• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Ubwanditsi 22 Oct 2017 Mu Mahanga

Umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Raila Odinga, yatangaje ko atazigera yemera intsinzi ya Perezida Uhuru Kenyatta mu matora azasubirwamo kuwa Kane w’icyumweru gitaha, birushaho gutera impungenge z’umwuka mubi ushobora gufata indi ntera muri icyo gihugu.

Odinga uheruka kwivana mu bakandida, avuga ko nta matora azaba muri Kenya, igihe cyose hadakozwe impinduka mu mitegurire y’amatora yanatumye ayabaye ku wa 8 Kanama ateshwa agaciro n’Urukiko rw’Ikirenga. Icyo gihe Kenyatta yari yegukanye intsinzi.

Mu kigagiro yagiranye na Daily Nation, Odinga yaciye amarenga ko azasaba urukiko kongera gutesha agaciro ibizava mu matora.

Yagize ati “Twe uko tubibona aya ntabwo ari amatora. Bityo rero iki si igikorwa gikurikije amategeko ahubwo ni politiki nsa igomba gufatwa gutyo.”

Ibivugwa n’amashyaka yiyunze kuri Odinga biheruka gushimangirwa na Komisiyo y’amatora, ubwo umuyobozi wayo, Wafula Chebukati, yavugaga ko aho ibintu bigeze atakwizeza ko amatora azagenda neza, ubwo umwe mu bakomiseri yari amaze guhunga igihugu.

Odinga yakomeje agira ati “Mwiyumviye Chebukati avuga ko atakwizeza ko amatora azaba mu mucyo. Muri make ntabwo yakwizeza ko amatora azagenda neza. Mu bihe nk’ibyo, tunaretse ibibazo twazamuye mbere, ninde muntu utekereza neza wakwemera kujya mu matora nk’ayo?”

Yavuze ko ku wa 25 Ukwakira aribwo azatangaza icyo agomba gukora, ariko ko Perezida Kenyatta akwiye kumenya ko nta matora azabaho.

-8456.jpg

Raila Odinga

Yakomeje agira ati “Ndabahamiriza ko dukwiye kurangiza iki kibazo mu bucyo bw’ituze.’Gusa ntiyatangaje ubwo buryo ubwo aribwo, ariko mu mvugo yagiye akoresha interuro “ikindi cyiciro cy’urugamba”.

Yakomeje agira ati“Turi gukoresha uburyo butandukanye, ubw’igihe gito n’uburambye. Imyigaragambyo yo mu mihanda ifite aho igarukira. Mu gukomeza imbere ariko tuzahindura imikorere.”

Perezida Uhuru Kenyatta we akomeje ibikorwa byo kwiyamamaza, mu gihe amatora abura iminsi ine gusa ngo abe. Kuri iki Cyumweru muri Kenya hateguwe amasengesho yo gusabira igihugu, ngo Imana ibafashe hirindwa ko amatora yazatuma abaturage benshi babura ubuzima nk’uko byagenze mu 2007-2008.

2017-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Perezida Kagame na Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Ubwanditsi 10 Apr 2016
Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Amatike ya CHAN yatangiye kugurishwa

Amatike ya CHAN yatangiye kugurishwa

Ubwanditsi 14 Jan 2016
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye
INKURU NYAMUKURU

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi aho yitabiriye Ihuriro Ngarukamwaka ryiga ku Bukungu bw’Isi ribaye ku nshuro ya 48
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi aho yitabiriye Ihuriro Ngarukamwaka ryiga ku Bukungu bw’Isi ribaye ku nshuro ya 48

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe
UBUKUNGU

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru