• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 11 May 2016 Mu Mahanga

​Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye ane yo mu karere ka Kicukiro bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha (Anti-crime Clubs).

Byakozwe n’abo mu Rwunge rw’amashuri rwa Nyanza, abo mu rwa Gatenga ya mbere , abiga muri Samuduha Integrated College (SICO) n’abo mu Ishuri ryisumbuye rya Kanombe (Ryahoze ryitwa EFOTEC).

Abiga mu Rwunge rw’amashuri rwa Nyanza n’abo mu rwa Gatenga ya mbere bashyizeho amahuriro yabo abiri ku itariki 9 Gicurasi, naho abiga muri SICO no mu Ishuri ryisumbuye rya Kanombe bashyizeho ayabo abiri ku itariki 10 Gicurasi.
Abo banyeshuri bageraga ku 3061 bashyizeho ayo mahuriro uko ari ane nyuma y’ibiganiro bagiranye na Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kicukiro.

Uwatorewe kuba Umuhuzabikorwa w’ihuriro ryo muri SICO, Tuyisenge Nkusi, yagize ati:”Iri huriro twashyizeho ni urubuga rwiza rwo kungurana ibitekerezo no gufatira hamwe ibyemezo by’uko twakwirinda no kugira uruhare mu kurwanya ibyaha.”

Tuyisenge yakomeje agira ati:”Nk’urubyiruko, tugomba gukoresha imbaraga zacu mu kurwanya ikintu cyose gishobora guhungabanya umutekano. Ibiyobyabwenge biri mu bishobora kwangiza ahazaza hacu, bityo tugomba kubyirinda kandi tugakangurira n’abandi kubyirinda no kubirwanya .”

Uwatorewe kuba Umuhuzabikorwa w’iryo mu Rwunge rw’amashuri rwa Gatenga ya mbere, Mutangana Olivier, yagize ati:”Turi kwiga kugira ngo tuzigirire akamaro, tukagirire imiryango yacu ndetse tukagirire n’igihugu muri rusange. Kugira ngo ibyo tubigereho tugomba kwirinda ibiyobyabwenge ndetse n’ikindi kintu cyose gishobora kurogoya indoto zacu nziza.”

Yavuze ko azajya asobanurira urundi rubyiruko ndetse n’abandi bantu ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge, kandi abasabe kwirinda ibyaha aho biva bikagera.

Aganira n’abo banyeshuri bo muri ibyo bigo bine, ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano mu karere ka Kicukiro, Inspector of Police (IP) Hamdun Twizeyimana, yababwiye ko ibiyobyabwenge bitera umuntu wabinyoye gukora ibyaha nko gusambanya abana, gufata ku ngufu, gukubita no gukoretsa ndetse n’ubujura.

Yababwiye ati:”Hari bagenzi banyu bajya bava mu ishuri kubera gutwara inda zitateganijwe bitewe no kunywa ibiyobyabwenge. Mwe muzi ingaruka zabyo mujye mukangurira urundi rubyiruko ndetse n’abandi bantu kubyirinda no kugira uruhare mu kubirwanya baha Polisi y’u Rwanda amakuru y’ababinywa, ababitunda n’ababicuruza.”

Yababwiye ko amakuru y’ihohoterwa ryakorewe umwana bayatanga kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ibegereye cyangwa bagahamagara nomero ya terefone itishyurwa 116; 3512 ku cyaha cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina; 111 mu gihe habayeho inkongi y’umuriro; 113 ku bijyanye n’impanuka zo mu muhanda; 110 ku byaha byo mu mazi na 997 ku byaha bya ruswa.

Umuyobozi w’Ishuri rya SICO, Rurangwa David yagize ati: “Ubu bumenyi abanyeshuri bungutse buzatuma birinda ibiyobyabwenge, hanyuma ibyo bitume batsinda mu ishuri, kandi babe abenegihugu beza.”

Yasabye abo banyeshuri abereye umuyobozi gukurikiza inama bagiriwe, kandi abizeza ko azababa hafi kugira ngo ihuriro ryo kurwanya ibyaha bashyizeho rizagere ku ntego zaryo.

Aya mahuriro ane aje yiyongera ku yandi 17 yashyizweho mu yandi mashuri yo muri aka karere mu bihe byashize naho mu gihugu cyose bene aya mahuriro akaba akabakaba 850.

RNP

2016-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Ubwanditsi 15 Jun 2024
Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Ngoma: Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo 2 ibiro 120 by’amasashe

Ngoma: Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo 2 ibiro 120 by’amasashe

Ubwanditsi 09 Apr 2016
Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Ubwanditsi 16 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa
HIRYA NO HINO

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Dr Sezibera Richard yatorewe gusimbura Senateri Mucyo
Mu Mahanga

Dr Sezibera Richard yatorewe gusimbura Senateri Mucyo

Ubwanditsi 01 Dec 2016
Uganda:Umusirikare yapfuye yiyahuye mu Kiyaga cya Victoria
ITOHOZA

Uganda:Umusirikare yapfuye yiyahuye mu Kiyaga cya Victoria

Ubwanditsi 11 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru