• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Ubwanditsi 26 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yagiranye ibiganiro na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, amwizeza ubufasha mu gihe ari kwiyamamariza kuyobora Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Mushikiwabo yari i Kinshasa muri RDC aherekejwe n’abandi barimo Donald Kaberuka wigeze kuyobora BAD.

Perezida Kabila yijeje Mushikiwabo kumushyigikira mu gihe ari kwiyamamariza kuyobora OIF, avuga ko ubumwe bwa Afurika bugomba kugaragarira muri Armenia ahazabera amatora y’uyu muryango.

Mbere y’uko ahura na Kabila, Mushikiwabo yari yagiranye ibiganiro na mugenzi w’ububanyi n’amahanga muri RDC, Léonard She Okitundu.

Ibikorwa byo kwiyamamza bya Mushikiwabo bimaze gufata indi ntera kuko ari gusura ibihugu binyuranye abisobanurira gahunda ze. Mu minsi ishize, yahuye na Perezida wa Tchad, Idriss Deby Itno aho baganiriye ku nyungu z’ubufatanye no kunga ubumwe bw’ibihugu bya Afurika, by’umwihariko mu nama rusange ya OIF iteganyijwe mu minsi iri imbere.

Yanagiranye ibiganiro kandi na Perezida wa Congo, Denis Sassou Nguesso, byagarutse ku ngingo zitandukanye zibanze ku ruhare Afurika ikwiye kugira muri uyu muryango, bitari ukubera amateka yawo gusa ahubwo no kuba Abanyamuryango bawo bagenda biyongera.

Yanabonanye na Perezida w’iki gihugu, Hery Rajaonarimampianina, uyoboye OIF, amushyikiriza kandidatire ye kuri uyu mwanya.

Mushikiwabo uhanganye n’Umunya-Canada Michaëlle Jean, wayoboye OIF kuva mu 2014, yatanze kandidatire ye nyuma y’uko abakuru b’ibihugu bitabiriye Inama ya 31 Isanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iherutse kubera i Nouakchott muri Mauritania, bemeje ko bamushyikiye. Anashyigikiwe kandi n’ibihugu bikomeye muri uyu muryango nk’u Bufaransa.

Umuryango wa Francophonie washinzwe mu 1970, urakomeye cyane kuko uhuza ibihugu bivuga Igifaransa, aho igenzura riheruka mu 2014 ryerekanye ko kivugwa na miliyoni 274 mu migabane itanu y’Isi.

Amatora y’Umunyabanga Nshingwabikorwa wawo ategerejwe mu Nteko Rusange yawo ya 17 izabera muri Armenia kuva ku wa 11 na 12 Ukwakira 2018.

Mushikiwabo azaba ahanganye na Michaëlle Jean umaze imyaka ine ayobora uyu muryango akaba ari gushaka uko yakongera gutorwa.

 

Perezida Kabila yijeje Mushikiwabo ubufasha mu gihe ari guhatanira kuyobora OIF

 

Dr Donald Kaberuka ni umwe mu bari baherekeje Mushikiwabo ubwo yahuraga na Kabila

 

Minisitiri Mushikiwabo yahuye na mugenzi we w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Léonard She Okitundu

 

Mushikiwabo akomeje ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora OIF aho asura ibihugu bitandukanye

 

2018-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ubwanditsi 21 Jan 2021
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Ubwanditsi 30 Oct 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Oswald Rukashaza
    July 26, 20189:21 am -

    Byaba ari ugusaba uwo wimye?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda
HIRYA NO HINO

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

Ubwanditsi 21 Jun 2019
Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania
Amakuru

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Ubwanditsi 30 Sep 2020
Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Ubwanditsi 01 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru