• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Ubwanditsi 17 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Ikipe y’Abangavu ba Uganda yaraye ibonye itike yo gukina imikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 16 (Afrobasket U-16) izabera mu Rwanda muri Kanama 2019 nyuma yo gutsinda iya Tanzania mu wundi mukino wahuje amakipe yombi kuri uyu wa Gatanu amanota 78-36.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino y’Akarere ka Gatanu yatangiye ku wa Mbere, rufite itike yo gukina imikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika cy’Abangavu batarengeje imyaka 16 kuko na cyo kizabera i Kigali guhera tariki ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 4 Kanama 2019.

Tanzania na Uganda zayitabiriye ngo zishakemo ikipe izahagararira Akarere muri iyo mikino itegerejwe muri Kanama 2019.

Aya makipe yahuriye mu mukino wa kabiri, wari uwa nyuma kuri Tanzania yuzuzaga imikino ine muri iri rushanwa mu gihe Uganda yo yakinaga uwa gatatu.

Muri uyu mukino wabereye kuri Petit Stade ku wa 14 Kamena 2019, Uganda yasubiriye Tanzania ku nshuro ya kabiri, iyitsinda amanota 78-36, ishimangira kubona itike yo gukina FIBA Africa U-16 izabera i Kigali n’ubwo isigaje umukino umwe ihuramo n’u Rwanda.

Maria Najjuma wa Uganda yatsinze amanota 35 muri uyu mukino, mugenzi we Aber Lamutu Shillah atsinda 21 mu gihe Sailepu Anna wa Tanzania yatsinzemo amanota 17.

Gutsinda uyu mukino byafashije Uganda kugira amanota atandatu mu mikino itatu imaze gukina idatsindwa ndetse ikatisha itike yo guhagararira Akarere ka Gatanu kuko Tanzania ifite amanota ane mu mikino ine yakinnye.

Iyi mikino irasozwa kuri uyu wa Gatandatu, aho u Rwanda rwa kabiri n’amanota ane mu mikino itatu ruhura na Uganda mu mukino wa kabiri hagati y’amakipe yombi, uteganyijwe saa 17:00 muri Petit Stade i Remera. Uganda yari yatsinze u Rwanda amanota 63-55.

Ikipe y’Igihugu y’Ingimbi na yo irakina na Uganda mu wundi mukino wa kabiri uba saa 19:00, aho igomba kuwutsinda cyangwa igatsindwa ku kinyuranyo kiri munsi y’amanota 60 kugira ngo yizere kuzakina imikino ya nyuma ya Afrobasket 2019 izabera mu Mujyi wa Praia muri Cap-Vert.

U Rwanda rwari rwatsinze Uganda amanota 96-36 mu mukino wabaye ku wa Gatatu.

 

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda barahurira mu mukino usoza imikino ya Zone V kuri uyu wa Gatandatu

 

Uganda yabonye itike yo gukina Afrobasket 2019 izabera i Kigali

 

2019-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Ubwanditsi 12 Nov 2021
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ubwanditsi 19 Jul 2016
Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Ubwanditsi 09 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)
POLITIKI

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017
APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze
Amakuru

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

Ubwanditsi 05 Apr 2022
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.
Amakuru

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Ubwanditsi 30 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru