• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mukura VS yahawe uburenganzira bwo gukoresha Sitade ya Huye, Marines FC yujuje imikino 7 idatsinda

Mukura VS yahawe uburenganzira bwo gukoresha Sitade ya Huye, Marines FC yujuje imikino 7 idatsinda

Ubwanditsi 10 Nov 2022 Amakuru, IMIKINO

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Ugushyingo 2022 nibwo ikipe ya Mukura Victory Sport et Loisirs yahawe uburenganzira bwo gukorera imyitozo ndetse no kwakirira imikino yayo kuri Sitade ya Huye.

Kuva iyi Sitade yatangira kuvugururwa muri Mata 2022, nibwo ikipe ga Mukura VS yari isanzwe ikorera imyitozo ndetse ni kwakirira imikino yayo kuri Sitade ya Huye yahise yerekeza kuri Sitade ya Kamena.

Kuva icyo gihe kugeza n’ubu niho iyi kipe yakomereje by’umwihariko muri uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023 niho yakoreraga imyitozo ndetse ikanahakirira imikino yayo.

Kuvugururwa kwa Sitade ya Huye byaje nyuma y’aho ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF rimenyesheje u Rwanda ko nta kibuga bafite cyo kwakira imikino mpuzamahanga, nyuma nibwo u Rwanda rwatangiye kwishakamo ibisubizo aho kugira ngo ruzajye kwakirira hanze y’igihugu ruhitamo kuvugurura Sitade ya Huye.

Binyuze ku rubuga rwa Internet rwa twitter rw’iyi kipe ibarizwa mu ntara y’amajyepfo, batangaje ifoto igaragaza ko iyi kipe yagarutse kuri iyi sitade ndetse bakaa bitegura kubakirira ikipe ya Rutsiro Fc mu mukino w’umunsi wa 9 wa shampiyona.

Kuba iyi sitade imaze kuvugururwa yagiye yakira imikino itandukanye harimo iy’ikipe y’igihugu Amavubi nkuru ndetse n’iyabari munsi y’imyaka 23, yakiriye kandi n’indi mikino mpuzamahanga yahuje APR FC na US Monastir muri CAF champions League ndetse n’indi ya As Kigali yakinaga amarushanwa ya CAF Confederation Cup.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu, nibwo ikipe ya Marines FC yo mukarere ka Rubavu yujuje imikino 7 ya shampiyona idatsinda muri shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 kuko imaze gutsindwa imikino 5 inganya indi ibiri muri 7 imaze gukina yose hamwe.

Ibi byabaye nyuma yaho mu mukino wa shampiyona utarabeye igihe yatsinzwe na Gasogi United ibitego 2-1 mu mukino wabereye i Rubavu kuri Sitade Umuganda.

Ku ruhande rwa Gasogi United, ibitego byatsinzwe na Ishimwe Kevin ku munota wa Mbere w’umukino ndetse n’ikindi gitsindwa na Malipangou Théodore Yawanendji Christian ubwo hari ku munota wa 41, igitego kimwe rukumbi cya Marines cyatsinzwe na Nkundima Avit.

Gutsindwa uyu mukino byatumye Marines FC iguma ku mwany wa nyuma n’amanota 2 naho Gasogi United yahise yisanga ku mwanya wa  gatanu n’amanota 14.

2022-11-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Ubwanditsi 20 Dec 2022
Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Ubwanditsi 21 Dec 2020
Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 kiratangwa kuri uyu wa Kane hagati ya APR FC na Kiyovu SC

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 kiratangwa kuri uyu wa Kane hagati ya APR FC na Kiyovu SC

Ubwanditsi 16 Jun 2022
Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda
Mu Mahanga

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda
Amakuru

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Ubwanditsi 03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru