• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Geoffrey Wamala, watawe muri yombi n’igipolisi cya Uganda nk’umwe mu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umuhanzi Mozey Radio, yatunze urutoki nyiri akabari, De Bar, gaherereye Entebbe amushinja kuba ari we wateguye iyicwa ry’uyu muhanzi wasezeye ku Isi mu ntangiriro z’uku kwezi.

Kuri uyu wa gatandatu ushize nibwo Wamala yatawe muri yombi afatiwe ahitwa Kyengera aho yari amaze hafi icyumweru yihishe. Yahise ajyanwa kuri station ya polisi ya Katwe yongera kuhavanwa ajyanwa kuri station ya polisi ya Entebbe aho ari guhatirwa ibibazo.

Amakuru yizewe urubuga rwa Spyreports rukesha bamwe mu bapolisi bakomeje gukurikirana iki kibazo, avuga ko ubwo Wamala yatabwaga muri yombi, yabwiye igipolisi uko George Egesa nyiri akabari, De Bar, yagambaniye Radio ngo yicwe.

Wamala ngo yanavuze ukuntu umunsi Mozey Radio yiciweho, Egesa abinyujije ku nshuti ye, Pamela, uyu akaba yari n’inshuti ya Radio, yahamagaye Radio ku kabari ken go barangizanye ibibazo bari bafitanye.

Bikavugwa ko uyu Egesa, anacuruza ibikoresho by’ubwubatsi akaba yaranahaye Radio bimwe mu bikoresho yakoresheje yubaka amazu ye ari Entebbe.

Amakuru aturuka ku bantu begereye uyu Egesa nayo akaba avuga ko Radio yari yaranze kwishura Egesa akamusaba kuza gucurangira mu kabari ke mu rwego rwo kurangiza ideni yari amufitiye.

Bikaba binavugwa ko Radio Atari yarigeze akandagira muri De Bar akaba yarahiciwe ari ubwa mbere yari ahageze.

Ubwo yahageraga rero ngo Radio yatangiye gusuzugura aka kabari ndetse anavuga ko nta gitaramo yakorera mu kabari gaciriritse nk’ako nk’uko byemezwa n’umwe mu bantu bari bari muri ako kabari.

Uyu yongeyeho ko nyuma y’amasaha nk’abiri, Egesa, Pamela n’abandi bantu bane batangiye kugirana ibiganiro na Radio bigamije kumvushisha Radio kuzakorera igitaramo muri aka kabari.

Muri iyo nama bivugwa ko Radio yanze kuzakora igitaramo avuga ko ari akabari gaciriritse katashobora kwakira umuhanzi w’icyamamare nkawe aho ngo yanakomeje agira ati: “Nta n’umuntu urimo gufata n’icupa rya Red label none urashaka ko niyerekana hano.”

Uwo n’umwe mu bumvise Radio avuga gutyo wongeraho ko Radio yahise abwira Egesa ko yakorera igitaramo aho gusa ari uko ahawe miliyoni 5 z’amashilingi akazana n’itsinda rye.

Egesa ngo yahise arakara yahise asaba umuseriveri (waiter) guha Radio icupa rya Red lebel ari bwishyure mu gihe inama yari ikomeje. Mu gihe inama yari ikomeje, Radio ngo yaje gusinda amena inzoga kuri Egesa n’abandi bashyitsi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

Bivugwa rero ko Egesa yahise ahaguruka agatera ingumi inshuro 2 Radio, agahita asaba Wamala kumusohora.

Geoffrey Wamala, mu mapingu, ni umwe mu bahitanye Radio

Abapolisi bavuga ko Wamala yasobanuye ko ku mabwiriza ya boss we, Egesa, yasunitse Radio akikubita hasi, akamukubita ibipfunsi bya nyabyo nyuma akajya kumujugunya hanze y’akabari.

Wamala yakomeje avuga ko nyuma yo kubona ko Radio agiye muri comma, yabwiye aba bouncers bose barimo na Wamala guhita bahunga bakava aho kugirango polisi itabata muri yombi nk’abatangabuhamya.

Ngo bahise bahava ubwo polisi yahageraga yahasanze Egesa wenyine n’undi mu bouncer umwe witwa Lukete Xavier utari wagize uruhare muri ibyo bintu.

Luke Owoyesigire, umuvugizi w’igipolisi muriKampala, yavuze ko kugeza ubu bamaze guta muri yombi abantu bane bose bashinjwa icyaha cy’ubwicanyi.

 

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Gen Muhoozi mu gahinda yetewe n’urupfu rw’umuhanzi Radio

Gen Muhoozi mu gahinda yetewe n’urupfu rw’umuhanzi Radio

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Mushikiwabo yagishije inama Abdou Diouf wamaze imyaka 12 ku mwanya ari guhatanira muri OIF

Mushikiwabo yagishije inama Abdou Diouf wamaze imyaka 12 ku mwanya ari guhatanira muri OIF

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Ubwanditsi 15 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!
Amakuru

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023
“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid
SHOWBIZ

“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid

Ubwanditsi 14 May 2018
Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya
HIRYA NO HINO

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Ubwanditsi 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru