• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

Ubwanditsi 12 Mar 2018 UBUKUNGU

Ikigega Mpuzamahanga cy’Iterambere (OPEC Fund for International Development, OFID) cyagurije u Rwanda miliyoni 20 z’amadolari, asaga miliyari 17 z’amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu mushinga ugamije gukemura ikibazo cy’amazi n’isuku mu Mujyi wa Kigali n’indi iwunganira.

Amasezerano arebana n’itangwa ry’iyi nguzanyo yashyizweho umukono ku itariki 12 Werurwe 2018 na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Clever Gatete n’Umuyobozi Mukuru wa OFID, Suleiman Jasir Al-Herbish.

Aya mafaranga azakoreshwa mu mushinga mugari wa miliyoni 262.32 z’amadolari, ugamije kwagura no gusana uruganda rw’amazi rwa Nzove, n’urwa Gihira II. Hazabaho kandi kwagura imiyoboro y’amazi mu turere twa Musanze, Rubavu, Muhanga, Nyagatare, Huye na Rusizi.

Minisitiri Gatete yavuze ko amafaranga yose agenewe uyu mushinga witezweho kongera umubare w’abagerwaho n’amazi meza yamaze kuboneka, igisigaye akaba ari ukuwushyira mu bikorwa.

Ati “Uyu mushinga ugamije kugeza amazi meza ku bantu bose mu buryo bungana kandi burambye na serivisi zirebana n’isuku mu bice byatoranyijwe n’ibikorwa bizatanga umusanzu mu kuzamura imibereho myiza.”

Umuyobozi wa OFID, Suleiman Jasir Al-Herbish, yavuze ko uyu mushinga nurangira uzagira ingaruka nziza ku Banyarwanda benshi cyane kuko amazi meza n’isuku ari umusingi w’iterambere rirambye.

Yakomeje avuga ko OFID isanzwe ifitanye imikoranire myiza n’u Rwanda, aho imaze gutanga inguzanyo z’asaga miliyoni 100 z’amadolari, zikoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo ibyo kongera ingufu n’ibikorwaremezo nko kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingufu n’Amazi muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Kamayirese Germaine, yavuze ko uyu mushinga uri muri gahunda yo gushyira mu bikorwa imwe mu Ntego z’Iterambere rirambye (SDGs) iteganya ko mu 2030 abantu bose ku Isi bazaba bagera ku mazi meza ndetse na serivisi z’isuku.

Yakomeje avuga ko muri uyu mushinga w’imyaka ine uzashyirwa mu bikorwa n’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), uzasiga abagera kuri miliyoni 1.3 bagezweho n’amazi meza, mu gihe abagera kuri miliyoni 1.5 bazagerwaho na serivisi z’isuku.

Iyi nguzanyo ya OFID izishyurwa mu gihe cy’imyaka 20, u Rwanda rukazatangira kwishyura nyuma y’imyaka itanu ku nyungu ya 1.5%; ije isanga izindi miliyoni 171.14 z’amadolari rwagurijwe na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), miliyoni 50 z’amadolari zatanzwe na Banki y’Ishoramari mu Burayi (EIB) mu gihe andi asigaye azatangwa na guverinoma.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018
Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Ubwanditsi 20 Aug 2018
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi
ITOHOZA

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA
IMIKINO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana
ITOHOZA

Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Ubwanditsi 17 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru