• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 326 bo mu miryango 98 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko mu mashyamba yaho. Baje biyongera ku bandi 277 batashye tariki ya 21 Ukwakira 2025

Komisiyo y’igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare (RDRC) yatangaje ko kuva mu 2001 imaze gusubiza mu buzima busanzwe abantu 12.602 bahoze mu mitwe y’inyeshyamba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aya makuru yatanzwe na Perezida wa RDRC, Nyirahabineza Valerie, kuri uyu wa 30 Ukwakira 2025, ubwo iyi komisiyo yasubizaga mu buzima busanzwe icyiciro cya 75 kigizwe n’abantu 143 bahoze mu mitwe y’inyeshyamba.

Yagize ati “Nishimiye kubamenyesha ko kuva mu 2001, abahoze mu mitwe yitwaje intwaro 12.602 basubijwe mu buzima busanzwe. Iyi gahunda yahaye ibihumbi by’abahoze ari abarwanyi n’imiryango yabo ubufasha bufatika burimo uburere mboneragihugu, kwigishwa imyuga n’ubwo mu rwego rw’imibereho n’ubukungu.”

Nyirahabineza yahamagariye Abanyarwanda bakiri mu mashyamba ya RDC kurambika intwaro, kuko kuba abacancuro b’amahanga bagamije guhungabanya umutekano w’igihugu cyababyaye nta kizima byabagezaho.
Ati “Turabahamagarira Abanyarwanda bose bagize FDLR n’imitwe iyishamikiyeho kurambika intwaro, bagataha. Nka RDRC, twiteguye kubakira, kubezerera, tukabafasha kwisanga mu buzima busanzwe.”

Amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC muri Kamena 2025 ateganya ko umutwe wa FDLR uzasenywa, abarwanyi b’uyu mutwe bazemera gutaha bakirwe, basubizwe mu buzima busanzwe nk’uko bigenda ku bandi bamaze imyaka myinshi bakirwa mu kigo cya RDRC i Mutobo mu Karere ka Musanze.

Hashingiwe kuri aya masezerano, tariki ya 10 Ukwakira igisirikare cya RDC cyasabye abarwanyi ba FDLR kurambika intwaro no kwishyikiriza ubutegetsi bwa RDC cyangwa ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kugira ngo bacyurwe, kimenyesha abazinangira bazaraswaho.

Nyirahabineza yagaragaje ko u Rwanda rwiteguye kwakira abarwanyi ba FDLR bazemera gutaha, rubafashe nka bagenzi babo bababanjirije. Ati “U Rwanda rwiteguye kwakira abarwanyi bashya bazoherezwa mu Rwanda barimo aba FDLR bari muri RDC, basabwe gutaha mu Rwanda mu itangazo rya Leta ya RDC riheruka.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yagaragaje ko Umunyarwanda uhitamo gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda aba atema igiti yicayeho, ashimira abafashe icyemezo cyo kurambika intwaro.

Ati “Turasaba kugaragaza ko amahugurwa mwahawe muri iki kigo yabagiriye akamaro, agatuma muhinduka mu bitekerezo ndetse no mu migirire, tubasaba kuzahorana intego yo gusigasira umutekano w’igihugu cyacu, mufatanya n’abandi Banyarwanda kugira ngo mukumire icyo ari cyo cyose cyawuhungabanya.”

Minisitiri Habimana yasabye aba bantu gusiga inyuma igihe batakaje bari mu mashyamba ya RDC kugira ngo batangire urugendo rushya rwo kwiteza imbere, bazirikana ko ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda ari umusingi w’ibyubatswe byose. Yabasabye kwirinda icyabasubiza mu bibi bahozemo.

Ati “Turabasaba kuzirikana ko ubumwe n’ubudaheranwa bwacu nk’Abanyarwanda ari umusingi w’ibyubatswe byose. Kubitatira ni ikizira. Ndabasaba rero kwirinda icyo ari cyo cyose cyakongera kubasubiza mu bibi nk’ibyo mwahozemo, ahubwo mugafatanya n’abandi Banyarwanda musanze kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, mugashyira imbaraga mu kubaka ubumwe bwacu nk’Abanyarwanda.”

Mu bahoze mu mitwe yitwaje intwaro basubijwe mu buzima busanzwe, harimo n’abatahanye n’imiryango yabo. Gahunda yo kubahugura yamaze igihe kiri hagati y’amezi atatu n’atandatu.

2025-10-30
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Ubwanditsi 21 Nov 2021
Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Ubwanditsi 03 May 2021
Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.

Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.

Ubwanditsi 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto- Munyantwali Alphonse mu ihererekanyabubasha na Matiku Marcel wayoboroga FERWAFA basuye ibikorwaremezo byayo
Amakuru

Amafoto- Munyantwali Alphonse mu ihererekanyabubasha na Matiku Marcel wayoboroga FERWAFA basuye ibikorwaremezo byayo

Ubwanditsi 27 Jun 2023
Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%
UBUKUNGU

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!
Amakuru

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Ubwanditsi 11 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru