• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2017 Mu Rwanda

Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi yavukiye i Cairo tariki 19 Ugushyingo 1954 (afite imyaka 63), akaba ari Perezida wa gatandatu wa Misiri wagiye ku butegetsi kuva mu 2014.

Se yitwa Said Hussein Khalili al-Sisi naho nyina akitwa Soad Mohamed, bari batuye mu gace kitwa Zagazig i Cairo ariko umuhungu wabo akurira ahitwa Gamaleya hafi y’umusigiti witwa al-Azhar mu gace kari gatuwe n’Abayisilamu, Abayahudi n’Abakirisitu.

Sisi yaje kujya mu ishuri rya gisirikari rya Misiri aho arangije amasomo yagiye ashingwa imirimo itandukanye mu gisirikari cya Misiri nyuma aza no koherezwa mu butumwa mu mujyi wa Riyadh muri Arabia Saoudite nka ‘military attaché’.

Yarangije amasomo ya gisirikari mu 1977 ajya mu ngabo zirwanira ku butaka zikoresheje ibifaru, aza kuba komanda w’ingabo mu Majyaruguru mu 2008 ndetse n’umukuru w’ubutasi bwa gisirikari.

Nyuma y’impinduramatwara yo mu Misiri mu 2011 hamaze gutorwa Perezida Mohamed Morsi, Sisi yagizwe Minisitiri w’Ingabo tariki 12 Kanama 2012 asimbuye Marshal Hussein Tantawi wari warashyizweho na Perezida Hosni Mubarak.

Nka Minisitiri w’Ingabo akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, Sisi yagize uruhare mu guhirika ku butegetsi Perezida Morsi tariki 3 Nyakanga 2013 nyuma y’aho abaturage bigaragambije muri Kamena uwo mwaka basaba ko yegura.
-7614.jpg

Yaseshe Itegeko Nshinga rya Misiri ryo mu 2012 hamwe n’abo bafatanyije n’abakuru b’idini bashyiraho inzira ya politiki yo kugenderaho yari ikubiyemo gutora Itegeko Nshinga rishya, inteko ndetse n’amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Morsi yasimbuwe na Perezida w’inzibacyuho Adly Mansour washyizeho guverinoma nshya ari yo yataye muri yombi abakuru b’ishyaka Muslim Brotherhood na bamwe mu bayoboke baryo bagashyirwa muri gereza.

Ku itariki 26 Werurwe 2014, mu rwego rwo gusubiza ibyifuzo by’abakunda uyu mugabo, Sisi yasezeye igisirikari maze atangaza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye hagati ya tariki 26 na 28 Gicurasi aho yari ahanganye na Hamdeen Sabahi.

Byarangiye Sisi atowe ku bwiganze bw’amajwi 97% maze aba Perezida wa gatandatu wa Misiri.

-7612.jpg

Yarahiriye kuyobora Misiri tariki 8 Kamena 2014 aho uyu muhango wabaye umunsi w’ikiruhuko udasanzwe muri iki gihugu, abari ku cyanya cyanditse amateka cya Tahrir Square ahari abasaga miliyoni y’Abanyamisiri bishimiye intsinzi ya Sisi, dore ko polisi n’abasirikari bari bafunze umujyi wose umutekano ukaze cyane kugira ngo hatagira urogoya ibi birori.

-7613.jpg

Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi

2017-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitaramo  cy’Imbaturamugabo  kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa  mu marembo ya Stade amahoro

Igitaramo cy’Imbaturamugabo kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa mu marembo ya Stade amahoro

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Ubwanditsi 02 May 2021
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Jul 2025
Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Ubwanditsi 15 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Reba uburanga bw’abagore n’abakunzi b’abakinnyi b’Ubwongereza bazitabira igikombe cy’isi mu Burusiya [AMAFOTO]
SHOWBIZ

Reba uburanga bw’abagore n’abakunzi b’abakinnyi b’Ubwongereza bazitabira igikombe cy’isi mu Burusiya [AMAFOTO]

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda
Amakuru

Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2023
Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Ubwanditsi 30 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru