• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

Ubwanditsi 13 Dec 2023 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Imikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda izwi nka Rwanda Premier League yaraye isojwe ku makipe amwe n’amwe dore ko kuri uyu wa gatatu aribwo hateganyijwe umukino umwe uribusoze imikino 15 yakinwe kuri buri kipe.

Ni imikino irangiye isize ikipe y’ingabo y’igihugu ya APR FC ihagaze ku mwanya wa mbere ikaba iyoboye izindi kipe, ni ikipe isoze iki gice kibanza ifite amanota 33 mu mikino 15 yakinnye, iyi kipe ikaba yaratsinze imikino icyenda inganya imikino itandatu.

Ibyo gusoza iyoboye ikipe ya APR FC yabishamingiye ku wa mbere w’iki cyumweru yatsinze Amagaju FC ibitego 3-0, indi mikino y’andi makipe yo ikaba yarakinwe kuri uyu wa kabiri ku bibuga bitandukanye.

Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Police FC yaraye itsinze Musanze FC ibitego 3-0 byatsinzwe na Hakizimana Muhadjiri watsinze ibitego 2 naho ikindi gitsindwa na Bigirimana Abedi, ibi byashimangiye ko ikipe ya Police FC isoje igice kibanza cy’iyi mikino iri ku mwanya wa kabiri ikaba ikurikiwe na Musanze FC.

Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium wakurikiwe n’uwahuje ikipe ya Rayon Sports yari yasuye ikipe ya Kiyovu SC, ni umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe.

Ku ruhande rwa Kiyovu Sports, ni igitego cyatsinzwe na Cherif Bayo ku munota wa 12 w’umukino cyishyurwa na Ngendahimana Eric ku munota wa 88 w’umukino, bityo urangira amakipe yombi anganyije kimwe kuri kimwe.

Kunganya kw’aya makipe byatumye ikipe ya Rayon Sports isoje imikino ibanza iri kumwanya wa Kane n’amanota 27, naho ikipe ya Kiyovu SC iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 21.

Mukura VS i Huye yaraye itsinzwe n’ikipe ya Gorilla FC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Habimana Yves, mu yindi mikino ikipe ya Bugesera FC yatsinze Etoile de l’Est ibitego bibiri ku busa.

Ikipe ya Marines FC yaraye iganyije na Sunrise FC igitego kimwe kuri kimwe naho Muhazi United inganya na AS Kigali ubusa ku busa.

Umukino umwe utegerjwe ngo imikino ibanza ishyirweho akadomo ni uri buhuze ikipe ya Etincelles FC kuri Sitade Umuganda yakira ikipe ya Gasogi United.

Nyuma yaho imikino imwe irangiye y’igice kibanza, ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko imikino yo kwishyura mu mwaka w’imikino wa 2023-2024 izakinwa guhera ku itariki ya 12 Mutarama 2024.

2023-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

album ya  The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

album ya The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2019
Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Ubwanditsi 23 Oct 2019
“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Ubwanditsi 20 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere
ITOHOZA

U Rwanda n’u Butaliyani mu bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere

Ubwanditsi 24 Jun 2018
U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda

Ubwanditsi 26 Dec 2019
Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025
Amakuru

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Ubwanditsi 04 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru