• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Ubwanditsi 21 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ni mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda ubwo yatangazaga uko igihugu gihagaze, mu ijambo ageza ku baturage rimwe mu mwaka ibizwi mu rurimi rw’icyongereza nka ‘State of the Nation.’ Nyakubahwa Perezida Kagame Paul yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru aho yagaragazaga aho igihugu kigeze ndetse n’ibihe kirimo akaba yatangiye yifuriza abanyarwanda bose iminsi mikuru myiza aho yatangiye agira ati “Ntangiye mbifuriza gusoza uyu mwaka neza, nanabifuriza umwaka mushya muhire uri kuza. Igihe nk’iki dusoza umwaka ushize, nababwiye ko umwaka wa 2019 wabaye mwiza ku Rwanda, ndetse mbabwira ko 2020 nawo uzaba mwiza kurushaho. Gusa nanababwiye ko bitoroshye kumenya ibizaba imbere, ari nabyo byabaye. Hajemo kubamo icyorezo cyakwiriye Isi yose.

Ariko nubwo icyo cyorezo cyatumye duhindura bimwe twari twarateganije, ndagira ngo nongere mbabwire ko igihugu cyacu gikomeje guhagarara neza, kandi impamvu zibyerekana ziragaragara.
Ndagira ngo mbanze nshimire Abanyarwanda bose ubufatanye, ubwitange n’ubushake mu guhangana n’ibyo bibazo.”

Perezida Kagame ati “Tugeze aho tutakwemera ko ibyo twakoze byose twirinda biba impfabusa. Iki ntabwo ari igihe cyo gucogora, ahubwo ni ukurinda ibyo tugezeho bishimishije, tugaharanira ibyo dushaka kugeraho, tugaharanira guhera dutera intambwe.

Buri wese afite inshingano yo gukorana na mugenzi we tukarinda ibyo twubaka, tukuzuzanya. Uyu mwaka byabaye ngombwa ko hari ibyo twigomwa nubwo bitari byoroshye. Harimo ko imiryango yacu itahurira hamwe ngo twishimire isoza ry’umwaka n’ibindi bihuriza hamwe imiryango ngo yishime. Iyo hatabaho uko kwigomwa byari kugorana bigatuma dutakaza byinshi harimo n’ubuzima. Twese dufatanyije, tuzongere dusubire mu buzima bw’iterambere ryihuse, bityo dukomeze tuzamure imibereho myiza yacu n’iy’imiryango yacu. Asoza, yongeye gushimira Abanyarwanda bose n’inshuti zabo, ati “twongere intambwe. Muzagire Noheli nziza, muzarangize umwaka neza. Mbifurije amahoro y’Imana, murakoze cyane.

Perezida Kagame ku majwi amuhamagarira kurekura ukekwaho iterabwoba, Paul Rusesabagina: ati “Iki ntigikwiye kuba ikibazo gikomeye. Ikibazo kigomba kumvikana neza kuko amakuru ajyanye n’uru rubanza arasobanutse. Mubijyanye nibi birego n’amabaruwa yanditswe, ntabwo bitunguranye. Twumva isi dutuye, niyo yaba isobanutse kandi ntakibazo gihari, hazajya habaho abantu bazavuga ko uyu muntu atagomba gukorwaho cyangwa ko atigeze yibeshya.

Twanyuze muri aya mateka ubwacu. Muri uru rubanza rwihariye, nzi neza ko abantu bamwe basabana nuyu mugabo batazi byinshi ku mateka; Ntabwo niteze ko abo bantu bose bazi uruhande rutari rwo rw’uyu muntu, cyangwa birashoboka ko bamufata nk’umwe muri bo bakagerageza kumurwanirira. Ariko hagomba no kubaho uburyo bwo gukosora abatabyumva neza. Kandi nibyo leta, amategeko, n’abayobozi bagomba gukora, bashyigikira ubutabera n’ukuri. Nibyo tuzakurikirana, tumenye neza ko ubutabera bwakozwe. Ntabwo bigiye gukorwa gusa mu rwego rwa Rusesabagina, ubutabera nabwo buzakorwa mu rwego rwo gushyigikira abababaye; abapfushije ababo bikozwe n’abo Rusesabagina Paul yari abereye Umuyobozi. Ibi ni ukuri.

Aba bantu barengera Rusesabagina baba batazi ibyo bintu,cyangwa se barabizi cyangwa se babyirengagiza nkana , cyangwa batekereza ko uyu mugabo aruta ubuzima bw’abantu bishe. Amabaruwa y’ubwoko bwose azandikwa kandi ajurirwe, ariko tuzakurikirana ubutabera. Kandi nizera ko abazamura amajwi nabi bazumva ibyo tuvuga. ”

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko n’ubwo uyu mwaka turi gusoza waranzwe n’ibihe bikomeye byazanywe n’icyorezo cya COVID19 abanyarwanda bagaragaje ubufatanye n’ubushake bwo gushaka guhangana n’ibibazo byazanywe nacyo. Asoza, yongeye gushimira Abanyarwanda bose n’inshuti zabo, ati “twongere intambwe. Muzagire Noheli nziza, muzarangize umwaka neza. Mbifurije amahoro y’Imana, murakoze cyane.’’


2020-12-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Ubwanditsi 09 Jan 2024
Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana  wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Ubwanditsi 19 Mar 2019
Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Ubwanditsi 25 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura
Mu Mahanga

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro
Amakuru

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Ubwanditsi 03 Jan 2023
Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”
Amakuru

Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Ubwanditsi 30 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru