• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’umutekano wa Uganda ndetse na Maj Gen. Joseph Nzabamwita ukuriye  Urwego rushinzwe Iperereza n’Umutekano mu Rwanda, ni bamwe mu bari bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, aho perezida Kagame yerekeje kuri iki cyumweru ku butumire bwa mugenzi we wa Uganda, Yoweri Museveni.

Perezida Kagame yakiriwe na perezida Museveni mu ngoro ye iherereye Entebbe, muri Kampala kuri uyu wa 25 Werurwe baganira ku bintu bitandukanye bifitiye inyungu ibihugu byombi nko mu bucuruzi, ibikorwaremezo, ubwikorezi, ariko banakomoza ku kibazo cy’umutekano dore ko ibihugu byombi bimaze iminsi bitarebana neza u Rwanda rushinja Uganda gushyigikira abashaka guhungabanya umutekano warwo mu gihe Uganda ishinja u Rwanda kuvogera ubusugire bwayo.

Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko minisitiri w’umutekano mushya wa Uganda, Gen. Elly Tumwiine ndetse n’umukuru w’urwego rushinzwe iperereza n’umutekano rw’u Rwanda (NISS), B Maj Gen.Joseph Nzabamwita, ari bamwe mu bari mu biganiro byabaye hagati ya perezida wa Uganda na mugenzi we w’u Rwanda nubwo hataramenyekana niba nabo baba baganiriye  kuri ibi bibazo bivugwa hagati y’ibihugu byombi kandi binabareba cyane.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo ndetse na mugenzi we wa Uganda, Sam Kutesa nabo bakaba bari muri iyi nama.

Mu mwaka ushize, u Rwanda rwakunze kurega Uganda kureka abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bakisuganyiriza ku butaka bwayo no koroshya urujya n’uruza rwabo mu karere, ariko Uganda ikabihakana.

Mu kiganiro aherutse guha itangazamakuru kuwa 13 Werurwe, minisitiri Mushikiwabo yakomoje kuri iki kibazo cy’urwikekwe hagati y’u Rwanda na Uganda, avuga ku guhutazwa kw’Abanyarwanda muri Uganda yemeza ko kwangije byinshi ariko byose byaturutse kuri Uganda.

Aha akaba yaragize ati: “Ibyo bibazo byaturutse ku gihugu cya Uganda aho Abanyarwanda benshi bahagiriye akaga, bamwe barafungwa, abandi bakorerwa ibikorwa bitari byiza. Bamwe barafunguwe abandi baracyafunze. Hano mu Rwanda ntabwo dushobora kugirira nabi Abagande, ni bene wacu, dusangiye byinshi, dusangiye n’amaraso, Abagande benshi dufitanye isano.”

Minisitiri Mushikiwabo wemeje ko Abanyarwanda n’Abagande basangiye byinshi birimo n’amaraso, yavuze ko icya ari  ubushake kugirango umubano w’ibihugu byombi usubire uko wari umeze. Yagize ati: “Mu by’ukuri abaturage bacu barabikeneye kandi ni bo tubikorera keretse tuvuze ko tutakibitayeho.”

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame nyuma y’ibiganiro na perezida wa Uganda kuri iki Cyumweru nawe akaba yavuze ku kibazo cy’Abagande ngo baba bafatwa nabi mu Rwanda kubera umwuka utari mwiza hagati y’ibihugu byombi. Yagize ati: “Hari byinshi bivugwa, akenshi ugasanga abantu babifata uko bitari kuko baba batazi neza ukuri kwabyo. Twemeranyije ko inzego zibishinzwe mu bihugu byombi zigiye gufatanya zikiga byimbitse kuri buri kibazo“.

Abakuru b’ibihugu byombi bijeje kurushaho kuvugana ku bibazo bivugwa, banumvikana gukorana byimbitse basangira ibitekerezo kenshi bikazabafasha gufata imyanzuro ikwiye

2018-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDF yatangiye kwandika abashaka kuba aba Ofisiye

RDF yatangiye kwandika abashaka kuba aba Ofisiye

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Mubyo ba Bishop  bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Mubyo ba Bishop bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Umugabo yamenyesheje polisi ko agiye kwica Perezida Trump ntakabuza

Umugabo yamenyesheje polisi ko agiye kwica Perezida Trump ntakabuza

Ubwanditsi 06 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi
HIRYA NO HINO

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside
Mu Mahanga

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.
Amakuru

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru