• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

Ubwanditsi 13 Dec 2023 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Imikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda izwi nka Rwanda Premier League yaraye isojwe ku makipe amwe n’amwe dore ko kuri uyu wa gatatu aribwo hateganyijwe umukino umwe uribusoze imikino 15 yakinwe kuri buri kipe.

Ni imikino irangiye isize ikipe y’ingabo y’igihugu ya APR FC ihagaze ku mwanya wa mbere ikaba iyoboye izindi kipe, ni ikipe isoze iki gice kibanza ifite amanota 33 mu mikino 15 yakinnye, iyi kipe ikaba yaratsinze imikino icyenda inganya imikino itandatu.

Ibyo gusoza iyoboye ikipe ya APR FC yabishamingiye ku wa mbere w’iki cyumweru yatsinze Amagaju FC ibitego 3-0, indi mikino y’andi makipe yo ikaba yarakinwe kuri uyu wa kabiri ku bibuga bitandukanye.

Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Police FC yaraye itsinze Musanze FC ibitego 3-0 byatsinzwe na Hakizimana Muhadjiri watsinze ibitego 2 naho ikindi gitsindwa na Bigirimana Abedi, ibi byashimangiye ko ikipe ya Police FC isoje igice kibanza cy’iyi mikino iri ku mwanya wa kabiri ikaba ikurikiwe na Musanze FC.

Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium wakurikiwe n’uwahuje ikipe ya Rayon Sports yari yasuye ikipe ya Kiyovu SC, ni umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe.

Ku ruhande rwa Kiyovu Sports, ni igitego cyatsinzwe na Cherif Bayo ku munota wa 12 w’umukino cyishyurwa na Ngendahimana Eric ku munota wa 88 w’umukino, bityo urangira amakipe yombi anganyije kimwe kuri kimwe.

Kunganya kw’aya makipe byatumye ikipe ya Rayon Sports isoje imikino ibanza iri kumwanya wa Kane n’amanota 27, naho ikipe ya Kiyovu SC iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 21.

Mukura VS i Huye yaraye itsinzwe n’ikipe ya Gorilla FC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Habimana Yves, mu yindi mikino ikipe ya Bugesera FC yatsinze Etoile de l’Est ibitego bibiri ku busa.

Ikipe ya Marines FC yaraye iganyije na Sunrise FC igitego kimwe kuri kimwe naho Muhazi United inganya na AS Kigali ubusa ku busa.

Umukino umwe utegerjwe ngo imikino ibanza ishyirweho akadomo ni uri buhuze ikipe ya Etincelles FC kuri Sitade Umuganda yakira ikipe ya Gasogi United.

Nyuma yaho imikino imwe irangiye y’igice kibanza, ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko imikino yo kwishyura mu mwaka w’imikino wa 2023-2024 izakinwa guhera ku itariki ya 12 Mutarama 2024.

2023-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023
­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose  bagatsinda umukino wa mbere

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose bagatsinda umukino wa mbere

Ubwanditsi 14 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka
Mu Rwanda

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura
Amakuru

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ubwanditsi 21 Jan 2022
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus
IKORANABUHANGA

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru