• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

Ubwanditsi 01 Feb 2017 Mu Mahanga

Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase aravuga ko Guverinoma itazakomeza kwihanganira abagize umuco imitangire ya serivisi idahwitse.

Ibi yabitangaje ubwo Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) cyashyiraga ahagaragara ubushakashatsi ku gipimo cy’imiyoborere cy’umwaka wa 2016 aho imitangire ya serivisi iherekeje ibindi bipimo.

Muri ubu bushakashatsi bagaragaza ko imitangire ya serivisi iri inyuma y’ibindi bipimo byagendeweho aho ije kuri uyu mwanya ku nshuro ya kane mu nshuro eshanu ubu bushakashatsi bumaze gukorwa.

Minisitiri w’Intebe Murekezi yagize ati “mu bipimo byose byagaragajwe, igipimo kiri hasi kuruta ibindi ni imitangire ya serivisi iri kuri 72,93%, iki gipimo kije kuri uyu mwanya ku nshuro ya kane, ni ikibazo gikomeye! Mu nama y’umushyikirano hemejwe ko ingamba zikomeye zigomba kujya zifatirwa inzego zaba iza Leta cyangwa izigenga zikomeza kugenda biguru ntege mu mitangire ya serivisi. Ntabwo twakomeza kwihanganira uyu muco wo gutanga serivisi zitanoze.”

Minisitiri Murekezi yavuze ko Guverinoma igiye gushyira ingufu muri iki kintu, kandi buri wese akumva ko imitangire ya serivisi inoze ari yo ntego ye ya mbere.

Yongera ho ko gutanga serivisi inoze atari ikintu abantu bagomba kwigishwa, ahubwo ko igikenewe ari uko abantu bahindura imyumvire yabo kuko bashoboye kubikora ahubwo bakabyica babizi.

Muri ubu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu bipimo 8, ku isonga hazaho umutekano n’ituze mu gihugu aho iki gipimo gifite amanota 92,62% mu mwaka wa 2016, mu gihe mu mwaka wa 2014 iki gipimo cyari kuri 91,6%.

Kuri ibi Murekezi avuga ko bisobanuye ko inzego z’umutekano mu gihugu zikomeje gukora akazi kazo kandi neza bigatuma abaturage bazigirira icyizere.

Ibyiciro bitatu byonyine ni byo bifite amanota ari hejuru ya 80, birimo Umutekano n’Ituze Rusange, hakiyongeraho kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo gifite 86.56% kivuye kuri 79.04% mu 2014; n’uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage cyagize 81.83% kivuye kuri 77.05%.

Umuyobozi wa RGB Prof Shyaka Anastase yavuze ko mu myaka itanu ishize hari ibipimo byagiye bizamuka ariko hakaba n’ibindi byasubiye inyuma birimo ibijyanye n’imibereho myiza y’abaturage, ati “uburyo dushyira mu bikorwa gahunda z’imibereho myiza yaba iza Girinka n’ibindi hari ibyo Abanyarwanda bakimyoza ko bitanoze natwe tuzi ko hagikenewe imbaraga ngo binozwe, iyo bitameze neza bituma igipimo kimanuka.”

Akomeza avuga ko ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bisuzumwa hagendewe ku bipimo mpuzamahanga ndetse hakifashishwa amakuru atuma byakifashishwa mu gusuzuma imiyoborere no gufasha mu kuzamura imibereho mu baturage.

Abaturage bakomeje kugaragaza ko batagira uruhare mu bibakorerwa…

Muri ibi bipimo uretse imitangire ya serivisi iza ku isonga mu kugira amanota aringaniye, n’uruhare rw’abaturage mu bikorwa bakorerwa rukomeje kuba ruto kuko rufite amanota 76.48%, ruvuye kuri 75.36% mu mwaka wa 2014.

Aha Prof Shayaka avuga ko usibye mu bikorwa by’umuganda abaturage bagaragaza ko bahabwa uruhare, ibindi nko gutegura ingengo y’imari n’igenamigambi usanga badahabwa ijambo, ati “iyo ubabajije uruhare rwabo mu muganda, mu kwikemurira ibibazo, mu gufata ibyemezo abaturage bava hasi bakavuga ko bibanyuze, ariko hari irindi tsinda aho usanga abantu bavuga ngo ni ibintu biri tekiniki abaturage ntabwo bari bubimenye, aho usanga uruhare rw’abaturage mu gutegura ingengo y’imari, mu igenamigambi no mu mihigo, turasanga muri rusange uruhare rwabo ruracyari hasi.”

Prof Shayaka avuga ko ibi bikorwa abo bireba bagomba kubishyira ku rwego rw’umuturage aho kumva ko ari ibintu by’abahanga agasaba ko Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’iy’Igenamigambi babifataho ingamba ihamye.

-5571.jpg

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi

-5572.jpg

-5573.jpg

Abitabiriye uyu muhango basoma raporo

Ubu bushakashatsi bwamuritswe na RGB bushingiye ku bipimo 8 birimo ubutegetsi bugendera ku mategeko gifite 79,69%, Uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage bufite 81,83%, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa 76,48%, Umutekano n’ituze rusange 92,62%, imibereho myiza y’abaturage 74,88%, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo 86,56%, Imitangire ya serivisi 72,93% ndetse n’ Iterambere ry’ubukungu 76,82%.

2017-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Ubwanditsi 17 Feb 2024
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda
Mu Rwanda

Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth
UBUKUNGU

Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 18 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru