• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Ubwanditsi 22 Oct 2017 Mu Mahanga

Umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Raila Odinga, yatangaje ko atazigera yemera intsinzi ya Perezida Uhuru Kenyatta mu matora azasubirwamo kuwa Kane w’icyumweru gitaha, birushaho gutera impungenge z’umwuka mubi ushobora gufata indi ntera muri icyo gihugu.

Odinga uheruka kwivana mu bakandida, avuga ko nta matora azaba muri Kenya, igihe cyose hadakozwe impinduka mu mitegurire y’amatora yanatumye ayabaye ku wa 8 Kanama ateshwa agaciro n’Urukiko rw’Ikirenga. Icyo gihe Kenyatta yari yegukanye intsinzi.

Mu kigagiro yagiranye na Daily Nation, Odinga yaciye amarenga ko azasaba urukiko kongera gutesha agaciro ibizava mu matora.

Yagize ati “Twe uko tubibona aya ntabwo ari amatora. Bityo rero iki si igikorwa gikurikije amategeko ahubwo ni politiki nsa igomba gufatwa gutyo.”

Ibivugwa n’amashyaka yiyunze kuri Odinga biheruka gushimangirwa na Komisiyo y’amatora, ubwo umuyobozi wayo, Wafula Chebukati, yavugaga ko aho ibintu bigeze atakwizeza ko amatora azagenda neza, ubwo umwe mu bakomiseri yari amaze guhunga igihugu.

Odinga yakomeje agira ati “Mwiyumviye Chebukati avuga ko atakwizeza ko amatora azaba mu mucyo. Muri make ntabwo yakwizeza ko amatora azagenda neza. Mu bihe nk’ibyo, tunaretse ibibazo twazamuye mbere, ninde muntu utekereza neza wakwemera kujya mu matora nk’ayo?”

Yavuze ko ku wa 25 Ukwakira aribwo azatangaza icyo agomba gukora, ariko ko Perezida Kenyatta akwiye kumenya ko nta matora azabaho.

-8456.jpg

Raila Odinga

Yakomeje agira ati “Ndabahamiriza ko dukwiye kurangiza iki kibazo mu bucyo bw’ituze.’Gusa ntiyatangaje ubwo buryo ubwo aribwo, ariko mu mvugo yagiye akoresha interuro “ikindi cyiciro cy’urugamba”.

Yakomeje agira ati“Turi gukoresha uburyo butandukanye, ubw’igihe gito n’uburambye. Imyigaragambyo yo mu mihanda ifite aho igarukira. Mu gukomeza imbere ariko tuzahindura imikorere.”

Perezida Uhuru Kenyatta we akomeje ibikorwa byo kwiyamamaza, mu gihe amatora abura iminsi ine gusa ngo abe. Kuri iki Cyumweru muri Kenya hateguwe amasengesho yo gusabira igihugu, ngo Imana ibafashe hirindwa ko amatora yazatuma abaturage benshi babura ubuzima nk’uko byagenze mu 2007-2008.

2017-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Rose Mukankomeje  yafunguwe by’agateganyo

Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024
Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Ubwanditsi 28 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Valens Ndayisenga yegukanye agace ka Musanze_Kigali muri Tour du Rwanda
IMIKINO

Valens Ndayisenga yegukanye agace ka Musanze_Kigali muri Tour du Rwanda

Ubwanditsi 20 Nov 2016
Ishyamba si ryeru mu rusengero Zion Temple
Mu Mahanga

Ishyamba si ryeru mu rusengero Zion Temple

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame
INKURU NYAMUKURU

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Ubwanditsi 21 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru