• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nibarize Ingabire Victoire

Nibarize Ingabire Victoire

Ubwanditsi 21 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’uko afunguwe kubera imbabazi za Perezida wa Repubulika, Ingabire Victoire Umuhoza yumvikanye ndetse agaragara mu bitangazamakuru avuga ko nta mbabazi yigeze asaba.

Ibi byanteye amatsiko njya gushakisha mbona ibaruwa yandikiye Perezida wa Repubulika amusaba imbabazi, byanteye kwibaza byinshi, ariko ndavuga nti ahari wasanga narasomye nabi.

None, nimwigire hino namwe mumfashe gusesengura iyi baruwa ya Victoire Ingabire Umuhoza yo ku wa 25 Kamena 2018, yandikiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame akamenyesha Minisitiri w’Ubutabera, ifite umutwe ugira uti “Gusaba imbabazi”.

Ingabire atangira iyi baruwa ye yagize ati “Nyakubahwa Perezida, nk’uko biteganywa n’itegeko no 30/2013 ryo ku wa 24/5/2013 ryerekeye imiburanishirije y’imanza z’inshinjabyaha, mu ngingo zaryo, iya 236, 237 na 238 mbandikiye mbasaba kungirira imbabazi ngafungurwa.”

Nsesenguye neza nsanze hano harimo ibintu by’ingenzi bikurikira:

Ingabire ntiyapfuye kwandika, ntabwo yabirose nta n’ubwo yidumbukije ngo asabe imbabazi, yarabanje aratekereza, afata itegeko ry’imiburanishirije y’imanza z’inshinjabyaha, asoma ingingo ku yindi abonamo izimwemerera gusaba imbabazi. Huum! none ngo ntazo yasabye?

“Mbandikiye mbasaba kungirira imbabazi ngafungurwa.” Mu gusesengura aya magambo reka mbanze nkubaze; niko Ingabi, waba warumvise indirimbo Umuhanzi Diplomat yaririmbye mu 2011 yitwa “Ikaramu”?

Niba utarayumvise hari aho yaririmbye ati “Niba mbeshya wanyomoza, uti aha arabeshya, kuko ikaramu nitwe tuzikoresha, si zo zidukoresha […] usabe utazisanga wasinye aho utasomye icyo gihe uzaba wasandaye, utazisararanga wasama.” Yumve hano.

Ni ko ye, ujya gufata urupapuro, ugafata ikaramu, ugashishimura ugira uti “Mbandikiye mbasaba kungirira imbabazi ngafungurwa” ntiwari ukomeje? Warikiniraga se tubimenye? Wari wasomye akantu se? – Nako ndabaza ubusa muri gereza zacu nta biyobyabwenge byinjiramo – numvise unashima ko zikora neza.

Ingabire akomeza agira ati “Nyakubahwa Perezida, imyaka maze muri gereza ari nayo maze ngarutse mu gihugu cyanjye, nabonye igihe gihagije cyo gukurikirana ubuzima bw’Igihugu.”

“Ibyagezweho ni byinshi kandi ntawe utabishima, ndetse ntawutagira inyota n’icyifuzo cyo gushaka gufatanya n’abandi gukomeza kubaka Umuryango Nyarwanda.”

Uti “Ntawutagira inyota”, none se inyota usohokanye ni iyihe? Kuvuga ko utasabye imbabazi? Kuvuga ko ntabyaha wakoze? Kuvuga ko aho waburanye hose utemeye ibyaha? Huum! Imana irihangana koko! Iyi niyo nyota wavugaga yo gukomeza kubaka Umuryango Nyarwanda? Ntumpeho!

Uti “Nta gushidikanya Abanyarwanda twese dushyize hamwe nta cyiza cyo kuri iyi Si tutagiraho uruhare?”

Uti “twese dushyize hamwe”, none se ubu dushyize hamwe koko? Wanditse usaba imbabazi uzihawe uti “ntazo nasabye?” Ko mbona harimo kwivuguruza, kubeshya, kudukinga ibikarito mu maso no kudushyushya imitwe; uku niko gushyira hamwe utuzaniye se?

Mbere yo gusoza yandikiye Perezida ati “Nyakubahwa Perezida, mu bushishozi bwanyu musanze nkwiriye guhabwa imbabazi ngafungurwa, ku ruhande rwanjye niyemeje gufatanya n’abaturarwanda bose guharanira iterambere rirambye mu gihugu cyacu kandi mu mahoro.”

Nubwo mbona hano harimo kwishongora [musanze nkwiriye], wavuze ko ubabariwe ugafungurwa wafatanya n’abandi guharanira iterambere mu mahoro, none uracyakomeje kwishongora nyabu!?

Ubu ntiwabonye ko Perezida wacu ashishoza nk’uko wari wabyanditse mu ibaruwa? Ariko uribuka ibyo wavugiye ku Rwibutso rwa Gisozi ahashyinguye abacu? Nako mu kiganiro cyawe na @LeVif wavuze ngo “La prison n’a brisé ni mon coeur ni ma force. La Victoire de 2010 est toujours la même.” Nzabandora!

Agasoza agira ati “Mbashimiye igisubizo cyiza muzagenera ubusabe bwanjye. Urumuri rw’Uhoraho rukomeze kubayobora.”

Hano usayuka uvuga ko “ushimiye igisubizo cyiza uzagenerwa” kandi koko imbabazi wasabye warazihawe. Uru rumuri rw’Uhoraho wasabye ko rukomeza kuyobora Perezida wacu, rwaramuyoboye kandi ruzakomeza kumuyobora kuko ni Imfura, ni Umuntu Nyamuntu.

Uru rumuri rero, rukurinde ikibi,
Uru rumuri rukurinde ikinyoma,
Uru rumuri rukwibutse ko ugifite imyaka 7 imbere yawe yo kwitwara neza,
Uru rumuri kandi rukwibutse ko nyuma y’iyo myaka 7 uzitwara neza indi myaka 5 kugira ngo uhanagurweho ubusembwa!

Ingabi, unkundire unsubize.

Iki ni igitekerezo bwite cy’umusomyi wacu Ruzindana Rugasaguhunga

 

Ingabire Victoire akomeje kwibazwaho byinshi nyuma yo kurekurwa ku mbabazi za Perezida

Ibaruwa Ingabire yandikiye Perezida Kagame asaba imbabazi

 

 

 

2018-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ubwanditsi 15 Mar 2021
Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Ubwanditsi 02 Nov 2019
‘U Rwanda ntirukeneye gushimirwa ifungurwa ry’abo kwa Rwigara’ –  Evode

‘U Rwanda ntirukeneye gushimirwa ifungurwa ry’abo kwa Rwigara’ – Evode

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Ubwanditsi 24 Apr 2018

4 Ibitekerezo

  1. Ngomijana
    September 21, 20185:39 pm -

    Aliko izi mpaka zose zimaze. He pardonned her that’s it! Niba uyu mutegs rugoli ahakana ko ntamabazi yasabye ibyo biramureba. Let’s move on. « Dutekereze neza ».
    Peace

    Subiza
  2. Ingabire Victoire Umuhoza
    September 21, 20187:13 pm -

    Ariko Kukomeza Kunkanga Ninde Wakubwiyeko Njyewe Ingabire Ngirubwoba? Ibirego Byose Ukomeje Kundambura Imbere, Haricyo Utarunziho Ariko Noneho Reka Nkikubwire Nagiye Gusiga Umugabo Wanjye Nabana Banjye Nakundaga Niyemeje Guhangana Nubuzima Bwose Nzasanga Murwanda Kumbwira Gereza Rero Ndumva Ntacyanterubwoba Kirimo Sibye Nogufungwa Nogupfa Byashaka Bikazamo Ariko Abanyamuryango Bacu Bagakomeza Kandi Nsobanureho Gato Kugusaba Imbabazi Njye Nanubu Ndabihamya Ntambabazi Nasabye Ahubwo Ujye Umenya Polotiki Iyariyo Ahubwo Abanyamuryango Banjye Mwese Muhumure Ntimugirubwoba Gufunga Ingabire Siko Guhagarika Ishyaka Abandi Bazakomeza Bakore

    Subiza
  3. Sema Halelua
    September 22, 201810:52 am -

    Arikose Mbaze Itegeko Rivuga Iki? Mukurikize Itegeko Ibindi Tubiharire Ingabire Nakagame Wamuhaye Imbabazi Ibyapolotiki Sinabyitambikara. Gusa Muzirinde Gusubiza Urwanda Rwace Habi, Turishakira Amahoro

    Subiza
  4. Gasana baptiste
    September 22, 20182:03 pm -

    Hapfuye abagabo bazize ubusa naho wowe naho wapfa ntacyo byaba bivuze nubundi ntakindi utuzaniye uretse ingengabitekerezo no kugumura abanyarwanda urabeshya turakuzi uri virus mbi uzi kuvuga uberegeza hubagurika gusa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu  Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye
ITOHOZA

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa
Mu Mahanga

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru