• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2017 Mu Rwanda

Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi yavukiye i Cairo tariki 19 Ugushyingo 1954 (afite imyaka 63), akaba ari Perezida wa gatandatu wa Misiri wagiye ku butegetsi kuva mu 2014.

Se yitwa Said Hussein Khalili al-Sisi naho nyina akitwa Soad Mohamed, bari batuye mu gace kitwa Zagazig i Cairo ariko umuhungu wabo akurira ahitwa Gamaleya hafi y’umusigiti witwa al-Azhar mu gace kari gatuwe n’Abayisilamu, Abayahudi n’Abakirisitu.

Sisi yaje kujya mu ishuri rya gisirikari rya Misiri aho arangije amasomo yagiye ashingwa imirimo itandukanye mu gisirikari cya Misiri nyuma aza no koherezwa mu butumwa mu mujyi wa Riyadh muri Arabia Saoudite nka ‘military attaché’.

Yarangije amasomo ya gisirikari mu 1977 ajya mu ngabo zirwanira ku butaka zikoresheje ibifaru, aza kuba komanda w’ingabo mu Majyaruguru mu 2008 ndetse n’umukuru w’ubutasi bwa gisirikari.

Nyuma y’impinduramatwara yo mu Misiri mu 2011 hamaze gutorwa Perezida Mohamed Morsi, Sisi yagizwe Minisitiri w’Ingabo tariki 12 Kanama 2012 asimbuye Marshal Hussein Tantawi wari warashyizweho na Perezida Hosni Mubarak.

Nka Minisitiri w’Ingabo akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, Sisi yagize uruhare mu guhirika ku butegetsi Perezida Morsi tariki 3 Nyakanga 2013 nyuma y’aho abaturage bigaragambije muri Kamena uwo mwaka basaba ko yegura.
-7614.jpg

Yaseshe Itegeko Nshinga rya Misiri ryo mu 2012 hamwe n’abo bafatanyije n’abakuru b’idini bashyiraho inzira ya politiki yo kugenderaho yari ikubiyemo gutora Itegeko Nshinga rishya, inteko ndetse n’amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Morsi yasimbuwe na Perezida w’inzibacyuho Adly Mansour washyizeho guverinoma nshya ari yo yataye muri yombi abakuru b’ishyaka Muslim Brotherhood na bamwe mu bayoboke baryo bagashyirwa muri gereza.

Ku itariki 26 Werurwe 2014, mu rwego rwo gusubiza ibyifuzo by’abakunda uyu mugabo, Sisi yasezeye igisirikari maze atangaza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye hagati ya tariki 26 na 28 Gicurasi aho yari ahanganye na Hamdeen Sabahi.

Byarangiye Sisi atowe ku bwiganze bw’amajwi 97% maze aba Perezida wa gatandatu wa Misiri.

-7612.jpg

Yarahiriye kuyobora Misiri tariki 8 Kamena 2014 aho uyu muhango wabaye umunsi w’ikiruhuko udasanzwe muri iki gihugu, abari ku cyanya cyanditse amateka cya Tahrir Square ahari abasaga miliyoni y’Abanyamisiri bishimiye intsinzi ya Sisi, dore ko polisi n’abasirikari bari bafunze umujyi wose umutekano ukaze cyane kugira ngo hatagira urogoya ibi birori.

-7613.jpg

Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi

2017-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Ubwanditsi 14 May 2018
Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019
“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu 40 nibyo bimaze kwemeza ko bizitabira Shampiyona Nyafurika ya Taekwondo izabera mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena
Amakuru

Ibihugu 40 nibyo bimaze kwemeza ko bizitabira Shampiyona Nyafurika ya Taekwondo izabera mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena

Ubwanditsi 08 Jul 2022
Prof. Shyaka asanga itangazamakuru mu Rwanda ryigenga kandi rigerageza gukora kinyamwuga
Mu Mahanga

Prof. Shyaka asanga itangazamakuru mu Rwanda ryigenga kandi rigerageza gukora kinyamwuga

Ubwanditsi 07 Nov 2016
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo
POLITIKI

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru