• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela
A M23 rebel in the streets of Goma.

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Ubwanditsi 15 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Mu kiganiro na kimwe mu kinyamakuru gikorera mu Rwanda , umuhuzabikorwa wa M23, Maître Elie Mutela yatangaje ko umutwe ahagarariye uteze amaso ishyirwa mu bikorwa ry’ ibyemezo byafashwe mu biganiro by’ amahoro byabereye I  Nairobi.

Muri ibi biganiro ,Guverinoma ya Kinshasa yari yiyemeje kugarura umutekano mu Burasirazuba ndetse no gushakisha uburyo abarwanyi bo mu mitwe yahoze yitwara gisirikare bashyira hasi intwaro bakanasubizwa mu buzima busanzwe.

Ku bijyanye n’ uburyo Leta ya Kinshasa yaba yari itwaye mu kubahiriza amasezerano y’ i Nairobi amaze imyaka 4, Me. Elie Mutela asanga ntacyo Leta ya Kabila yakoze ahubwo imyanzuro yose yarirengagijwe.

Yagize ati «  80% by’ abagenzi bacu ba M23 bagombaga gukurirwaho ibihano ndetse n’ abandi benshi bari bafunze bakarekurwa ariko ntibyakozwe ahubwo Leta yakoresheje imbaraga icura abahunze ku ngufu binyuranye n’ amategeko ».

Akomeza avuga kandi 75%  y’ ibintu byatumye M23 ifata intwaro bitigeze byubahirizwa harimo gucura impunzi n’ ibindi bishingiye ku karengane kagiye gakorerwa abaturage.

Kuri iyi ngingo , M23 isaba ko Umuryango Mpuzamahanga n’ ayandi mashyirahamwe y’ ibihugu byo mu Karere byakora iyo bwabaga mu kumvisha Guverinoma ya Congo-Kinshasa ko igihe kigeze.

Me, Mutela yabajijwe niba mu gihe Leta ya Joseph Kabila idakemuye ikibazo cyabo kuneza bakongera gufata intwaro asubiza ko umutwe avuganira ubu udafite intego zo kongera kurwana kubera ko ngo wifuza kubaka no guharanira umutekano mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa.

Ati “Si umutekano gusa twifuza ahubwo gusana ibyangijwe n’ intambara, gufatanya n’ abandi mu guhashya imitwe yose yitwara gisirikare , guteza imbere ubumwe n’ umubano w’ abaturage no  gucura impunzi nibyo dushyize imbere mu gufatanya n’ abandi duhuje umugambi”.

Me. Mutela yanashimangiye kandi ko congire ya M23 iteganyijwe ishobora guhitamo ko uyu mutwe wava muri politiki ahubwo ikaba umuryango nyunguranabwenge wajya ufasha abanyapolitiki mu bitekerezo  byubaka igihugu.

Umutwe wa gisirikare washinzwe n’ abanyekongo bavuga ururimi rw’ ikinyarwanda ku itariki ya 23 Werurwe 2009 bahota bawita M23.

Uyu mutwe waje kwamamara cyane nyuma yo kunesha ingabo za Congo-Kinshasa no gufata umujyi wa Goma mu mwaka w’ I 2012 bikaza kurangira M23 isubiye inyuma ibitegetswe na Loni.

M23 yakomeje kurwana mu Ntara ya Kivu y’ Amajyarugu kugeza ubwo Loni yahisemo kohereza ingabo mpuzamahanga Monusco muri ako karere zigamije guhashya imitwe yose yitwara gisirikare.

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Magufuli yarize mu gusezera umurambo w’umunyarwenya King Majuto(Amafoto)

Perezida Magufuli yarize mu gusezera umurambo w’umunyarwenya King Majuto(Amafoto)

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Mali: Abasirikare bane ba Loni biciwe mu bitero bibiri bitandukanye

Mali: Abasirikare bane ba Loni biciwe mu bitero bibiri bitandukanye

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019
‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 23 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017
RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.
INKURU NYAMUKURU

RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

Ubwanditsi 25 Oct 2018
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana
UBUKUNGU

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Ubwanditsi 16 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru