• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Jun 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’aho bigaragariye ko hari ababyeyi bo mu karere ka Rubavu cyane cyane abo mu murenge wa Gisenyi basibya abana mu mashuri abandi bakavamo burundu ngo basigarane barumuna babo igihe aba babyeyi bagiye gushaka ibicuruzwa mu mujyi wa Goma mu gihugu cya Congo, ibi bikaba ari uguhohotera aba bana no kubabuza uburenganzira bwabo, ku itariki ya 02 Kamena, itsinda ry’abapolisi baturutse mu ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda ryajyane imodoka yakira ibibazo by’abaturage (Mobile Police Station) muri uyu murenge kugirango bakangurirwe kwirinda iri hohoterwa ndetse n’icuruzwa ry’abantu.

Inspector of Police (IP) Christine Mukamazimpaka waturutse mu gashami ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV), yabwiye abaturage barenga 500 bari bateraniye mu kagari ka Kivumu umurenge wa Gisenyi, ko ibi bikorwa n’aba babyeyi ari uguhohotera uburenganzira bw’umwana, yaba ukuwe mu ishuri na murumuna we asigara arera.

Akaba yagize ati:” Umuntu wese utarengeje imyaka 18 y’amavuko yitwa umwana. Mu burenganzira bwe harimo ubwo kubaho, kwandikishwa avutse kandi bigakorwa ku gihe, kumenya ababyeyi be, kwiga, kuvuzwa, kurindwa ivangurwa, gushimutwa no gucuruzwa, kuruhuka, kwidagadura n’ibindi. None se iyo ufashe umwana ukamukura mu ishuri uba wubahirije uburenganzira bwe? Uyu murumuna we se we wirirwa umunsi wose atonse ntuba umuvukije uburenganzira bwe? Babyeyi, mwirinde ibikorwa nk’ibi.”

Yakomeje abakangurira kwirinda n’ihohoterwa ryo mu ngo kuko rivamo kwicana, abasaba kumvikana n’abo bashakanye. Aha yagize ati:”Byamaze kugaragara ko iyo habayeho guta inshingano k’umwe mu bashakanye bikunze kuba intandaro y’amakimbirane mu rugo amaherezo akazavamo ihohoterwa ry’umwe mu bagize umuryango yaba umugore cyangwa umugabo, rikaba rishobora no kuvamo ubwicanyi.”

Uwari uyoboye iri tsinda Chief Inspector of Police (CIP) Rutaro Hubert, yakanguriye aba baturage kumenya no kwirinda icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati:”Hari ibyaha bikorwa mushobora kuba mutazi ko ari ibyaha, umuntu araza akakwizeza ibitangaza ko agiye kugushakira imirimo myiza kandi ihemba amafaranga menshi mu mahanga cyangwa kugushakira amashuri meza mu bihugu byo hanze, wagerayo ugasanga ibyo bagusezeranyije ataribyo urimo gukoreshwa, ahubwo washowe mu buraya cyangwa ukoreshwa imirimo y’ingufu kandi udahemberwa, ndetse bamwe ibice byabo by’umubiri bikagurishwa, kandi abenshi mu bashorwa muri ibyo bikorwa ni abagore n’abakobwa uretse ko n’abasore n’abagabo byabageraho.”

Yakomeje ababwira ko bo nk’abaturage baturiye umupaka bahuye cyangwa bashobora kuzahura n’aba bantu babizeza ibitangaza, abakangurira kujya bashishoza.

Yagize ati: Abantu nk’aba bazakugeraho, niyo mpamvu buri wese agomba kugira imyumvire yisumbuye y’uko icuruzwa ry’abantu rikorwa n’ingaruka zaryo, kugirango abantu birinde kurigwamo.”

CIP Rutaro yasoje asaba abo baturage ko badakwiye guhohotera abana babo n’ubwo baba bagiye gushaka ibibatunga, abasaba kudaha amatwi umuntu uwo ariwe wese ubizeza ibitangaza kandi batamuzi, kuko nta cyiza kiba kimugenza, ahubwo hagira ubizeza ibyo bitangaza bagahita babimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

Nyuma y’ibyo biganiro, umwe mu bana witwa Nishimwe Sandrine ufite imyaka 10 wiga mu mwaka wa 2 w’amashuri abanza, wari uhetse murumuna we yagize ati:”Dore nk’ubu uyu munsi nagombaga kuba nagiye kwiga, ariko mu gitondo Mama yambwiye ngo ninze tujyane (kurembera) gucuruza, tugeze hano ansigira uyu murumuna wanjye, we ajya muri Congo kandi aragaruka nimugoroba. Nta cyo kurya yansigiye kandi n’uyu aronka nimugoroba agarutse.”

Umwe mu babyeyi witwa Manishimwe Marie Goretti wakurikiye ibi biganiro, yashimye Polisi y’u Rwanda kubera impanuro ibahaye, aho yagize ati:”Rwose turasobanukiwe natwe dusanga ibyo dukora byo gusiga abana hano tukajya guhaha muri Congo ari amakosa, tugiye kwisubiraho tujye dukorera hano i Rubavu turi kumwe n’abana bacu, kandi n’aba twabasigiraga bakomeze amashuri yabo baziteze imbere.

Umukobwa witwa Twizerimana Rachel w’imyaka 20 we yagize ati:”Nyuma y’ibi biganiro duhawe na Polisi yacu, dusobanukiwe amayeri abo bagizi ba nabi bakoresha ngo babone abo bajya gucuruza. Ubu ntaho bashobora kumpera ndetse n’uwagerageza kunshuka nahita mushyikiriza Polisi y’u Rwanda.”

RNP

2016-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Itorero Philadephia ryabaye umuhuza wa aba perezida badacana uwaka muri Kongo Kinshasa ari bo M Fayulu na Perezida E Tchisekedi

Itorero Philadephia ryabaye umuhuza wa aba perezida badacana uwaka muri Kongo Kinshasa ari bo M Fayulu na Perezida E Tchisekedi

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado

Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado

RUSHYASHYA 02 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.
Amakuru

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021
Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari
Amakuru

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Ubwanditsi 05 Nov 2021
Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.
Amakuru

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Ubwanditsi 10 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru