• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere   |   25 Jun 2026

  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Ubwanditsi 13 May 2019 HIRYA NO HINO

Umuhanzi Burabyo Dukunde Yvan umaze kwamamara mu muziki nka Buravan, yakubiye ubutumwa bwe mu ndirimbo yashunyije nk’ibaruwa yo gusezera kuri Miss Muhikira Irène Bellange uherutse kwitaba Imana ari kwibaruka imfura.

Miss Muhikira Irène Bellange wari ufite imyaka 32, yitabye Imana ku wa 30 Mata 2019, mu bitaro byo muri Angola aho yabanaga n’umugabo we bari barasezeranye ku wa 28 Nyakanga 2018.

Yari yasezeranye kubana akaramata na mukuru wa Buravan witwa Burabyo Ghislain.

Umurambo we wagejejwe mu Rwanda ku wa Gatanu w’Icyumweru gishize, ku wa Gatandatu haba umugoroba w’ubuhamya naho ku Cyumweru arashyingurwa.

Buravan mu ndirimbo yamuhimbiye yumvikanishamo umubabaro ukomeye n’agahinda we n’abandi bo mu muryango basigiwe na Muhikira, akemeza ko agiye hakiri kare cyane.

Hari nk’aho agira ati “Kugutekerezaho binshengura umutima, wowe wari umutima wa Zahabu ubuzima bwawe bwari umugisha ku bantu ba hafi yawe. Ibyishimo n’urukundo nibwo buryo umuntu yagusobanuramo. Amarira arashoka uko ngenda nandika iyi baruwa yo kugusezera.”

Mu nyikirizo akavuga ati “Bellange waragiye ariko ntabwo uzigera wibagirana, iki ni ikintu mpagazeho ntabwo uzigera wibagirana.”

Mu gusoza agira ati “Wagiye kare iteka uzahoraho Bella, watangaga ubuzima. Ruhukira mu mahoro mukobwa mwiza kuko warwanye intambara neza kandi ugatabaruka nk’intwari mama w’umwana. Warakoze gusiga ibyo tuzajya tukwibukiraho kandi ni ukuri wasize ibigwi kandi tuzahora tubiguhera icyubahiro.”

Mu buhamya bwatanzwe ku wa Gatandatu, abantu benshi bavuze ibigwi Miss Muhikira Irène [Bellange] wigeze kuba Nyampinga wa Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventisiti (UNILAK), bamugaragaza nka mukundabantu, witangaga, wabanaga mu mahoro kandi akaba umukirisitu utishushanya.

Sebukwe Burabyo Michael we yavuze ko yari umukobwa ufite uburere kandi wakundaga abantu ahamya ko “Umuryango wacu ubuze umuntu w’intwari, ufite uburere kandi wakundaga abantu”.

Umva indirimbo Buravan yahimbye asezera Muhikira

Miss Muhikira yitabye Imana ari kubyara umwana w’imfura ye

Buravan mu ndirimbo yahimbiye Muhikira yumvikanishamo umubabaro ukomeye n’agahinda we n’abandi bo mu muryango bafite, akemeza ko agiye hakiri kare

Burabyo Ghislain wasigaye mu gahinda, yavuze ko Muhikira yari umuntu bakundana, bagahuza byimazeyo ndetse buzuzanya muri byose

Mu mugoroba w’ubuhamya bugaruka ku buzima bwa Muhikira, benshi bari basazwe n’amarira n’agahinda

Burabyo Michael (ibumoso) ubwo yaganirizaga umuhungu we Burabyo Ghislain wapfushije umugore we
Inkuru ya IGIHE

2019-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Ubwanditsi 24 Dec 2017
Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda

Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Umuhanzi Don Moen agiye kuza mu Rwanda

Umuhanzi Don Moen agiye kuza mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023
Amakuru

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 29 Mar 2023
Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza
Mu Rwanda

Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Bujumbura :Ibiryo birabona umugabo bigasiba undi
Mu Rwanda

Bujumbura :Ibiryo birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 08 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru