• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Ubwanditsi 01 Sep 2016 Mu Rwanda

Hari ibintu bitanu igihugu cya Uganda gihuriyeho n’ikirwa cya Zanzibar muri Tanzania, ariko ubutegetsi muri Zanzibar bugomba kwirinda inzira Uganda yiyemeje ku kibazo cya gatanu kuko iyo nzira yagwa nabi cyane icyo kirwa.

Icyambere n’uko ibyo bihugu byombi muri uyu mwaka byakoze amatora ya Perezida wa Repubulika nay’abadepite, icya kabiri n’uko ayo matora yakozwe mu mwuka utari mwizanaho icyagatatu kikaba yuko abaperezida bari basanzwe ku butegetsi muri ibyo bihugu byombi aribo batangajwe na komisiyo y’amatora yuko aribo batsinze amatora.

Icya kane n’uko haba muri Uganda cyangwa muri Zanzibar abakandida bari bahanganye cyane n’abo mu mashyaka ari ku butegetsi banze kwemera ibyavuye mu matora bavuga yuko aribo bari batsindiye umwanya wa Perezida, naho icya gatanu kikaba yuko abo bakandida bombi ubu bakurikiranywe n’inzego z’ubutabera bashinwa ibyaha bigendanye no kubiba umwuka mubi mu gihugu kimwe no kwigomeka ku butegetsi !

Nyuma y’amatora yabaye mu kwa kabiri uyu mwaka muri Uganda, umukandida Kizza Besigye wari uhanganye cyane na Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangaje yuko ariwe watsinze amatora ariko komisiyo y’iamatora iza gutangaza yuko Museveni ariwe watsindiye umwanya wa Perezida wa Repubulika, ikavuga yuko Besigye yari yabonye amajwi angana na 36% gusa.

-3926.jpg

Kizza Besigye

-3925.jpg

Perezida Yoweli Museveni

Mbere gato yuko Museveni arahizwa gutangira manda ye ya gatanu nka Perezida wa Uganda, Besigye yafashe bibiliya arirahiza yuko ariwe Perezida wa Repubulika ya Uganda akaba agiye kuyobora manda ye ya mbere ! Museveni rero yarahijwe mu buryo bwemewe n’amategeko Besigye yarirahije kera mu buryo bwe budasanzwe !

Tariki 11 z’ukwezi gushize Besigye yarafashwe arafungwa aregwa ibyaha birimo icyo kugambanira igihugu. Tariki 1/6/2016 Besigye yari kugezwa mu rukiko ariko ubushinjacyaha buvuga yuko ataje ngo kubera yuko izanwa rye ryari gushobora guteza umutekano muke.

Ubushinjacyaha bwasabye yuko urubanza rwa Besigye rwazajya rubera aho afungiwe muri gereza ya Luzira iri mu mujyi wa Kampala. Umucamanza (Chief Magistrate) muri urwo rubanza, James Ereemye Mawanda, yatangaje yuko icyifuzo cy’ubushinjacyaha kizafatirwa umwanzuro tariki 15 uku kwezi. Muri Uganda uhamwe n’icyaha cyo kugambanira igihugu ahanishwa igihano cy’urupfu.

Mu kwa 10 umwaka ushize muri Zanzibar habaye amatora aho abari bahanganye cyane ku mwanya wa Perezida yari umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania (CCM) akaba ari nawe wari usanzwe ari Perezida wa Zanzibar , Ali Mohamed Shein, hamwe n’umukandia wa CUF, Seif Shaif Hamad.

-3927.jpg

Seif Sharif Hamad

Igihe komisiyo y’amatora itaratangaza ibyavuye mu matora Hamad yatangaje yuko ariwe wayatsinze kandi bibujiwe n’amategeko yuko hari umuntu watangaza ibyavuye mu matora ku buryo bwa burundu usibye iyo komisiyo.

Icyakurikiyeho n’uko komisiyo y’amatora muri Zanzibar yasheshe ayo matora ivuga yuko hari ibintu by’uburiganya byagiye biyabamo, itangaza yuko amatora azasuburwamo ariko abakandida ari babandi kandi nta kongera kwiyamamaza. Ibyo CUF yarabyanze ihamagarira abayoboke bayo kutazayitabira.

-3924.jpg

Zanzibar, Ali Mohamed Shein

Ayo matora yasubiwemo mu kwa gatatu uyu mwaka aho komisiyo y’amatora yatangaje yuko Shein ariwe ratsinze n’amajwiasaga gato 91% naho Sharif ngo abona udusigaye !

Ibyo Sharif yarabyamaganye atangira kujya hirya no hino mu mu turere tugize Zanzibar, ubu akaba yari mu turere tugize intara ya Unguja. Amagambo ye hose aho yageraga yari yayandi yuko yatsinze amatora akbwa amajwi, ngo ubu Shein akaba agiye gutegeka manda ya kabiri ku bujura. Nyuma y’amatora Sharif yaje guhamagarwa na Polisi ngo yisobanure kuri iyo myitwrirere ye ariko nyuma iza ku murekura atanze akanatangirwa ingwate yuko azahora aboneka igihe cyose polisi izaba imukeneye.

Ibya Besigye muri Uganda ntabwo bitandukanye cyane n’ibya Sharif muri Zanzibar uretse gusa yuko umwe afunzwe undi akaba agihanyanyaza hanze. Gusa aho bitandukaniye cyane n’uko Besigye afatwa agafungwa buri gihe, abamufunga barambirwa bakamurekura. Muri Zanzibar uko umwuka umeze cyangwa usanzwe nibaramuka bafunze Sharif amaraso azameneka. Tanzania rero igomba kwirinda yuko Sharif yafatwa nk’uko Besigye yakomeje gufatwa muri Uganda.

Ariko na none irekurwa rya Besigye n’ifungwa ry’abapolisi bahohoteye abayoboke be, rikabera Tanzania isomo ryiza ryo kwigwa !

Kayumba Casmiry

2016-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu cyunamo hagaragagaye ibyaha 24 by’abafite ingengabitekerezo ya Jenoside

Mu cyunamo hagaragagaye ibyaha 24 by’abafite ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 14 Apr 2017
Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Ubwanditsi 11 Sep 2024
Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Ubwanditsi 07 Sep 2019
Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje

Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje

RUSHYASHYA 12 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 16 Mar 2023
Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball
Amakuru

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Ubwanditsi 16 Apr 2022
Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe
Mu Mahanga

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Ubwanditsi 21 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru