• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Ubwanditsi 21 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ni mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda ubwo yatangazaga uko igihugu gihagaze, mu ijambo ageza ku baturage rimwe mu mwaka ibizwi mu rurimi rw’icyongereza nka ‘State of the Nation.’ Nyakubahwa Perezida Kagame Paul yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru aho yagaragazaga aho igihugu kigeze ndetse n’ibihe kirimo akaba yatangiye yifuriza abanyarwanda bose iminsi mikuru myiza aho yatangiye agira ati “Ntangiye mbifuriza gusoza uyu mwaka neza, nanabifuriza umwaka mushya muhire uri kuza. Igihe nk’iki dusoza umwaka ushize, nababwiye ko umwaka wa 2019 wabaye mwiza ku Rwanda, ndetse mbabwira ko 2020 nawo uzaba mwiza kurushaho. Gusa nanababwiye ko bitoroshye kumenya ibizaba imbere, ari nabyo byabaye. Hajemo kubamo icyorezo cyakwiriye Isi yose.

Ariko nubwo icyo cyorezo cyatumye duhindura bimwe twari twarateganije, ndagira ngo nongere mbabwire ko igihugu cyacu gikomeje guhagarara neza, kandi impamvu zibyerekana ziragaragara.
Ndagira ngo mbanze nshimire Abanyarwanda bose ubufatanye, ubwitange n’ubushake mu guhangana n’ibyo bibazo.”

Perezida Kagame ati “Tugeze aho tutakwemera ko ibyo twakoze byose twirinda biba impfabusa. Iki ntabwo ari igihe cyo gucogora, ahubwo ni ukurinda ibyo tugezeho bishimishije, tugaharanira ibyo dushaka kugeraho, tugaharanira guhera dutera intambwe.

Buri wese afite inshingano yo gukorana na mugenzi we tukarinda ibyo twubaka, tukuzuzanya. Uyu mwaka byabaye ngombwa ko hari ibyo twigomwa nubwo bitari byoroshye. Harimo ko imiryango yacu itahurira hamwe ngo twishimire isoza ry’umwaka n’ibindi bihuriza hamwe imiryango ngo yishime. Iyo hatabaho uko kwigomwa byari kugorana bigatuma dutakaza byinshi harimo n’ubuzima. Twese dufatanyije, tuzongere dusubire mu buzima bw’iterambere ryihuse, bityo dukomeze tuzamure imibereho myiza yacu n’iy’imiryango yacu. Asoza, yongeye gushimira Abanyarwanda bose n’inshuti zabo, ati “twongere intambwe. Muzagire Noheli nziza, muzarangize umwaka neza. Mbifurije amahoro y’Imana, murakoze cyane.

Perezida Kagame ku majwi amuhamagarira kurekura ukekwaho iterabwoba, Paul Rusesabagina: ati “Iki ntigikwiye kuba ikibazo gikomeye. Ikibazo kigomba kumvikana neza kuko amakuru ajyanye n’uru rubanza arasobanutse. Mubijyanye nibi birego n’amabaruwa yanditswe, ntabwo bitunguranye. Twumva isi dutuye, niyo yaba isobanutse kandi ntakibazo gihari, hazajya habaho abantu bazavuga ko uyu muntu atagomba gukorwaho cyangwa ko atigeze yibeshya.

Twanyuze muri aya mateka ubwacu. Muri uru rubanza rwihariye, nzi neza ko abantu bamwe basabana nuyu mugabo batazi byinshi ku mateka; Ntabwo niteze ko abo bantu bose bazi uruhande rutari rwo rw’uyu muntu, cyangwa birashoboka ko bamufata nk’umwe muri bo bakagerageza kumurwanirira. Ariko hagomba no kubaho uburyo bwo gukosora abatabyumva neza. Kandi nibyo leta, amategeko, n’abayobozi bagomba gukora, bashyigikira ubutabera n’ukuri. Nibyo tuzakurikirana, tumenye neza ko ubutabera bwakozwe. Ntabwo bigiye gukorwa gusa mu rwego rwa Rusesabagina, ubutabera nabwo buzakorwa mu rwego rwo gushyigikira abababaye; abapfushije ababo bikozwe n’abo Rusesabagina Paul yari abereye Umuyobozi. Ibi ni ukuri.

Aba bantu barengera Rusesabagina baba batazi ibyo bintu,cyangwa se barabizi cyangwa se babyirengagiza nkana , cyangwa batekereza ko uyu mugabo aruta ubuzima bw’abantu bishe. Amabaruwa y’ubwoko bwose azandikwa kandi ajurirwe, ariko tuzakurikirana ubutabera. Kandi nizera ko abazamura amajwi nabi bazumva ibyo tuvuga. ”

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko n’ubwo uyu mwaka turi gusoza waranzwe n’ibihe bikomeye byazanywe n’icyorezo cya COVID19 abanyarwanda bagaragaje ubufatanye n’ubushake bwo gushaka guhangana n’ibibazo byazanywe nacyo. Asoza, yongeye gushimira Abanyarwanda bose n’inshuti zabo, ati “twongere intambwe. Muzagire Noheli nziza, muzarangize umwaka neza. Mbifurije amahoro y’Imana, murakoze cyane.’’


2020-12-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi ba FDLR bishwe nyuma yuko bashishikarijwe gushyira intwaro hasi bagataha mu Rwanda, bavunira ibiti mu matwi ahubwo bagaragaza ingengabitekerezo yabo

Abayobozi ba FDLR bishwe nyuma yuko bashishikarijwe gushyira intwaro hasi bagataha mu Rwanda, bavunira ibiti mu matwi ahubwo bagaragaza ingengabitekerezo yabo

Ubwanditsi 12 Jan 2020
Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Ubwanditsi 06 Apr 2022
U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Ubwanditsi 30 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Intebe wa Québec nyuma yo gushyigikira Mushikiwabo
POLITIKI

Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Intebe wa Québec nyuma yo gushyigikira Mushikiwabo

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Mu Mujyi wa Kigali habereye igitaramo cy’urwenya cyabereye mu modoka(AMAFOTO)
SHOWBIZ

Mu Mujyi wa Kigali habereye igitaramo cy’urwenya cyabereye mu modoka(AMAFOTO)

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema
Mu Mahanga

Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Ubwanditsi 04 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru