• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Ubwanditsi 15 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi agiriye urugendo mu mujyi wa Goma, mu burasirazuba bw’icyo gihugu, imitwe yitwaje intwaro iri mu mashyamba cyane cyane ya Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru, yatangiye kubura epfo na ruguru, kuko Perezida Tshisekedi yahaye isezerano abaturage bo muri turiya duce ko iminsi y’abahungabanya umutekano ibaze. Ibi binakubiye mu myanzuro y’inama Perezida wa RDC aherutse kugirana na bagenzi be, Paul Kagame w’uRwanda, Yoweri K. Museveni wa Ugana na Joao Lorenço wa Angola, biyemeje ubufatanye mu kurandura burundu imitwe y’iterabwoba imaze igihe iyogoza uburasirazuba bwa Kongo.

Umwe muri iyo mitwe inahamaze imyaka isaga 25, yica abaturage b’inzirakarenga, isahura, ifata abagore ku ngufu, ni FDLR yiganjemo abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Icyifuzo cyo guhashya burundu abo bagizi ba nabi cyatangiye kugira umusaruro, kuko mu mpera z’icyumweru gishize ingabo za Kongo, FARDC zacanye umuriro kuri FDLR mu mirwano yabereye ahitwa Bukombo , muri Teritwari ya Rutshuru, benshi mu barwanyi bayo bahasiga ubuzima, abandi bafatwa mpiri,barimo n’ufite ipeti rya ofisiye.

Si ubwa mbere ariko FARDC yibutsa FDLR ko iminsi yayo ibarirwa ku mitwe y’intoki, kuko kuva Perezida Tshisekedi yatorerwa kuba Perezida wa Kongo, nta munsi wira izo nzererezi zidapfushije abantu benshi, abandi batabarika bagatabwa muri yombi. Mu bari barigize ingunge ariko bikaza kurangira bahasize agatwe, harimo General Sylvestre Mudacumura wategekaga FDLR. Ibihumbi n’ibihumbi byahise byiyemeza gutaha mu Rwanda, kuko babonaga ko bishoye mu ntambara batazatsinda. Abatashye ku neza bashubijwe mu buzima busanzwe bamaze guhugurwa ku burere mboneragihugu, naho abafatiwe mu bikorwa by’iterabwoba bashyikirizwa ubutabera.

Ntibiramenyekana niba abafatiwe mu mirwano yo mu cyumweru gishize nabo bazazanwa mu Rwanda, ariko birashoboka cyane kuko ubutegetsi buriho muri RDC bwiyemeje kuvugurura umubano w’’icyo gihugu n’u Rwanda.

Abasesenguzi barahamya ko aka FDLR n’izindi nzerezi kaba kagiye gushoboka, dore ko Perezida Tshisekedi yiyemeje no gushyira ibiro bye I Goma n’umutwe ukomeye wa gisirikari, kugirango we ubwe yikurikiranire hafi ibikorwa byo kugarura umutekano mu karere.

2020-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024
Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Ubwanditsi 02 Feb 2022
Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump
Amakuru

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Birababaje :Bruce Melody Ntiyasohotse ku rutonde rw’abazaririmbana n’ Icyamamare Jason Derulo, Ese Cyaba Ari kibazo Cya Muzika Nyarwanda Itazwi
Mu Rwanda

Birababaje :Bruce Melody Ntiyasohotse ku rutonde rw’abazaririmbana n’ Icyamamare Jason Derulo, Ese Cyaba Ari kibazo Cya Muzika Nyarwanda Itazwi

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana
Mu Mahanga

Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Ubwanditsi 06 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru