• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Ubwanditsi 26 Sep 2016 POLITIKI

Pasiteri wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Rick Warren, uyobora itorero rya Saddleback Church, yagaragaje ko mu gihe cyose amaze akorana n’ibihugu bitandukanye nta gihugu na kimwe yabonye kimeze nk’u Rwanda mu nzego zinyuranye.

Mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda n’Inshuti z’u Rwanda zisaga ibihumbi bibiri ziteraniye muri Rwanda Cultural Day yabereye mu Mujyi wa San Francisco muri Leta ya California, Pasiteri Rick Warren yabanje kuvuga ko nubwo ashobora kuba afite uruhu rwera, ku mutima ari umwirabura, kuganira n’Abanyarwanda bikaba icyubahiro kuri we.

Pasiteri Warren yavuze ko itorero rye rya Saddleback rimaze kohereza abantu basaga 2100 mu Rwanda, ndetse iyo basubiyeyo bamuha ubutumwa butandukanye.

Ati “Ndashaka kubabwira impamvu nkunda u Rwanda kuko mbikora n’umutima wanjye wose. Nagize amahirwe yo kugenda ku Isi yose, nageze mu bihugu bigera ku 164, nzi abayobozi benshi ku Isi, ibihugu bitandukanye ku Isi. Nagize amahirwe yo kugereranya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Rwanda n’ibindi bihugu uko nabigeragamo.

“Mu rugendo nakoze harimo ibirometero birenga 74 mu minsi 45, ahantu hatandukanye. Iyo mvuze ku Rwanda ntabwo mvuga nk’umuntu udafite ikintu shingiraho, nageze mu bihugu 164, kandi nohereje abasaga 26 000 bagize Saddleback gukorera mu bihugu bisaga 197 bitandukanye. Iyo abo bantu bangarukiye bakampa raporo y’uko ibyo bihugu bimeze… Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda, Ntacyo. Kandi ndabivuga ntafite ubwoba bwo kwivuguruza”.

“Niba uri muri Diaspora y’u Rwanda, ukaba utarageze mu Rwanda mu myaka mike ishize, ukaba ubona amakuru yose ku Rwanda binyuze mu binyamakuru, birabeshya.”

Warren yavuze ko abasebya u Rwanda babiterwa n’impamvu enye zirimo abajenosideri, kuba ntacyo babashije gukora ahubwo bakarebera jenoside, ishyari, ikimwaro mu bihugu byabo cyangwa se ababiterwa n’uko u Rwanda rwateye imbere nta ruhare babigizemo.

-4157.jpg

Pasiteri wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Rick Warren, uyobora itorero rya Saddleback Church.

-4156.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame asuhuza Abanyarwanda baba mu mahanga

Pasiteri Warren kandi yavuze ko gukunda u Rwanda abiterwa n’impamvu zirindwi, abwira abitabiriye iyi Rwanda Day ko mu 2003 uko yakiriye ibaruwa ya Perezida Kagame wamubwiye ko yasomye igitabo cye ‘Purpose Driven Life’ akamusaba gusura u Rwanda bakanaganira nk’igihugu cyiyubakaga nyuma ya Jenoside.

Ati “Sinashoboraga guhakana, naraje nkunda igihugu, amadini, abaturage na Perezida Kagame na Madamu.”

Icyo gihe ngo yatangije umushinga wa Peace Plan ugamije guteza imbere ubwiyunge yifashishije amadini, ubuyobozi n’ibindi bikorwa.

Warren yavuze ko u Rwanda rushobora kurenga intambwe yatewe na Singapore mu iterambere ryihuta, kuko yizera abaturage b’u Rwanda kimwe n’ubuyobozi bwabo.

Yakomeje agira ati “Naje guhamagarwa n’abandi baperezida b’ibihugu bya Afurika, abaperezida umunani bampamagaye bambaza ngo nzajyana Peace Plan mu bihugu byabo. Nkababwira nti yego ariko nzohereza Abanyarwanda.”

Pasiteri Warren kandi yavuze ko akunda uburyo Abanyarwanda bataheranwe n’ibihe bikomeye; ubushake bw’Abanyarwanda mu kubabarira ku buryo ibindi bihugu nk’u Burasirazuba bwo hagati byaza kurwigiraho inzira y’amahoro.


2016-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi

Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Ubwanditsi 22 Sep 2025
Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF

Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF

Ubwanditsi 30 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe
Amakuru

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Gatsibo: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe grenade n’amasasu
ITOHOZA

Gatsibo: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe grenade n’amasasu

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Abarwanyi benshi ba CNRD bitandukanyije na FDLR biciwe mu mirwano yabahuje na Nyatura
Mu Rwanda

Abarwanyi benshi ba CNRD bitandukanyije na FDLR biciwe mu mirwano yabahuje na Nyatura

Ubwanditsi 13 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru