• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda

Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2018 Mu Rwanda

Ap Paul Gitwaza ahamya ko ari impano y’Imana ku gihugu cy’u Rwanda, ku karere, muri Afurika ndetse no ku isi muri Rusange.

Yabitangarije mu isengesho risoza umwaka 2017, ryabaye mu ijoro ryo kuwa 31 Ukuboza rishyira tariki ya 1 Mutarama 2017, ryabereye ku cyicaro cya Zion Temple giherereye mu Gatenga.

Muri iri sengesho Ap Gitwaza avuga ko mu 2017 yahuye n’ibihe bitamworoheye byanashoboraga gutuma atandukana burundu na Zion Temple abereye umushumba, ariko Imana iramufasha irabimutsindira.

Ibi ngo byamuhamirije ko nta Kabuza ari Impano y’Imana ku Rwanda, mu Karere, muri Afurika ndetse no ku isi muri rusange.

Yagize ati” Kuva natangira uyu murimo nawutangiranye intambara. Ariko iz’uyu mwaka zari zikomeye cyane. Nkaba mbashimira ko mwabanye nanjye mukanshyigikira n’umuryango wanjye, Imana ibahe umugisha cyane.”

Yakomeje agira ati” Umugambi wa Satani wari uwo kugira ngo mve muri iki gihugu ngende. Kandi ibintu byose bituma nari bugende byari biteguye. Aho nagombaga kugana hari hahari ndetse n’imirimo mishya nari bugemo yari iteguye. Ariko ibi ntabwo byari ubushake bw’Imana”.

AP Gitwaza yavuze ko atigeze arwanira kuba mu Rwanda, ngo kuko afite henshi yashoboraga kuba, ndetse afite n’ibyangombwa bimubesha mu bindi bihugu.

Ati” Umuryango wanjye utuye muri Amerika ndetse tuhafite ibyangombwa bituma tuhaba, kandi tubayeho neza. Ntabwo byari bingoye kugenda kuko imiryango irenga 1000 yari ifunguye.”

PNG - 893 kb
Bamwe mu bakirisiti bari bitabiriye isengesho risoza umwaka muri Zion Temple i Kigali

Yungamo ati” Icyo si cyo Imana yashakaga. Icyo yashakaga ni ukubana namwe, nkaguma mu Rwanda nkayikorera. Kuba mu Rwanda ni umuhamagaro ni cyo Imana yansabye.

Abantu bamvuga byinshi ariko ntibanzi, kandi namwe ntimunzi neza. Ndi Impano y’imana kuri iki gihugu, ndi Impano y’Imana muri aka karere, ndi Impano y’Imana muri Afurika, ndi n’Impano y’Imana ku isi hose.”

Ap Gitwaza avuga ko mu mwaka wa 2017 yagize ibibazo mu rugo rwe, akagira ibibazo mu rusengero ndetse akanabigirana no mu buyobozi bw’Igihugu, agashima Imana ko yamukomeje akabasha kubivamo amahoro.

Ap Gitwaza ntiyorohewe na bamwe mu bashumba bari bashinzwe itorero rya Zion Temple mu Burayi, aho bamwe bari bararihinduriya amazina bashaka kurigira iryabo burundu.

Ibi byatumye Gitwaza akoresha imbaraga zikomeye mu kuzahura Itorero, ndetse anirukana burundu abo bashumba, kugira ngo agarure umwuka mwiza mu itorero rya Zion Temple.

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018
Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano

Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Jun 2017
‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Ubwanditsi 22 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika
POLITIKI

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika
ITOHOZA

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubwanditsi 04 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru