• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Geoffrey Wamala, watawe muri yombi n’igipolisi cya Uganda nk’umwe mu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umuhanzi Mozey Radio, yatunze urutoki nyiri akabari, De Bar, gaherereye Entebbe amushinja kuba ari we wateguye iyicwa ry’uyu muhanzi wasezeye ku Isi mu ntangiriro z’uku kwezi.

Kuri uyu wa gatandatu ushize nibwo Wamala yatawe muri yombi afatiwe ahitwa Kyengera aho yari amaze hafi icyumweru yihishe. Yahise ajyanwa kuri station ya polisi ya Katwe yongera kuhavanwa ajyanwa kuri station ya polisi ya Entebbe aho ari guhatirwa ibibazo.

Amakuru yizewe urubuga rwa Spyreports rukesha bamwe mu bapolisi bakomeje gukurikirana iki kibazo, avuga ko ubwo Wamala yatabwaga muri yombi, yabwiye igipolisi uko George Egesa nyiri akabari, De Bar, yagambaniye Radio ngo yicwe.

Wamala ngo yanavuze ukuntu umunsi Mozey Radio yiciweho, Egesa abinyujije ku nshuti ye, Pamela, uyu akaba yari n’inshuti ya Radio, yahamagaye Radio ku kabari ken go barangizanye ibibazo bari bafitanye.

Bikavugwa ko uyu Egesa, anacuruza ibikoresho by’ubwubatsi akaba yaranahaye Radio bimwe mu bikoresho yakoresheje yubaka amazu ye ari Entebbe.

Amakuru aturuka ku bantu begereye uyu Egesa nayo akaba avuga ko Radio yari yaranze kwishura Egesa akamusaba kuza gucurangira mu kabari ke mu rwego rwo kurangiza ideni yari amufitiye.

Bikaba binavugwa ko Radio Atari yarigeze akandagira muri De Bar akaba yarahiciwe ari ubwa mbere yari ahageze.

Ubwo yahageraga rero ngo Radio yatangiye gusuzugura aka kabari ndetse anavuga ko nta gitaramo yakorera mu kabari gaciriritse nk’ako nk’uko byemezwa n’umwe mu bantu bari bari muri ako kabari.

Uyu yongeyeho ko nyuma y’amasaha nk’abiri, Egesa, Pamela n’abandi bantu bane batangiye kugirana ibiganiro na Radio bigamije kumvushisha Radio kuzakorera igitaramo muri aka kabari.

Muri iyo nama bivugwa ko Radio yanze kuzakora igitaramo avuga ko ari akabari gaciriritse katashobora kwakira umuhanzi w’icyamamare nkawe aho ngo yanakomeje agira ati: “Nta n’umuntu urimo gufata n’icupa rya Red label none urashaka ko niyerekana hano.”

Uwo n’umwe mu bumvise Radio avuga gutyo wongeraho ko Radio yahise abwira Egesa ko yakorera igitaramo aho gusa ari uko ahawe miliyoni 5 z’amashilingi akazana n’itsinda rye.

Egesa ngo yahise arakara yahise asaba umuseriveri (waiter) guha Radio icupa rya Red lebel ari bwishyure mu gihe inama yari ikomeje. Mu gihe inama yari ikomeje, Radio ngo yaje gusinda amena inzoga kuri Egesa n’abandi bashyitsi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

Bivugwa rero ko Egesa yahise ahaguruka agatera ingumi inshuro 2 Radio, agahita asaba Wamala kumusohora.

Geoffrey Wamala, mu mapingu, ni umwe mu bahitanye Radio

Abapolisi bavuga ko Wamala yasobanuye ko ku mabwiriza ya boss we, Egesa, yasunitse Radio akikubita hasi, akamukubita ibipfunsi bya nyabyo nyuma akajya kumujugunya hanze y’akabari.

Wamala yakomeje avuga ko nyuma yo kubona ko Radio agiye muri comma, yabwiye aba bouncers bose barimo na Wamala guhita bahunga bakava aho kugirango polisi itabata muri yombi nk’abatangabuhamya.

Ngo bahise bahava ubwo polisi yahageraga yahasanze Egesa wenyine n’undi mu bouncer umwe witwa Lukete Xavier utari wagize uruhare muri ibyo bintu.

Luke Owoyesigire, umuvugizi w’igipolisi muriKampala, yavuze ko kugeza ubu bamaze guta muri yombi abantu bane bose bashinjwa icyaha cy’ubwicanyi.

 

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Ubwanditsi 05 Jan 2020
Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Ubwanditsi 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isari isumbye iseseme: Na Jenerali Habyarimana ashakiye ibirayi kuri YouTube!
Amakuru

Isari isumbye iseseme: Na Jenerali Habyarimana ashakiye ibirayi kuri YouTube!

Ubwanditsi 20 Aug 2024
Minisitiri w’Intebe wa Autriche yageze mu Rwanda
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe wa Autriche yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera
INKURU NYAMUKURU

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru