• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize   |   05 Dec 2019

  • Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba   |   05 Dec 2019

  • Amafoto y’Umunsi: Abakinnyi ba PSG baserukanye akanyamuneza mu mwambaro wamamaza Visit Rwanda   |   05 Dec 2019

  • RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka   |   04 Dec 2019

  • Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda   |   04 Dec 2019

  • Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare   |   04 Dec 2019

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Editorial 13 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho kimwe mu binyamakuru byo mu Bwongereza gitangaje ko u Rwanda rwakoresheje inkunga ruhabwa n’iki gihugu mu guteza imbere ubukerarugendo binyuze mu bufatanye na Arsenal, Ikigega cy’Abongereza gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga, DFID, cyabiteye utwatsi kivuga ko ari ibinyoma.

Ku wa 24 Gicurasi 2018 nibwo byatangajwe ko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyinjiye mu bufatanye n’Ikipe ya Arsenal FC yo muri Premier League, u Rwanda rwabaye umuterankunga wa mbere ku maboko y’imipira kuko izajya yambara ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso ku ikipe nkuru, iy’abatarengeje imyaka 23 no mu ikipe y’abagore.

Mu nkuru yashyizwe hanze ku Cyumweru, Ikinyamakuru The Sun cyagaragaje ko amwe mu mafaranga u Rwanda rwatanze muri ubu bufatanye bwitezweho kuzamura ubukerarugendo ari inkunga itangwa n’u Bwongereza.

Iki kinyamakuru kandi cyakomeje kivuga ko kugeza ubu hafi kimwe cya kabiri cy’ingengo y’imari y’u Rwanda ituruka ku nkunga mpuzamahanga, ndetse iyo witegereje usanga nta bimenyetso bigaragara bishimangira iterambere igihugu cyagezeho.

Ibyatangajwe na The Sun ariko byamaganiwe kure na DFID ari nayo inyuzwamo inkunga u Bwongereza bugenera amahanga, yongeye gushimangira ko nta mafaranga iha Visit Rwanda cyangwa RDB.

Mu itangazo DFID yashyize ahagaragara, iki kigo cyamaganye iby’uko u Rwanda rubeshejweho n’inkunga mpuzamahanga aho kivuga ko kuri ubu zigize 16% by’ingengo y’imari.

Itangazo rigira riti “Ibi byavuye kuri 60% mu myaka 10 ishize kubera ko u Rwanda rwateje imbere ubukungu bwarwo, rurwanya ubukene bukabije ndetse ruhinduka igihugu kitakirambirije ku nkunga. “

“Inkunga u Bwongereza buha u Rwanda yagiye igabanuka kuva mu myaka myinshi ishize, kubera ko twashyize imbaraga mu gufasha u Rwanda kwigira, gutunga abaturage barwo no gushora imari mu bukungu bwarwo.”

DFID yongeye gushimangira ko inkunga ihabwa u Rwanda iba igenewe gahunda zatoranyijwe mu buryo bwitondewe zirimo uburezi n’ubuhinzi, ndetse bakurikirana niba koko zitanga umusaruro mu guhindura imibereho y’abaturage, kandi igihugu kigakomeza gushishikarizwa gushyira imbaraga mu guteza imbere serivisi z’ibanze.

Ku bijyanye no kuba nta gihamya cy’iterambere riri mu Rwanda, DFID yavuze ko imibare igaragaza neza ko kuva mu 2005 abagera kuri miliyoni ebyiri bakuwe mu bukene, mu gihe kuva mu 2000 ubukungu bw’igihugu bwazamutse ku mpuzandengo ya 8%. Hanatewe intambwe ifatika kandi mu kuzamura icyizere cyo kubaho ku kigero kiri hejuru ugereranyije n’ibindi bihugu.

Iki kigega cy’Abongereza cyasobanuye ko amafaranga azakoreshwa muri ubu bufatanye bw’imyaka itatu na Arsenal ari ayinjijwe n’ubukerarugendo busanzwe buri mu bifatiye runini ubukungu bw’igihugu.

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024. Amasezerano na Arsenal ni kimwe mu byitezweho gutanga umusanzu kugira ngo bizagerweho kuko agamije gushishikariza abantu gusura ahantu nyaburanga igihugu gifite.

2018-06-13
Editorial

IZINDI NKURU

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Editorial 23 Jul 2019
Ethiopia: Perezida Kagame mu bayobozi baza gufata ijambo mu kwizihiza Umunsi wa Afurika (Africa Day 2018)

Ethiopia: Perezida Kagame mu bayobozi baza gufata ijambo mu kwizihiza Umunsi wa Afurika (Africa Day 2018)

Editorial 25 May 2018
Kampala imeze nk’Inkende uko yurira igiti ariko yerekana ubusa bwayo

Kampala imeze nk’Inkende uko yurira igiti ariko yerekana ubusa bwayo

Editorial 19 May 2019
Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Editorial 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

03 Dec 2019
Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

02 Dec 2019
Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

02 Dec 2019
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

01 Dec 2019
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

30 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

04 Dec 2019
Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

04 Dec 2019
Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

02 Dec 2019
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

02 Dec 2019
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

02 Dec 2019
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

29 Nov 2019
Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

21 Nov 2019

SONDAGE

Ninde uzatwara igikombe cy'Afrika (CAN/AfCON)?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru