• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 09 Apr 2018 Mu Mahanga

Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centre Afrique, Darfur muri Sudani na Sudani y’Epfo bifatanije n’inshuti zabo mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

I Bangui, Perezida wa Repuburika ya Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra, yifatanije n’ Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro hamwe na Diaspora Nyarwanda muri icyo gihugu mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuhango witabiriwe n’abandi banyacyubahiro bagize Guverinoma n’abayobozi batandukanye ba Loni, ubera mu Kigo cy’Ingabo z’u Rwanda, Socatel M’poko i Bangui.

Perezida Touadéra yacanye urumuri rw’icyizere, anashyira indabo ahagenewe kunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisitiri w’Intebe Patrice Sarandji, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari urugero rufatika rw’uburyo Umuryango Mpuzamahanga wananiwe kugira icyo ukora mu gihe wari utegerejweho gutabara.

Yanavuze ko abaturage ba Centre Afrique bakura isomo ku Rwanda bagaharanira ubumwe n’ubwiyunge mu gihugu cyabo.

Perezida wa Repuburika ya Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yacanye urumuri rw’icyizere

Sudani y’Epfo

Abanyarwanda bari mu butumwa muri UNMISS bari kumwe na Diaspora nyarwanda muri Sudani y’Epfo bafatanije n’inshuti mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuhango wo kwibuka wabereye mu Kigo cy’Ingabo z’u Rwanda, Juba Tomping Camp, witabirwa n’abanyacyubahiro barimo n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga wa Loni muri UNMISS, David Shearer watanze ubutumwa bwo kwihanganisha abanyarwanda, anemeza ko Umuryango Mpuzamahanga wananiwe gutabara u Rwanda.

Minisitiri wa Siporo n’Umuco muri Sudani y’Epfo, Salal Rajab Bunduki, wari umushyitsi mukuru, yavuze ko amateka y’u Rwanda afite amsomo menshi atanga kuri Sudani y’Epfo.

Yanashimye ibikorwa abanyarwanda bakora mu kurwanya abashaka guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, haba mu karere n’ahandi mu mahanga.

Uyu muhango wo kwibuka ukaba waabereye n’ahitwa Malakal naho hari ibirindiro by’Ingabo z’U Rwanda.

Darfur

Muri Sudani naho Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro Darfur nabo bifatanije na UNAMID n’inshuti mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu muhango waranzwe n’urugendo rwo kwibuka ndetse no gucana urumuri rw’ikizere. Witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo n’Umugaba w’Ingabo za UNAMID, Lt Gen Leonard Muriuki Ngondi.

Umujyanama muri Ambasade y’ u Rwanda muri Sudani, Shyaka Ismael, yavuze ko kwibuka ari igikorwa ngarukamwaka kigamije guha agaciro inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye nyuma y’imyaka 45 habaye indi Jenoside yakorewe Abayahudi.

Umuryango Mpuzamahanga wari wariyemeje ko ugiye gukumira Jenoside ariko ntibyigeze bigerwaho, Shyaka yibajije aho uyu muryango hamwe na Loni bari bari muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Shyaka yavuze ko abariho n’abazaza bakeneye kumenya aya mateka akaba ari nayo mpamvu yo gukomeza kugaragaza ukuri kw’ibyabaye mu gusigasira ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi rwabereye Darfur

I Juba mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abasaga miliyoni

Umujyanama muri Ambasade y’ u Rwanda muri Sudani, Shyaka Ismael

I Bangui ubwo Abanyarwanda n’inshuti zabo bari mu butumwa bw’amahoro bari mu muhango wo kwibuka

Abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka

2018-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miss Carine Rusaro yashyingiwe

Miss Carine Rusaro yashyingiwe

Ubwanditsi 14 Feb 2016
Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Ubwanditsi 31 Oct 2024
Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Ubwanditsi 30 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima
Amakuru

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Ubwanditsi 04 Apr 2025
Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi
Mu Mahanga

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Ubwanditsi 04 Oct 2018
AMAFOTO:  Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS
Amakuru

AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

Ubwanditsi 19 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru