• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba FLN, wa Paul Rusesabagina.

Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba FLN, wa Paul Rusesabagina.

Ubwanditsi 05 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru dukesha urubuga “Burundi Daily”, muri rusange ruzwiho gutanga amakuru yizewe, aravuga ko Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba zibarirwa muri 20 zo muri wa mutwe w’iterabwoba wa FLN.

Ibi bije bikurikira igikorwa nk’iki Leta y’u Rwanda yakoze mu mpera z’icyumweru gishize, cyo gushyikiriza u Burundi abarwanyi 19 bo mu mutwe wa RED-Tabara, urwanya Leta y’ Uburundi, bakaba barafatiwe ku butaka bw’u Rwanda muri Nzeri umwaka ushize wa 2020.

Burundi Daily iravuga ko inyeshyamba za FLN zigiye koherezwa mu Rwanda zafatiwe mu ishyamba rya Kibira mu byumweru bike bishize, ubwo ziteguraga kugaba ibitero mu Rwanda. Amapeti y’abazoherezwa mu Rwanda ntarashyirwa ahagaragara, kimwe n’umubare ndetse n’ubwoko bw’intwaro bafatanywe.

Uyu mutwe wa FLN uyobowe n’uwiyise ”Gen JEVA”, utaratamba hagati y’amashyamba y‘u Burundi n’ayo muri Kivu y’Amajyepfo muri Kongo. Wahoze ukuriwe na Paul Rusesabagina, mbere y’uko gashyiga imushyigura akizanira ubutabera bw’u Rwanda muri Kanama umwaka ushize.

Yagiye yigamba kenshi ibitero byagabwe mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe mu mwaka wa 2018 na 2019, byanaguyemo abaturage b’inzirakarengane abandi barakomereka, ibyabo birasahurwa ibindi birangizwa. Ibi byaha ni nabyo Paul “Rusisibiranya” akurikiranyweho, kimwe n’abandi bagaragu be babana muri gereza.

Imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda igizwe ahanini n’inzererezi zishoye cyangwa zishorwa mu ntambara zidashoboye kurwana, kuko uretse n’ubumenyi mu bya gisirika, nta n’impamvu bafite yo kurwana.

Ibi byagiye bibaviramo kwicwa nk’udushwiriri, abandi amagana bagafatwa mpiri, bigaragaza ko mu by’ukuri ari impehe zitazi iyo ziva n’iyo zijya. Si FLN gusa kandi, kuko na P5/RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse na FDLR imaze imyaka mu mashyamba ya Kongo bisigaye ku izina gusa.

Abo bacakara bo muri FLN ye baje kurushya iminsi mu Rwanda, kimwe na shebuja Rusesabagina, Nsabimana Callixte “Sankara” na Herman Nsengimana , n’ ibindi byihebe biri mu maboko y’ubutabera mu Rwanda.

Aba bo urubanza rwabo ruzasomwa tariki 20 z’uku kwezi, abaturage bakaba basaba ko bazahabwa igihano ntangarugero, kizatuma n’abandi bishora mu bikorwa byo kuvutsa Igihugu umudendezo babihurwa.

Amakuru avuga ko hakiri amagana y’inyeshyamba za FLN zikibundabuda mu ishyamba rya mu Kibira, ariko abasesenguzi bagahamya ko iki gikorwa cy’uBurundi gishobora gukurikirwa n’ibindi byinshi, bigamije guhashya burundu aka gatsiko k’abagizi ba nabi.

Iki gikorwa kandi cyo guhererekanya abanyabyaha hagati y’uRwanda n’u Burundi kiratanga icyizere ko umubano w’ibihugu byombi uri mu nzira nziza yo kuzahurwa, ndetse n’ubushake bw’ibihugu byombi byo kubumbatira umutekano mu karere.

2021-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023
Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Ubwanditsi 06 Sep 2023
Rubanguka Steven, umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu Amavubi agakina muri AE Karaiskakis Artas yo muri Greece yageze mu mwiherero w’Ikipe i Nyamata

Rubanguka Steven, umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu Amavubi agakina muri AE Karaiskakis Artas yo muri Greece yageze mu mwiherero w’Ikipe i Nyamata

Ubwanditsi 18 Mar 2021

Bite by’u Rwanda ku kwiyunga kuri Uganda na Tanzania mu kwakira CHAN 2025 – Kenya mu mibare igoye yo kwakira

Ubwanditsi 11 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania
Amakuru

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Amateka ya Nyakwigendera  Mazimpaka  Patrick  guhera u Rwanda rwabona ubwigenge .
POLITIKI

Amateka ya Nyakwigendera  Mazimpaka  Patrick  guhera u Rwanda rwabona ubwigenge .

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]
Mu Rwanda

Kigali Investment Company niyo yegukanye umuturirwa wa Rujugiro [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru