• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana
Patrick Karegeya hagati y'abakwe babiri ba Kabuga aribo Paulin Murayi (ibumoso) na Antoine Libanji (iburyo)

Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana

Ubwanditsi 18 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Felesiyani Kabuga wafashwe kuri uyu wagatandatu, yamaze imyaka isaga 26 yihishahisha kuko yari afite abantu benshi bamufasha; igitangaje ariko, nubwo yashakishwaga n’inzego z’u Rwanda, Patrick Karegeya wakorera inzego z’u Rwanda mu mwaka wa 2003, yamufashije gucika ubwo inzego z’iperereza za Leta Zunze ubumwe z’Amerika (FBI) zamugeraga amajanja muri Kenya. Icyo gihe FBI, Inzego z’u Rwanda n’abari bashinzwe gukurikirana abajenosideri bakorera urukiko rw’Arusha (tracking team) bakoze igikorwa cyo gufata Kabuga aho yari muri Kenya, nuko Karegeya wari uri gukorera impande zombi (double agent) aramuburira igikorwa kiburizwamo umunsi umwe mbere yuko Kabuga yitabira inama yari gufatirwamo.

Mu kuburizamo icyo gikorwa uwari wagiteguye ariwe William Mwaura Munuhe, wari umucuruzi ndetse akora n’umwuga w’itangazamakuru, akaba umwe mu bantu bari bazi neza Kabuga yaje guha amakuru FBI mu 2003 itangira ibikorwa byo kumuhiga ariko birangira Karegeya amucikishije.  Munuhe yaje kwicirwa mu rugo rwe i Nairobi mu buryo butarasobanuka ariko bivugwa ko byari bifite aho bihuriye n’amakuru yatanze kuri Kabuga. Mu bishimiye ifatwa rya Kabuga harimo n’umuryango we.

Umubano hagati ya Karegeya n’umuryango wa Kabuga ntabwo wari ushingiye ku mafaranga gusa. Patrick Karegeya yageze ku muryango wa Kabuga Felesiyani binyuze ku mukobwa we Seraphine Uwimana wari umugore wa Antoine Libanje uzwi nka “Gishyoti”, watwaraga indege; Karegeya nyuma yaje kwiyegereza Libanje amugira inshuti kugirango atazamenya ko amuca inyuma. Iki gihe kandi Karegeya maenyana n’umugore we, Antoine Libanje yari afite kanseri yari imugeze kure, bityo kuri Karegeya amata aba abyaye amavuta, yihererena Seraphine Uwimana ntawe bamusangira. Nubwo Leah yari yarihanganiye abagore benshi ba Karegeya, Seraphine Uwimana yaramubabaje cyane, kuko Karegeya yabohereje muri Amerika n’abana kugirango yibere mu bye uko ashaka, ndetse yanga n’uburinzi Afurika y’Epfo yari yamuhaye.

Mu 2011, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwavuze ko Col Patrick Karegeya yagize uruhare mu gusubiza imitungo abana ba Kabuga yari yarafatiriwe n’ubutabera. Abana babiri ba Kabuga aribo Donatien Nshimyumuremyi uzwi nka Nshima na Séraphine Uwimana baje mu Rwanda hagati ya Ukwakira na Ukuboza 2003, bazanywe no kwisubiza imitungo y’umuryango wabo.

Gahunda y’ingendo zabo kandi mu Rwanda byishyuwe n’Urwego rushinzwe iperereza Karegeya yari akuriye. Karegeya yikinze inyuma ya gahunda nziza Leta y’ubumwe yari ifite yo gusubiza abantu batakekwagaho ibyaha bya Jenoside imitungo yabo, nuko nawe ahesha imitungo umuryango w’inshuti ye yari amaze kunguka.

Mu mitungo bahawe icyo gihe harimo inyubako yegeranye na City Plaza mu mujyi rwagati ndetse n’inyubako yakoreragamo Banki y’Abaturage ku Muhima.

Izo nyubako zombi zari mu mazina ya Kabuga, hanyuma amasezerano y’ubukode yasinywe hagati y’abazikoreragamo na Donatien Nshimyumuremyi anafunguza konti muri BCDI, [Ecobank y’ubu] kugira ngo ubwishyu ariho buzajya bunyuzwa.

Muri iyo minsi bamaze muri Kigali, babaga muri Hotel de Mille Collines hanyuma fagitire y’ibyo bakoresheje yari ifite nimero 105620 yoherezwa mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza ryo hanze kugira ngo yishyurwe.

Amafaranga yarishyuwe ku wa 25 Gashyantare 2004 binyuze kuri sheki yari ifite nimero 438099 yasinywe na Patrick Karegeya.

Aba bana ba Kabuga kandi bagiye kuba muri Gorilla Hotel nabwo fagitire yoherezwa mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza ryo hanze, kuri ya tariki na none muri Gashyantare kabiri irishyurwa kuri sheki nimero 466952 yasinywe na Karegeya.

Umuryango wa Kabuga na RNC

Nyuma yuko Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya bahungiye igihugu bagashinga ishyaka rya RNC, amaboko yambere yagombaga guturuka kwa Kabuga kubera ubucuti bari bamaze kugirana na Karegeya ndetse n’abandi bantu Karegeya yari yaragize inshuti ze ku giti cye abikesha akazi yakoraga. Kubera ko umukwe wa mbere wa Kabuga wamenyanye na Patrick Karegeya ariwe Antoine Libanje, yari amerewe nabi na kanseri, undi mukwe wa Kabuga ariwe Paulin Murayi niwe witabajwe maze ahagararira RNC mu Bubiligi mbere yo kubivamo. Libanje yaje kwitaba Imana muri 2016.

Ifoto y’urwibutso hagati ya RNC na FDU Inkingi

Mu kwezi kwa Gashyantare 2013, habyae inama y’iminsi itanu hagati ya RNC na FDU Inkingi. Mu bari bahagarariye FDU Inkingi harimo na Ndereye Karoli, Interahamwe yamaze abatutsi muri ISAR Rubona, abanda bari Sixbert Musangamfura na Nkiko Nsengimana. Naho RNC yari ihagarariwe na Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya n’umukwe wa Kabuga Paulin Murayi arinawe wishyuye Hotel ku mafaranga yari yahawe na Sebukwe.

Nyuma yo kubona uburyo umuryango wa Kabuga ufasha RNC, Theogene Rudasingwa nawe yafashe inzira ajya mu Bufaransa kwa Agathe Kanziga ngo agiye kumusaba imbabazi. Amakuru avugako Kanziga yatumije abari mu kazu bakarara bicaye, nuko Theogene Rudasingwa arabataramira biratinda.

2020-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR, General Nsengiyumva Secyugu Gabral yishwe na FARDC nyuma y’iminsi itatu gusa ahawe inshingano nshya muri uwo mutwe

Umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR, General Nsengiyumva Secyugu Gabral yishwe na FARDC nyuma y’iminsi itatu gusa ahawe inshingano nshya muri uwo mutwe

Ubwanditsi 25 Oct 2020
Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano,  nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI  byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Ubwanditsi 13 Feb 2020
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Ubwanditsi 01 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sunrise FC, Rwamagana City, Vision FC na Interforce zo mu kiciro cya kabiri zabonye itike yo gukina imikino ya 1/2 bahatanira gukina ikiciro cya mbere 2022-2023
Amakuru

Sunrise FC, Rwamagana City, Vision FC na Interforce zo mu kiciro cya kabiri zabonye itike yo gukina imikino ya 1/2 bahatanira gukina ikiciro cya mbere 2022-2023

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League
IMIKINO

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 16 Mar 2018
APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”
Amakuru

APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

Ubwanditsi 13 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru