• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Ubwanditsi 24 Sep 2023 Amakuru, HIRYA NO HINO, UBUZIMA

Hano mu Rwanda, Leta n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo ibigo birengera abana nka NCDA, Ministeri y’Ubuzima, Iy’ubuhinzi n’ubworozi, Imiryango itari iya Leta y’u Rwanda nka USAID binyuze mu mishinga yayo nka Orora wihaze n’abandi bahagurukiye gushishikariza abanyarwanda kurya amagi byibura rimwe ku munsi kubera intungamubiri ziyagize (amagi) bityo bituma harandurwa indwara zituruka ku mirire mibi ndetse no kurwanya igwingira.

Reka turebere hamwe ibyiza byo kurya igi rimwe ku munsi

Ubushakashatsi butandukanye bwagiye bwerekana ko igi rifite akamaro kenshi mu mubiri w’umuntu aho ubushakashatsi buheruka bwasanze noneho igi rishobora kuvura zimwe mu ndwara z’umutima aho buvuga ko kurirya bifitiye akamaro imijyana ku bantu bakuze, aha rero abahanga bavuga ko kurya igi rimwe ku munsi bigabanya ibyago byo kurwara umutima ku cyigero cya 12%.

Bitewe n’ibyubaka umubiri igi ryifitemo, uwaririye bimufasha kongerera ubudahangarwa ya mijyana twavuze haruguru ndetse no kwinjiza umwuka mwiza. Muri ubu bushakashatsi kandi abahanga bavuga ko igi rimwe gusa rifasha mu kugabanya indwara zifata imigarura y’amaraso ku kigero kingana na 3 kugeza ku 10%.

Mu bundi bushakashatsi bwashyizwe mu kinyamakuri Le journal medical mu mwaka wa 2018, buvuga ko abahanga basuzumye imirire y’abantu bageze mu za bukuru bangana n’ibihumbi 416000 basanga aba bantu bose kuko bari bafite uko barya amagi buri munsi, mu myaka 9 yonyine baje gusanga batagaragaraho indwara nka diabete ndetse n’umutima.

Ikindi ubu bushakashatsi bwagaragaje ni uko abantu basanzwe bafata igi rimwe ku munsi baba bafite ibyago bicye byo gupfa vuba ku cyigero cya 28% ndetse bakaba banafite ibyago bicye byo kurwara indwara zifata umutima ku cyigero cya 18%.

Burya ngo umuhondo w’igi wifitemo cholesterol ihagije umubiri w’umuntu ukenera buri munsi, si ibyo gusa kandi, igi ryifitemo vitamin zitandukanye nka vitamin,A, D, E, B5, B9 ndetse na B12 kandi rifasha umuntu kugira amaso abona neza ubundi rigafasha ubwonko gukora neza.

Icyitonderwa: Si byiza kurya igi rirenze rimwe kuko bitewe n’intungamubiri nyinshi zirigize bishobora gutera ibibazo mu mpyiko ugasanga umuntu aguwe nabi. Ikindi ni uko abagore batwite bakwiye kujya birira umuhondo w’igi kuko umweru waryo ushobora kubagiraho ingaruka zitandukanye.

Gira ubuzima bwiza ufata igi rimwe ku munsi

2023-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ubwanditsi 22 Dec 2020
Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

Ubwanditsi 24 Jul 2025
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Ubwanditsi 08 Jun 2021
Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo
POLITIKI

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Perezida  JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu
Mu Rwanda

Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Ubwanditsi 19 Dec 2016
HRW yongeye guhamagarira Loni na RDC guta muri yombi Mudacumura wa FDLR
ITOHOZA

HRW yongeye guhamagarira Loni na RDC guta muri yombi Mudacumura wa FDLR

Ubwanditsi 13 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru