• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Ubwanditsi 26 Sep 2016 POLITIKI

Pasiteri wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Rick Warren, uyobora itorero rya Saddleback Church, yagaragaje ko mu gihe cyose amaze akorana n’ibihugu bitandukanye nta gihugu na kimwe yabonye kimeze nk’u Rwanda mu nzego zinyuranye.

Mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda n’Inshuti z’u Rwanda zisaga ibihumbi bibiri ziteraniye muri Rwanda Cultural Day yabereye mu Mujyi wa San Francisco muri Leta ya California, Pasiteri Rick Warren yabanje kuvuga ko nubwo ashobora kuba afite uruhu rwera, ku mutima ari umwirabura, kuganira n’Abanyarwanda bikaba icyubahiro kuri we.

Pasiteri Warren yavuze ko itorero rye rya Saddleback rimaze kohereza abantu basaga 2100 mu Rwanda, ndetse iyo basubiyeyo bamuha ubutumwa butandukanye.

Ati “Ndashaka kubabwira impamvu nkunda u Rwanda kuko mbikora n’umutima wanjye wose. Nagize amahirwe yo kugenda ku Isi yose, nageze mu bihugu bigera ku 164, nzi abayobozi benshi ku Isi, ibihugu bitandukanye ku Isi. Nagize amahirwe yo kugereranya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Rwanda n’ibindi bihugu uko nabigeragamo.

“Mu rugendo nakoze harimo ibirometero birenga 74 mu minsi 45, ahantu hatandukanye. Iyo mvuze ku Rwanda ntabwo mvuga nk’umuntu udafite ikintu shingiraho, nageze mu bihugu 164, kandi nohereje abasaga 26 000 bagize Saddleback gukorera mu bihugu bisaga 197 bitandukanye. Iyo abo bantu bangarukiye bakampa raporo y’uko ibyo bihugu bimeze… Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda, Ntacyo. Kandi ndabivuga ntafite ubwoba bwo kwivuguruza”.

“Niba uri muri Diaspora y’u Rwanda, ukaba utarageze mu Rwanda mu myaka mike ishize, ukaba ubona amakuru yose ku Rwanda binyuze mu binyamakuru, birabeshya.”

Warren yavuze ko abasebya u Rwanda babiterwa n’impamvu enye zirimo abajenosideri, kuba ntacyo babashije gukora ahubwo bakarebera jenoside, ishyari, ikimwaro mu bihugu byabo cyangwa se ababiterwa n’uko u Rwanda rwateye imbere nta ruhare babigizemo.

-4157.jpg

Pasiteri wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Rick Warren, uyobora itorero rya Saddleback Church.

-4156.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame asuhuza Abanyarwanda baba mu mahanga

Pasiteri Warren kandi yavuze ko gukunda u Rwanda abiterwa n’impamvu zirindwi, abwira abitabiriye iyi Rwanda Day ko mu 2003 uko yakiriye ibaruwa ya Perezida Kagame wamubwiye ko yasomye igitabo cye ‘Purpose Driven Life’ akamusaba gusura u Rwanda bakanaganira nk’igihugu cyiyubakaga nyuma ya Jenoside.

Ati “Sinashoboraga guhakana, naraje nkunda igihugu, amadini, abaturage na Perezida Kagame na Madamu.”

Icyo gihe ngo yatangije umushinga wa Peace Plan ugamije guteza imbere ubwiyunge yifashishije amadini, ubuyobozi n’ibindi bikorwa.

Warren yavuze ko u Rwanda rushobora kurenga intambwe yatewe na Singapore mu iterambere ryihuta, kuko yizera abaturage b’u Rwanda kimwe n’ubuyobozi bwabo.

Yakomeje agira ati “Naje guhamagarwa n’abandi baperezida b’ibihugu bya Afurika, abaperezida umunani bampamagaye bambaza ngo nzajyana Peace Plan mu bihugu byabo. Nkababwira nti yego ariko nzohereza Abanyarwanda.”

Pasiteri Warren kandi yavuze ko akunda uburyo Abanyarwanda bataheranwe n’ibihe bikomeye; ubushake bw’Abanyarwanda mu kubabarira ku buryo ibindi bihugu nk’u Burasirazuba bwo hagati byaza kurwigiraho inzira y’amahoro.


2016-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Magufuli yeruye ko Kagame ari inshuti ye ikomeye

Magufuli yeruye ko Kagame ari inshuti ye ikomeye

Ubwanditsi 09 Apr 2016
Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika: Bamwe mu banyarwanda barashinjanya  uburiganya
ITOHOZA

Amerika: Bamwe mu banyarwanda barashinjanya uburiganya

Ubwanditsi 30 Sep 2017
“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma
INKURU NYAMUKURU

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie
Mu Rwanda

Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Ubwanditsi 03 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru