• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Ubwanditsi 13 May 2019 HIRYA NO HINO

Umuhanzi Burabyo Dukunde Yvan umaze kwamamara mu muziki nka Buravan, yakubiye ubutumwa bwe mu ndirimbo yashunyije nk’ibaruwa yo gusezera kuri Miss Muhikira Irène Bellange uherutse kwitaba Imana ari kwibaruka imfura.

Miss Muhikira Irène Bellange wari ufite imyaka 32, yitabye Imana ku wa 30 Mata 2019, mu bitaro byo muri Angola aho yabanaga n’umugabo we bari barasezeranye ku wa 28 Nyakanga 2018.

Yari yasezeranye kubana akaramata na mukuru wa Buravan witwa Burabyo Ghislain.

Umurambo we wagejejwe mu Rwanda ku wa Gatanu w’Icyumweru gishize, ku wa Gatandatu haba umugoroba w’ubuhamya naho ku Cyumweru arashyingurwa.

Buravan mu ndirimbo yamuhimbiye yumvikanishamo umubabaro ukomeye n’agahinda we n’abandi bo mu muryango basigiwe na Muhikira, akemeza ko agiye hakiri kare cyane.

Hari nk’aho agira ati “Kugutekerezaho binshengura umutima, wowe wari umutima wa Zahabu ubuzima bwawe bwari umugisha ku bantu ba hafi yawe. Ibyishimo n’urukundo nibwo buryo umuntu yagusobanuramo. Amarira arashoka uko ngenda nandika iyi baruwa yo kugusezera.”

Mu nyikirizo akavuga ati “Bellange waragiye ariko ntabwo uzigera wibagirana, iki ni ikintu mpagazeho ntabwo uzigera wibagirana.”

Mu gusoza agira ati “Wagiye kare iteka uzahoraho Bella, watangaga ubuzima. Ruhukira mu mahoro mukobwa mwiza kuko warwanye intambara neza kandi ugatabaruka nk’intwari mama w’umwana. Warakoze gusiga ibyo tuzajya tukwibukiraho kandi ni ukuri wasize ibigwi kandi tuzahora tubiguhera icyubahiro.”

Mu buhamya bwatanzwe ku wa Gatandatu, abantu benshi bavuze ibigwi Miss Muhikira Irène [Bellange] wigeze kuba Nyampinga wa Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventisiti (UNILAK), bamugaragaza nka mukundabantu, witangaga, wabanaga mu mahoro kandi akaba umukirisitu utishushanya.

Sebukwe Burabyo Michael we yavuze ko yari umukobwa ufite uburere kandi wakundaga abantu ahamya ko “Umuryango wacu ubuze umuntu w’intwari, ufite uburere kandi wakundaga abantu”.

Umva indirimbo Buravan yahimbye asezera Muhikira

Miss Muhikira yitabye Imana ari kubyara umwana w’imfura ye

Buravan mu ndirimbo yahimbiye Muhikira yumvikanishamo umubabaro ukomeye n’agahinda we n’abandi bo mu muryango bafite, akemeza ko agiye hakiri kare

Burabyo Ghislain wasigaye mu gahinda, yavuze ko Muhikira yari umuntu bakundana, bagahuza byimazeyo ndetse buzuzanya muri byose

Mu mugoroba w’ubuhamya bugaruka ku buzima bwa Muhikira, benshi bari basazwe n’amarira n’agahinda

Burabyo Michael (ibumoso) ubwo yaganirizaga umuhungu we Burabyo Ghislain wapfushije umugore we
Inkuru ya IGIHE

2019-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dore Amabanga 5 yakwereka ko ntacyahagarika Urukundo rwawe n’Umukobwa mukundana.

Dore Amabanga 5 yakwereka ko ntacyahagarika Urukundo rwawe n’Umukobwa mukundana.

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC

Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC

Ubwanditsi 08 Dec 2019
Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe
Amakuru

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

RUSHYASHYA 24 Feb 2026
CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi
IMIKINO

CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Afrika y’Epfo: Emile Rutagengwa umwe mubagize RNC arahigwa bukware n’agatsiko ka Kayumba gakuriwe na Ntwali ngo kamukurikize Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Afrika y’Epfo: Emile Rutagengwa umwe mubagize RNC arahigwa bukware n’agatsiko ka Kayumba gakuriwe na Ntwali ngo kamukurikize Ben Rutabana

Ubwanditsi 18 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru