• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Geoffrey Wamala, watawe muri yombi n’igipolisi cya Uganda nk’umwe mu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umuhanzi Mozey Radio, yatunze urutoki nyiri akabari, De Bar, gaherereye Entebbe amushinja kuba ari we wateguye iyicwa ry’uyu muhanzi wasezeye ku Isi mu ntangiriro z’uku kwezi.

Kuri uyu wa gatandatu ushize nibwo Wamala yatawe muri yombi afatiwe ahitwa Kyengera aho yari amaze hafi icyumweru yihishe. Yahise ajyanwa kuri station ya polisi ya Katwe yongera kuhavanwa ajyanwa kuri station ya polisi ya Entebbe aho ari guhatirwa ibibazo.

Amakuru yizewe urubuga rwa Spyreports rukesha bamwe mu bapolisi bakomeje gukurikirana iki kibazo, avuga ko ubwo Wamala yatabwaga muri yombi, yabwiye igipolisi uko George Egesa nyiri akabari, De Bar, yagambaniye Radio ngo yicwe.

Wamala ngo yanavuze ukuntu umunsi Mozey Radio yiciweho, Egesa abinyujije ku nshuti ye, Pamela, uyu akaba yari n’inshuti ya Radio, yahamagaye Radio ku kabari ken go barangizanye ibibazo bari bafitanye.

Bikavugwa ko uyu Egesa, anacuruza ibikoresho by’ubwubatsi akaba yaranahaye Radio bimwe mu bikoresho yakoresheje yubaka amazu ye ari Entebbe.

Amakuru aturuka ku bantu begereye uyu Egesa nayo akaba avuga ko Radio yari yaranze kwishura Egesa akamusaba kuza gucurangira mu kabari ke mu rwego rwo kurangiza ideni yari amufitiye.

Bikaba binavugwa ko Radio Atari yarigeze akandagira muri De Bar akaba yarahiciwe ari ubwa mbere yari ahageze.

Ubwo yahageraga rero ngo Radio yatangiye gusuzugura aka kabari ndetse anavuga ko nta gitaramo yakorera mu kabari gaciriritse nk’ako nk’uko byemezwa n’umwe mu bantu bari bari muri ako kabari.

Uyu yongeyeho ko nyuma y’amasaha nk’abiri, Egesa, Pamela n’abandi bantu bane batangiye kugirana ibiganiro na Radio bigamije kumvushisha Radio kuzakorera igitaramo muri aka kabari.

Muri iyo nama bivugwa ko Radio yanze kuzakora igitaramo avuga ko ari akabari gaciriritse katashobora kwakira umuhanzi w’icyamamare nkawe aho ngo yanakomeje agira ati: “Nta n’umuntu urimo gufata n’icupa rya Red label none urashaka ko niyerekana hano.”

Uwo n’umwe mu bumvise Radio avuga gutyo wongeraho ko Radio yahise abwira Egesa ko yakorera igitaramo aho gusa ari uko ahawe miliyoni 5 z’amashilingi akazana n’itsinda rye.

Egesa ngo yahise arakara yahise asaba umuseriveri (waiter) guha Radio icupa rya Red lebel ari bwishyure mu gihe inama yari ikomeje. Mu gihe inama yari ikomeje, Radio ngo yaje gusinda amena inzoga kuri Egesa n’abandi bashyitsi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

Bivugwa rero ko Egesa yahise ahaguruka agatera ingumi inshuro 2 Radio, agahita asaba Wamala kumusohora.

Geoffrey Wamala, mu mapingu, ni umwe mu bahitanye Radio

Abapolisi bavuga ko Wamala yasobanuye ko ku mabwiriza ya boss we, Egesa, yasunitse Radio akikubita hasi, akamukubita ibipfunsi bya nyabyo nyuma akajya kumujugunya hanze y’akabari.

Wamala yakomeje avuga ko nyuma yo kubona ko Radio agiye muri comma, yabwiye aba bouncers bose barimo na Wamala guhita bahunga bakava aho kugirango polisi itabata muri yombi nk’abatangabuhamya.

Ngo bahise bahava ubwo polisi yahageraga yahasanze Egesa wenyine n’undi mu bouncer umwe witwa Lukete Xavier utari wagize uruhare muri ibyo bintu.

Luke Owoyesigire, umuvugizi w’igipolisi muriKampala, yavuze ko kugeza ubu bamaze guta muri yombi abantu bane bose bashinjwa icyaha cy’ubwicanyi.

 

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Ubwanditsi 28 Jun 2024
Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Ubwanditsi 14 May 2018
Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Ubwanditsi 10 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera
IMIKINO

U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi
Mu Mahanga

Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Abanyarwanda bajya muri Congo-Brazzaville bazajya bahererwa viza ku mipaka
UBUKERARUGENDO

Abanyarwanda bajya muri Congo-Brazzaville bazajya bahererwa viza ku mipaka

Ubwanditsi 17 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru