• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

Ubwanditsi 12 Mar 2018 UBUKUNGU

Ikigega Mpuzamahanga cy’Iterambere (OPEC Fund for International Development, OFID) cyagurije u Rwanda miliyoni 20 z’amadolari, asaga miliyari 17 z’amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu mushinga ugamije gukemura ikibazo cy’amazi n’isuku mu Mujyi wa Kigali n’indi iwunganira.

Amasezerano arebana n’itangwa ry’iyi nguzanyo yashyizweho umukono ku itariki 12 Werurwe 2018 na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Clever Gatete n’Umuyobozi Mukuru wa OFID, Suleiman Jasir Al-Herbish.

Aya mafaranga azakoreshwa mu mushinga mugari wa miliyoni 262.32 z’amadolari, ugamije kwagura no gusana uruganda rw’amazi rwa Nzove, n’urwa Gihira II. Hazabaho kandi kwagura imiyoboro y’amazi mu turere twa Musanze, Rubavu, Muhanga, Nyagatare, Huye na Rusizi.

Minisitiri Gatete yavuze ko amafaranga yose agenewe uyu mushinga witezweho kongera umubare w’abagerwaho n’amazi meza yamaze kuboneka, igisigaye akaba ari ukuwushyira mu bikorwa.

Ati “Uyu mushinga ugamije kugeza amazi meza ku bantu bose mu buryo bungana kandi burambye na serivisi zirebana n’isuku mu bice byatoranyijwe n’ibikorwa bizatanga umusanzu mu kuzamura imibereho myiza.”

Umuyobozi wa OFID, Suleiman Jasir Al-Herbish, yavuze ko uyu mushinga nurangira uzagira ingaruka nziza ku Banyarwanda benshi cyane kuko amazi meza n’isuku ari umusingi w’iterambere rirambye.

Yakomeje avuga ko OFID isanzwe ifitanye imikoranire myiza n’u Rwanda, aho imaze gutanga inguzanyo z’asaga miliyoni 100 z’amadolari, zikoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo ibyo kongera ingufu n’ibikorwaremezo nko kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingufu n’Amazi muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Kamayirese Germaine, yavuze ko uyu mushinga uri muri gahunda yo gushyira mu bikorwa imwe mu Ntego z’Iterambere rirambye (SDGs) iteganya ko mu 2030 abantu bose ku Isi bazaba bagera ku mazi meza ndetse na serivisi z’isuku.

Yakomeje avuga ko muri uyu mushinga w’imyaka ine uzashyirwa mu bikorwa n’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), uzasiga abagera kuri miliyoni 1.3 bagezweho n’amazi meza, mu gihe abagera kuri miliyoni 1.5 bazagerwaho na serivisi z’isuku.

Iyi nguzanyo ya OFID izishyurwa mu gihe cy’imyaka 20, u Rwanda rukazatangira kwishyura nyuma y’imyaka itanu ku nyungu ya 1.5%; ije isanga izindi miliyoni 171.14 z’amadolari rwagurijwe na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), miliyoni 50 z’amadolari zatanzwe na Banki y’Ishoramari mu Burayi (EIB) mu gihe andi asigaye azatangwa na guverinoma.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 28 May 2018
Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar
POLITIKI

Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Toy Nzamwita wari Avoka  yarasiwe na Polisi  hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima
Mu Mahanga

Toy Nzamwita wari Avoka yarasiwe na Polisi hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 31 Dec 2016
Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025
Amakuru

Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Ubwanditsi 29 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru