• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Ubwanditsi 04 Jan 2018 Mu Rwanda

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis uyobora isositeye yitwa MICON afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza ku byaha akurikiranyweho rikomeje.

Gacinya usanzwe ari Visi Perezida wa Rayon Sports, ubushinjacyaha bumushinja ibyaha yakoze bifitanye isano n’ikompanyi ye ku giti cye yitwa MICON.

Ni ibyaha buvuga ko byakozwe mu masezerano sosiyete ye yari yagiranye n’Akarere ka Rusizi arimo kukazanira amapoto 830 y’umuriro w’amashanyarazi, ku kiguzi cya miliyoni 636 Frw.

Mu gusoma umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, uyu rwiyemezamirimo ntiyari mu cyumba cy’iburanisha, gusa hari bamwe bo mu muryango we.

Umucamanza yavuze ko hari impamvu zikomeye zituma Gacinya akekwaho ibyaha byongeye ngo ibyo aregwa bihanishwa igifungo kirenze imyaka ibiri.

Uyu mugabo ashinjwa gukora no gukoresha impapuro mpimbano, kwaka inyungu zidafite ishingiro no kubeshya ku murimo wakozwe.

Muri uru rubanza, Gacinya yunganiwe na Me Safari Kizito.

Ubushinjacyaha buvuga ko Gacinya yishyuwe miliyoni 495 Frw (nubwo we asobanura ko ari miliyoni 460 Frw), nyamara ngo igenzura ryakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) ryagaragaje ko ibikorwa byakozwe byagombaga kwishyurwa miliyoni 253 Frw.

Kubera ko MICON itarangije imirimo nk’uko yari iteganyijwe, Akarere ka Rusizi kashatse undi rwiyemezamirimo kamwishyura miliyoni 338 Frw. Ubushinjayacyaha bwanavuze ko bimwe mu bikoresho Gacinya yatanze bitari byujuje ubuziranenge kuko ngo harimo n’amapoto yari yaragoramye.

Mu kwiregura, Gacinya yasobanuye ko ahubwo Akarere ka Rusizi kamwishyuye amafaranga make atajyanye n’ibyo yakoze. Ngo amakosa yakozwe n’Akarere kamwokeje igitutu gashaka kubona ibyo kamurika mu mihigo.

Gacinya yanahakanye gutanga ibikoresho bitujuje ubuziranenge asobanura ko byabanzaga kunyura muri MAGERWA bigapimwa.

 

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya afungwa iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeje ku byaha ashinjwa

 

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 09 Jul 2017
U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 23 Sep 2021
Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside

Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside

Ubwanditsi 15 May 2018
Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Ubwanditsi 06 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries
Amakuru

Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ubwanditsi 28 Dec 2022
Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Abakuru b’ibihugu by’Afrika 5 mu Burundi
Mu Rwanda

Abakuru b’ibihugu by’Afrika 5 mu Burundi

Ubwanditsi 27 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru