• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 09 Apr 2018 Mu Mahanga

Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centre Afrique, Darfur muri Sudani na Sudani y’Epfo bifatanije n’inshuti zabo mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

I Bangui, Perezida wa Repuburika ya Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra, yifatanije n’ Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro hamwe na Diaspora Nyarwanda muri icyo gihugu mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuhango witabiriwe n’abandi banyacyubahiro bagize Guverinoma n’abayobozi batandukanye ba Loni, ubera mu Kigo cy’Ingabo z’u Rwanda, Socatel M’poko i Bangui.

Perezida Touadéra yacanye urumuri rw’icyizere, anashyira indabo ahagenewe kunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisitiri w’Intebe Patrice Sarandji, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari urugero rufatika rw’uburyo Umuryango Mpuzamahanga wananiwe kugira icyo ukora mu gihe wari utegerejweho gutabara.

Yanavuze ko abaturage ba Centre Afrique bakura isomo ku Rwanda bagaharanira ubumwe n’ubwiyunge mu gihugu cyabo.

Perezida wa Repuburika ya Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yacanye urumuri rw’icyizere

Sudani y’Epfo

Abanyarwanda bari mu butumwa muri UNMISS bari kumwe na Diaspora nyarwanda muri Sudani y’Epfo bafatanije n’inshuti mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuhango wo kwibuka wabereye mu Kigo cy’Ingabo z’u Rwanda, Juba Tomping Camp, witabirwa n’abanyacyubahiro barimo n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga wa Loni muri UNMISS, David Shearer watanze ubutumwa bwo kwihanganisha abanyarwanda, anemeza ko Umuryango Mpuzamahanga wananiwe gutabara u Rwanda.

Minisitiri wa Siporo n’Umuco muri Sudani y’Epfo, Salal Rajab Bunduki, wari umushyitsi mukuru, yavuze ko amateka y’u Rwanda afite amsomo menshi atanga kuri Sudani y’Epfo.

Yanashimye ibikorwa abanyarwanda bakora mu kurwanya abashaka guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, haba mu karere n’ahandi mu mahanga.

Uyu muhango wo kwibuka ukaba waabereye n’ahitwa Malakal naho hari ibirindiro by’Ingabo z’U Rwanda.

Darfur

Muri Sudani naho Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro Darfur nabo bifatanije na UNAMID n’inshuti mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu muhango waranzwe n’urugendo rwo kwibuka ndetse no gucana urumuri rw’ikizere. Witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo n’Umugaba w’Ingabo za UNAMID, Lt Gen Leonard Muriuki Ngondi.

Umujyanama muri Ambasade y’ u Rwanda muri Sudani, Shyaka Ismael, yavuze ko kwibuka ari igikorwa ngarukamwaka kigamije guha agaciro inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye nyuma y’imyaka 45 habaye indi Jenoside yakorewe Abayahudi.

Umuryango Mpuzamahanga wari wariyemeje ko ugiye gukumira Jenoside ariko ntibyigeze bigerwaho, Shyaka yibajije aho uyu muryango hamwe na Loni bari bari muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Shyaka yavuze ko abariho n’abazaza bakeneye kumenya aya mateka akaba ari nayo mpamvu yo gukomeza kugaragaza ukuri kw’ibyabaye mu gusigasira ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi rwabereye Darfur

I Juba mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abasaga miliyoni

Umujyanama muri Ambasade y’ u Rwanda muri Sudani, Shyaka Ismael

I Bangui ubwo Abanyarwanda n’inshuti zabo bari mu butumwa bw’amahoro bari mu muhango wo kwibuka

Abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka

2018-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Ubwanditsi 24 Jun 2023
Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Ubwanditsi 14 Feb 2017
TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA

TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA

Ubwanditsi 28 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura
POLITIKI

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Ubwanditsi 15 May 2017
Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4
Amakuru

Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida
HIRYA NO HINO

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru