• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela
A M23 rebel in the streets of Goma.

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Ubwanditsi 15 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Mu kiganiro na kimwe mu kinyamakuru gikorera mu Rwanda , umuhuzabikorwa wa M23, Maître Elie Mutela yatangaje ko umutwe ahagarariye uteze amaso ishyirwa mu bikorwa ry’ ibyemezo byafashwe mu biganiro by’ amahoro byabereye I  Nairobi.

Muri ibi biganiro ,Guverinoma ya Kinshasa yari yiyemeje kugarura umutekano mu Burasirazuba ndetse no gushakisha uburyo abarwanyi bo mu mitwe yahoze yitwara gisirikare bashyira hasi intwaro bakanasubizwa mu buzima busanzwe.

Ku bijyanye n’ uburyo Leta ya Kinshasa yaba yari itwaye mu kubahiriza amasezerano y’ i Nairobi amaze imyaka 4, Me. Elie Mutela asanga ntacyo Leta ya Kabila yakoze ahubwo imyanzuro yose yarirengagijwe.

Yagize ati «  80% by’ abagenzi bacu ba M23 bagombaga gukurirwaho ibihano ndetse n’ abandi benshi bari bafunze bakarekurwa ariko ntibyakozwe ahubwo Leta yakoresheje imbaraga icura abahunze ku ngufu binyuranye n’ amategeko ».

Akomeza avuga kandi 75%  y’ ibintu byatumye M23 ifata intwaro bitigeze byubahirizwa harimo gucura impunzi n’ ibindi bishingiye ku karengane kagiye gakorerwa abaturage.

Kuri iyi ngingo , M23 isaba ko Umuryango Mpuzamahanga n’ ayandi mashyirahamwe y’ ibihugu byo mu Karere byakora iyo bwabaga mu kumvisha Guverinoma ya Congo-Kinshasa ko igihe kigeze.

Me, Mutela yabajijwe niba mu gihe Leta ya Joseph Kabila idakemuye ikibazo cyabo kuneza bakongera gufata intwaro asubiza ko umutwe avuganira ubu udafite intego zo kongera kurwana kubera ko ngo wifuza kubaka no guharanira umutekano mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa.

Ati “Si umutekano gusa twifuza ahubwo gusana ibyangijwe n’ intambara, gufatanya n’ abandi mu guhashya imitwe yose yitwara gisirikare , guteza imbere ubumwe n’ umubano w’ abaturage no  gucura impunzi nibyo dushyize imbere mu gufatanya n’ abandi duhuje umugambi”.

Me. Mutela yanashimangiye kandi ko congire ya M23 iteganyijwe ishobora guhitamo ko uyu mutwe wava muri politiki ahubwo ikaba umuryango nyunguranabwenge wajya ufasha abanyapolitiki mu bitekerezo  byubaka igihugu.

Umutwe wa gisirikare washinzwe n’ abanyekongo bavuga ururimi rw’ ikinyarwanda ku itariki ya 23 Werurwe 2009 bahota bawita M23.

Uyu mutwe waje kwamamara cyane nyuma yo kunesha ingabo za Congo-Kinshasa no gufata umujyi wa Goma mu mwaka w’ I 2012 bikaza kurangira M23 isubiye inyuma ibitegetswe na Loni.

M23 yakomeje kurwana mu Ntara ya Kivu y’ Amajyarugu kugeza ubwo Loni yahisemo kohereza ingabo mpuzamahanga Monusco muri ako karere zigamije guhashya imitwe yose yitwara gisirikare.

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Ubwanditsi 01 Jun 2023
Uganda: Abanyaburayi babiri basanzwe bapfiriye mu mahoteli 2 akomeye muri Kampala

Uganda: Abanyaburayi babiri basanzwe bapfiriye mu mahoteli 2 akomeye muri Kampala

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi

Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi

Ubwanditsi 21 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports
IMIKINO

APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.
Amakuru

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Ubwanditsi 23 May 2021
Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru