• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Ubwanditsi 22 Sep 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku itariki ya 10 Nzeri 2025, ba Wazalendo bari mu mujyi wa Uvira batangaje ko baha Abatutsi iminsi icumi ngo babe bamaze kwivana muri uwo mujyi, baburirwa ko uzasigara azicwa. Uwo mwanzuro waje nyuma y’ibyumweru by’imirwano hagati ya Wazalendo n’ingabo za leta, bituruka ku rwikekwe rushingiye ku ivangura ry’amoko.

Mu butumwa bw’amajwi bwakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, umwe mu barwanyi yagize ati: “Turaha Abatutsi ba Uvira iminsi 10 ngo basubire iwabo. Ntimuzatubwire ko tubirukanye ngo tubambure ibintu byanyu, mubijyane. N’iyo mwazana amazu yanyu mu modoka, muyashyireho maze musubire mu Rwanda.”

Kuva mu mpera za Kanama 2025, Uvira yabaye indiri y’imidugararo. Byatangiye ku muhango wo gushyingura Col. Patrick Ngabonziza Rusimbi, uzwi nka Gisore, ukomoka mu Banyamulenge. Icyo gihe, imvugo z’urwango z’abarwanyi ba Wazalendo zandikiye ku Banyamulenge ko batemerewe kuba Abanyekongo, zibita “abanyamahanga n’abanyeshyamba b’abanyarwanda.”

Nyuma yaho, izina ry’umugaba mushya mu rwego rw’ubutasi bw’igisirikare, Gen. Olivier Gasita, nawe ukomoka mu Banyamulenge, ryashotoye cyane na Wazalendoi Ku itariki ya 2 Nzeri, Wazalendo bafunze imihanda, bategura ibikorwa bya ville morte byamaze iminsi ine, basaba ko Gasita yirukanwa.

Imirwano hagati y’ingabo za FARDC n’aba wazalendo yatumye abasivili benshi bahasiga ubuzima. Amashusho yakwirakwijwe agaragaza abarwanyi ba Wazalendo barimo barasa ku modoka yari itwaye abaje mu muhango wo gushyingura Col. Gisore, bayitoteza bavuga ko aribo “Banyamulenge baje kwigarurira Congo.”

Mu minsi yakurikiyeho, ibikorwa byo kwibasira Abanyamulenge byafashe indi ntera. Mu bice bimwe, babujijwe no kuvoma amazi, abandi barashimuswe cyangwa baraburirwa irengero. Abaturage benshi babarizwa mu Banyamulenge bemeza ko bari mu bwoba bukomeye, kandi ko ntaho babona bahungira.

Ku itariki ya 10 Nzeri, ubwo Kinshasa yari imaze kwemera gukura Gasita i Uvira, Wazalendo ntibahagaritse ibikorwa byabo. Ahubwo, bakwirakwijwe ubutumwa bushya busaba ko “nta Mututsi n’umwe ugomba gusigara i Uvira.” Bemeza ko bafite urutonde rw’abagomba kwirukanwa, ndetse bongeraho ko n’abacuruzi b’Abamasai bakwiye gufatwa nk’“abanyamahanga.”

Iyi mvugo yurwango ntiyigeze yamaganwa n’abandi bayobozi ba Wazalendo, ahubwo yagiye isubirwamo n’abandi bayobozi babo barimo William Yakutumba na René Itongwa.

Kugeza ubu, abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bavuga ko ubuzima bwabo buri mu kangaratete. Muyoboke Ntabaye, uyobora ihuriro ryabo i Uvira, yagize ati: “Abaturage bacu barafashwe bunyamaswa, barasahurwa, barashimutwa. Nta mutekano bafite na busa.”

Uvira, umujyi wa kabiri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ubu wahindutse indiri y’ivangura, imidugararo n’ubutegetsi bwa Kinshasa bwabuze uko bwifata imbere y’amamilisi bwari bwemereye amategeko.

2025-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Ubwanditsi 19 Jun 2019
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Ubwanditsi 26 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Lt Gen Mushyo Kamanzi  niwe  Mugaba  mukuru  mushya w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo
ITOHOZA

Lt Gen Mushyo Kamanzi niwe Mugaba mukuru mushya w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO
HIRYA NO HINO

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO

Ubwanditsi 12 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru