• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Jun 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’aho bigaragariye ko hari ababyeyi bo mu karere ka Rubavu cyane cyane abo mu murenge wa Gisenyi basibya abana mu mashuri abandi bakavamo burundu ngo basigarane barumuna babo igihe aba babyeyi bagiye gushaka ibicuruzwa mu mujyi wa Goma mu gihugu cya Congo, ibi bikaba ari uguhohotera aba bana no kubabuza uburenganzira bwabo, ku itariki ya 02 Kamena, itsinda ry’abapolisi baturutse mu ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda ryajyane imodoka yakira ibibazo by’abaturage (Mobile Police Station) muri uyu murenge kugirango bakangurirwe kwirinda iri hohoterwa ndetse n’icuruzwa ry’abantu.

Inspector of Police (IP) Christine Mukamazimpaka waturutse mu gashami ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV), yabwiye abaturage barenga 500 bari bateraniye mu kagari ka Kivumu umurenge wa Gisenyi, ko ibi bikorwa n’aba babyeyi ari uguhohotera uburenganzira bw’umwana, yaba ukuwe mu ishuri na murumuna we asigara arera.

Akaba yagize ati:” Umuntu wese utarengeje imyaka 18 y’amavuko yitwa umwana. Mu burenganzira bwe harimo ubwo kubaho, kwandikishwa avutse kandi bigakorwa ku gihe, kumenya ababyeyi be, kwiga, kuvuzwa, kurindwa ivangurwa, gushimutwa no gucuruzwa, kuruhuka, kwidagadura n’ibindi. None se iyo ufashe umwana ukamukura mu ishuri uba wubahirije uburenganzira bwe? Uyu murumuna we se we wirirwa umunsi wose atonse ntuba umuvukije uburenganzira bwe? Babyeyi, mwirinde ibikorwa nk’ibi.”

Yakomeje abakangurira kwirinda n’ihohoterwa ryo mu ngo kuko rivamo kwicana, abasaba kumvikana n’abo bashakanye. Aha yagize ati:”Byamaze kugaragara ko iyo habayeho guta inshingano k’umwe mu bashakanye bikunze kuba intandaro y’amakimbirane mu rugo amaherezo akazavamo ihohoterwa ry’umwe mu bagize umuryango yaba umugore cyangwa umugabo, rikaba rishobora no kuvamo ubwicanyi.”

Uwari uyoboye iri tsinda Chief Inspector of Police (CIP) Rutaro Hubert, yakanguriye aba baturage kumenya no kwirinda icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati:”Hari ibyaha bikorwa mushobora kuba mutazi ko ari ibyaha, umuntu araza akakwizeza ibitangaza ko agiye kugushakira imirimo myiza kandi ihemba amafaranga menshi mu mahanga cyangwa kugushakira amashuri meza mu bihugu byo hanze, wagerayo ugasanga ibyo bagusezeranyije ataribyo urimo gukoreshwa, ahubwo washowe mu buraya cyangwa ukoreshwa imirimo y’ingufu kandi udahemberwa, ndetse bamwe ibice byabo by’umubiri bikagurishwa, kandi abenshi mu bashorwa muri ibyo bikorwa ni abagore n’abakobwa uretse ko n’abasore n’abagabo byabageraho.”

Yakomeje ababwira ko bo nk’abaturage baturiye umupaka bahuye cyangwa bashobora kuzahura n’aba bantu babizeza ibitangaza, abakangurira kujya bashishoza.

Yagize ati: Abantu nk’aba bazakugeraho, niyo mpamvu buri wese agomba kugira imyumvire yisumbuye y’uko icuruzwa ry’abantu rikorwa n’ingaruka zaryo, kugirango abantu birinde kurigwamo.”

CIP Rutaro yasoje asaba abo baturage ko badakwiye guhohotera abana babo n’ubwo baba bagiye gushaka ibibatunga, abasaba kudaha amatwi umuntu uwo ariwe wese ubizeza ibitangaza kandi batamuzi, kuko nta cyiza kiba kimugenza, ahubwo hagira ubizeza ibyo bitangaza bagahita babimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

Nyuma y’ibyo biganiro, umwe mu bana witwa Nishimwe Sandrine ufite imyaka 10 wiga mu mwaka wa 2 w’amashuri abanza, wari uhetse murumuna we yagize ati:”Dore nk’ubu uyu munsi nagombaga kuba nagiye kwiga, ariko mu gitondo Mama yambwiye ngo ninze tujyane (kurembera) gucuruza, tugeze hano ansigira uyu murumuna wanjye, we ajya muri Congo kandi aragaruka nimugoroba. Nta cyo kurya yansigiye kandi n’uyu aronka nimugoroba agarutse.”

Umwe mu babyeyi witwa Manishimwe Marie Goretti wakurikiye ibi biganiro, yashimye Polisi y’u Rwanda kubera impanuro ibahaye, aho yagize ati:”Rwose turasobanukiwe natwe dusanga ibyo dukora byo gusiga abana hano tukajya guhaha muri Congo ari amakosa, tugiye kwisubiraho tujye dukorera hano i Rubavu turi kumwe n’abana bacu, kandi n’aba twabasigiraga bakomeze amashuri yabo baziteze imbere.

Umukobwa witwa Twizerimana Rachel w’imyaka 20 we yagize ati:”Nyuma y’ibi biganiro duhawe na Polisi yacu, dusobanukiwe amayeri abo bagizi ba nabi bakoresha ngo babone abo bajya gucuruza. Ubu ntaho bashobora kumpera ndetse n’uwagerageza kunshuka nahita mushyikiriza Polisi y’u Rwanda.”

RNP

2016-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni bande bakunzi b’ikibi bahururiye gushyigikira Charles Onana mu rubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi? 

Ni bande bakunzi b’ikibi bahururiye gushyigikira Charles Onana mu rubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi? 

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Ubwanditsi 23 May 2019
Abafashije FDLR gutera Bugeshi bagaragajwe

Abafashije FDLR gutera Bugeshi bagaragajwe

Ubwanditsi 29 Apr 2016
I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

Ubwanditsi 01 May 2025
Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize
UBUKERARUGENDO

Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Hasenywe inzengero z’inzoga zitemewe zatahuwe mu karere ka Gatsibo
Mu Rwanda

Hasenywe inzengero z’inzoga zitemewe zatahuwe mu karere ka Gatsibo

Ubwanditsi 06 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru