• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Musore nubona ibi bintu k’Umukobwa mwakundanaga uzahite umenya ko atakiri uwawe hari abamaze kugutera ‘ Agapapu ‘

Musore nubona ibi bintu k’Umukobwa mwakundanaga uzahite umenya ko atakiri uwawe hari abamaze kugutera ‘ Agapapu ‘

Ubwanditsi 30 May 2017 HIRYA NO HINO

Igitera abagore guca abagabo babo inyuma
Abagabo batera abagore babo kubaca inyuma bate?

Impamvu nyamukuru zituma abagore baca abagabo babo inyuma

Mugabo biragusaba kuba maso ugashishoza kandi mu gihe utangiye kubona imihindagurikire ya hato na hato ku myitwarire y’umugore wawe. Ibi bintu mu gihe bitangiye kuba ku mugore wawe biragusaba kubyitondera ukamenya ikibitera ny’irizina.

Aguha impano nta mpamvu

Uritonde ! Ntuzavudukane mugenzi wawe aje akuzaniye agapaki k’indabo ! Icyo ukwiye kugiraho amakenga ni impano za hato na hato kandi zidasobanutse. Kuko bamwe mu batangabuhamya bivugira ko buri weekend baha abakunzi babo impano, zirimo n’imirimbo yo ku matwi kandi ntibitere ikibazo. Ikindi cyatuma wongera ubushisozi ni uko ashobora no kuba yabikora mu rwego rwo kugutungura ; bityo rero kuri iyi ngingo bisaba ubushishozi.

Yahinduye amagambo ye y’ibanga (password)

Niba ufunguye imashini yanyu, ugasanga aderesi ya e-mail yarahindutse, urubuga umufasha wawe ahuriraho n’inshuti ze rwarahindutse, amagambo y’ibanga mwakoreshaga byose byarahindutse, ibi bizagutere kwibaza k’uwo mwashakanye. Umugore umwe aragira ati : « umugabo wanjye mufitiye urwikekwe ; ashobora kuba ambeshya : yahinduye amagambo y’ibanga, igihe cyose akimara avugana n’abantu ntazi ! »

Ntakirekura telefoni ye

Mu ntangiriro washobora gukurikirana no kumenya ibikorerwa kuri telefoni ye byose, ariko ubu ntibishoboka : abo yahamagaye, abamuhamagaye, ubutumwa bugufi yohereje n’ubwo yakiriye, n’ibindi. Hari n’ubwo ajya kwitabira inyuma ya dushe (douche/urwiyuhagiriro).

Ku buryo butunguranye yagize akazi kenshi

Haciye amezi make, uko bwije n’uko bukeye niko agenda agira akazi kenshi, inama zidashira, ingendo z’urudaca, amahugurwa atarangira n’ibindi ; nyamara ibyo byose nta musaruro ubibonamo, haba kuzamurwa mu ntera cyangwa se mu gafaranga. Ikigaragara ni uko aba akeneye igihe kinini, kimwe akakimara no mu mahoteli, ari na ko adatangwa mu kwimeza neza muri weekend.

Nta kanunu k’imibonano mpuzabitsina akigira

Haba haciye ibyumweru byinshi, yewe n’amezi, nta kugukozaho imitwe y’intoki ze ? Nta n’ubwo yabonye ko waguze utwenda tw’imbere dushya ? Iyo umwiyegereje se, akwigizayo yitwaje ko ananiwe, cyangwa akemera mugahuza ibitsina atakwitayeho, nta gutegurana kuhabaye ? Niba yabikoze ku manywa, nimugoroba ntashaka kwiyongeza ? Suzuma urebe.

Yahinduye uburyo bwo kwambara

Uburyo wamwambikagamo burahinduka bwose : udupira, amashati, imikandara, mode yo kwiyogoshesha, n’ibindi. Ajya kwirangaza muri siporo, akagerageza no gusubira inyuma mu myambarire ku rugero nk’urwo mu myaka 10 yatambutse.

Nta mishinga akigira

Ntagiteganya aho gukorera ibiruhuko ! Nta gitekerezo cyo kugura indi modoka ; yumva kubyara undi mwana atari ngombwa. Ibi byose ni ibigaragaza ko uwo mwashakanye arambiwe kubana nawe.

Nta na kimwe mukora mufatanyije

Ibihe byiza mwagiranye urabyibuka bikagutera agahinda ; arifata akareba televiziyo wenyine mu cyumba ; akajya gusura inshuti ze wenyine. Ni nk’aho yakakubwiye ko gusohokana nawe nta gaciro bigifite, ko ukwiye kuguma mu rugo ukita ku bana n’amatungo.

Aragigimiza/arya indimi, ibyo avuga ntibyumvikane

Urugero ni igihe umutunguye, ukamufatana kapote, ibirungo abakobwa bisiga ku munwa byamufashe ku ishati ; fagitire yishyuriyeho ibyo baririye muri resitora, …aho kwemera ikosa, akarakara cyane, agacurikiranya amagambo yisobanura, agahimbahimba aho byaturutse ariko ntabashe kwisobanura neza.

Atanga ibisobanuro byinshi bikabije, afite indi nshuti magara nshya

Yishakiye indi nshuti magara y’umugabo bajyana muri siporo, bagasangira ikirahuri, bakandikirana ubutumwa bugufi, n’ibindi. Mbese mu buzima bwe busanzwe hinjiyemo undi muntu wowe utazi uko byagenze. Gusa uzagenzure neza kuko hari ubwo uwo mugabo yaba ari uwo kugukinga mu maso, bagera iyo bagiye akifatira undi mukobwa ushobora kuba akurusha uburanga.

Mu gitabo “L’infidélité”, umwanditsi Yvon Dallaire, we atanga ibisobanuro byinshi bitandukanye ariko uko biri kose umenye neza ko gucana inyuma hagati y’abashakanye ari byo biza ku isonga mu mpamvu zituma abashakanye batandukana muri Amerika.

-6724.jpg

Niba rero utazi iko wabyitwaramo umufasha wawe umufatiye mu cyuho aguca inyuma, dore inama : ugomba kugira ukwihangana mu kababaro uterwa no kuba yaguciye inyuma, kuko wenda bishoboka ko wagize uruhare mu kuraruka kwe. Uzamubwize ukuri, n’ubwo ibyabaye bishobora kutibagirana muri wowe, yewe waba unabyibitse bikakubabaza.

Source : Rwandapaparazzi

2017-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Umusirikare wa Congo uherutse gufatirwa mu Rwanda yasubijwe iwabo

Umusirikare wa Congo uherutse gufatirwa mu Rwanda yasubijwe iwabo

Ubwanditsi 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe ane agomba gukina imikino ya 1/2 cy’irangiza hashakwa amakipe azakina ikiciro cyambere 2021-2022 ararara amenyekanye
Amakuru

Amakipe ane agomba gukina imikino ya 1/2 cy’irangiza hashakwa amakipe azakina ikiciro cyambere 2021-2022 ararara amenyekanye

Ubwanditsi 06 Oct 2021
Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC
Mu Mahanga

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Abakobwa Bose Bashaka Guhatanira Ikamba Ryo Kuba Miss Rwanda 2018 Kwiyandikisha Byatangiye 
SHOWBIZ

Abakobwa Bose Bashaka Guhatanira Ikamba Ryo Kuba Miss Rwanda 2018 Kwiyandikisha Byatangiye 

Ubwanditsi 15 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru