• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Ubwanditsi 05 Aug 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Abantu batatu barimo babiri bahoze ari abarwanyi b’umutwe wa M23 batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umunyamategeko Isaac Sendegeya, wari uzwi cyane mu Karere ka Kisoro muri Uganda.

Abo bantu barimo uwitwa Charles Munyaneza bakunda kwita Seruhasha na Claude Ndagizimana bafite ubwenegihu bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Steven Mfitundinda bakunze kwita Season ukorera akazi ko gutwara abantu kuri moto mu Mujyi Bunagana.

Umunyamategeko Sendegeya yishwe arasiwe aho yari atuye mu gace ka Nturo ku wa 21 Nyakanga 2019.

Ubuyobozi bwa Sitasiyo ya Polisi ya Kisoro bwatangarije Daily Monitor kuri iki Cyumweru ko Ndagizimana yishyikirije Polisi kuri Sitasiyo ya Mbarara ku wa Gatandatu aturutse mu Nkambi ya Nakivale.

Buvuga ko uyu mugabo yishyikirije inzego z’umutekano nyuma yo kumva ko ashakishwa mu bagize uruhare mu kwica uwo munyamategeko kandi nta bundi buhungiro afite.

Amakuru avuga ko Mfitundinda yemereye Polisi ko yahawe amafaranga n’itsinda ry’abantu batanu rimusaba kurasa uwo munyamategeko.

Abo bagabo batawe muri yombi ku wa 23 Nyakanga 2019 bashinjwa gutera ubwoba umunyamategeko Sendegeya mbere y’uko araswa.

INKURU BIFITANYE ISANO :

Iharabika K’u Rwanda Rimaze Gushirana Uganda Nyuma Y’urupfu Rwa Sendegeya, Umucamanza Mu Burengerazuba Bwa Uganda

Polisi ya Kisoro ivuga ko iryo tsinda ryahaye Munyaneza, Ndagizimana n’abandi bantu amashilingi agera kuri miliyoni umunani kugira ngo bice Sendegeya nyuma yo gutsinda urubanza umukiliya we yababuranyagamo.

Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate, yemeje amakuru y’itabwa muri yombi ry’abo bantu ndetse ko bafungiye kuri Sitasiyo ya Kisoro mu gihe hagishakishwa abandi.

Ati “Kugeza ubu dufunze abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uriya munyamategeko.”

Ku wa 31 Nyakanga 2019, Perezida Museveni yasuye urugo rwa Sendegeya ndetse agirana ibiganiro n’umuryango wa nyakwigendera. Gusa ibyo baganiriye ntibyigeze bitangazwa.

2019-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Ubwanditsi 10 Oct 2020
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Ubwanditsi 06 Nov 2024
Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa

Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Ubwanditsi 20 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni yahaye RNC rugali  mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yahaye RNC rugali mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2019
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose
POLITIKI

Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Ubwanditsi 15 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru