• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Kagame yahawe umwambaro wa Paul Pogba

Perezida Kagame yahawe umwambaro wa Paul Pogba

Ubwanditsi 18 May 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahawe umwambaro w’umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Paul Pogba, ubwo yari mu kiganiro yagiranye n’abagize Umuryango Young Presidents Organisation (YPO) bo mu Bufaransa.

Perezida Kagame uri mu ruzinduko i Paris mu Bufaransa, yahuye n’abari muri YPO, Umuryango Mpuzamahanga ugizwe n’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bagera ku 27 000 baturuka mu bihugu 130 ku Isi.

Umukuru w’Igihugu yasabye abikorera bo mu Bufaransa gushora imari yabo mu Rwanda, avuga ko nyuma y’ibihe byaranze umubano w’ibihugu byombi, bidakwiye ko ukomeza kugendera ku mateka y’ahahise.

Muri ibyo biganiro Perezida Kagame akaba yarashyikirijwe impano y’umwambaro w’umukinnyi w’u Bufaransa, Paul Pogba, umwe mu bafashije iki gihugu kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2018 cyabereye mu Burusiya mu mwaka ushize.

Uwari ubiyoboye yavuze ko hari impano yifuza guha Perezida Kagame. Ati “Ni iby’agaciro kubana na we uyu munsi. Ndashaka kuguha impano idasanzwe, yatanzwe n’umuntu witwa Paul. Abakinnyi batanga imyenda basinyeho.’’

Umukuru w’Igihugu yahise amubwira ko ‘azayibika neza’ ariko asabwa kuyifungurira mu ruhame.

Perezida Kagame yayifunguye, akuramo umwambaro wa Paul Pogba yambara mu Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ‘Les Bleus’ wanditseho nimero esheshatu mu mugongo.

Yahise abashimira ati “Murakoze cyane. Muze kumunshimirira (Pogba).’’

Abakinnyi bakomeye ku Isi batanga imyenda yabo, ikagurishwa n’Umuryango wa YPO mu gukusanya inkunga yo gufasha abana barwariye mu bitaro, n’abari mu kaga.

Paul Pogba w’imyaka 26, ni Umufaransa ukinira Manchester United yo mu Bwongereza, ndetse ni umukinnyi wahenze mu mateka ya ruhago, aho yaguzwe agera kuri miliyoni €105 ubwo yari avuye muri Juventus de Turin mu 2016.

Perezida Kagame yahawe umwambaro wa Paul Pogba

Perezida Kagame yahuye n’abagize Umuryango Young Presidents Organisation bo mu Bufaransa

Paul Pogba uri mu bakinnyi bahenze ku Isi, ni umwe mu bakinnyi b’u Bufaransa begukanye Igikombe cy’Isi cya 2018

2019-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20

U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20

RUSHYASHYA 09 May 2026
CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

Ubwanditsi 02 Mar 2021
Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Police FC yasinyishije abakinnyi 3 bashya barimo Migi, inongerera amasezerano Rutanga Eric na Patrick Sibomana, abarimo Tuyisenge Jeacques barategerejwe

Police FC yasinyishije abakinnyi 3 bashya barimo Migi, inongerera amasezerano Rutanga Eric na Patrick Sibomana, abarimo Tuyisenge Jeacques barategerejwe

Ubwanditsi 26 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 17 May 2016
Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo  ibirindiro  mbere yo kubohora Igihugu
Mu Rwanda

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo ibirindiro mbere yo kubohora Igihugu

Ubwanditsi 01 Aug 2017
Me Bernard NTAGANDA  yaraye asohowe ikubagahu  n’aba Sécurité ba TOPSEC.
Mu Rwanda

Me Bernard NTAGANDA yaraye asohowe ikubagahu n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Ubwanditsi 28 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru