagiramungu, Rusesabagina na MRCD

Agaco k’imburabuza: Perezida Kagame avuga kuri Twagiramungu, Rusesabagina na MRCD

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Ubwanditsi 02 May 2018
Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato  bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Mu mukino utarabereye igihe ikipe ya Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC 1-0, AS Kigali irakira APR FC kuri Sitade ya Kigali

Mu mukino utarabereye igihe ikipe ya Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC 1-0, AS Kigali irakira APR FC kuri Sitade ya Kigali

Ubwanditsi 08 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo
Mu Mahanga

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira
HIRYA NO HINO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Ubwanditsi 13 May 2019
Amavubi yitegura guhura na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, akomeje imyiteguro n’abakinnyi bose bahamagawe
Amakuru

Amavubi yitegura guhura na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, akomeje imyiteguro n’abakinnyi bose bahamagawe

Ubwanditsi 18 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru