• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Ubwanditsi 06 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Abatangabuhamya benshi cyane, bari mu bahungiye muri Hoteli ya Mille Collines mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi , badushimiye umusaza witwa Louis Rugerinyange wabitangiye cyane, atitaye ko nawe ubwe yashoboraga kuhasiga ubuzima.

Uyu Louis Rugerinyange yari umukozi mukuru muri Banki ya Kigali. Akimara kumenya ko hari abakiliya b’iyo banki bahungiye muri Mille Collines yihutiye kubasanga, ababaza niba hari icyo yabafasha bakabona udufaranga two gusunika iminsi. Nk’uko abo yafashije babitubwiye, Rugerinyange ngo yanyuraga mu masasu avuza ubuhuha, akajya i Gitarama aho BK yari yarimukiye, maze nibura rimwe mu cyumweru, cyane cyane kuwa gatatu, akabazanira amafaranga.

Mu bo twashoboye kumenya Rugerinyange yafashije, harimo imiryango ya ba Nyakwigendera Védaste Rubangura na Bertin Makuza , n’abandi bantu benshi. Ngo wapfaga gusa kuba ufite sheki cyangwa akandi kantu kerekana ko wari umukiliya wa BK, ibindi Rugerinyange akabyirengera.
Abo batangabuhamya badusobanuriye uburyo ibyo Louis Rugerinyange yakoze byari nko kwiyahura, kuko uretse no kuba yarashoboraga kugwa mu masasu y’intambara, yashoboraga no kwicwa n’Interahamwe cyangwa abasirikari ba Leta y’icyo gihe bamushinja kugemurira ”Inyenzi”. Imana yaramufashije igikorwa cye cy’urukundo aragisohoza, kandi abo yagiriye neza baracyazirikana ubwo bumuntu.

Abaduhaye amakuru bavuga ko ayo mafaranga yagobotse benshi, barimo yemwe n’abatari abakiliya ba BK, kuko uwayabonaga yahagaho izindi mpunzi, bose bakishyura ikibatunga, andi bakayakoresha bigura kuri Rusesabagina ngo atabashumuriza Interahamwe nk’uko yabigenje ku babuze icyo bamuha.

Amakuru kandi dukesha abari mu myanya y’ubuyobozi bw’Igihugu, cyane cyane mu bijyanye n’imari nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ahamya ko Louis Rugerinyange ari mu bagize uruhare rukomeye kugirango BK yongere gukora. Abo bantu bakoze uko bashoboye ngo imari n’inyandiko bya BK bicungirwe umutekano, ari nabyo byatumye ishobora guhita ifungura imiryango.

Igitangaje rero nk’uko abahungiye muri Mille Collines babivuga, ni ukubona Paul Rusesabagina ariwe wahawe igihembo “cy’ubutwari”, aho kugiha Louis Rugerinyange washyize ubuzima bwe mu kaga atabara ubw’abandi. Bagize bati:” Rusesabagina yari yibereye muri business. Ntakabeshye ngo hari uwo yarokoye kuko n’ibyo yakoze byose twaramwishyurana , n’ikimenyimenyi hari abo yajugunye hanze, abandi yanga kubakira kuko babuze amafaranga yo kwigura. Nyamara Rugerinyange we nta nyungu yari agamije mu bikorwa byiza yadukoreye. Uyu niwe ukwiye igihembo cy’ubugiraneza”.

Andi makuru twashoboye kumenya ni uko Louis Rugerinyange afitanye isano ya hafi na Matayo Ngirumpatse wari Perezida wa MRND. Mu gihe Ngirumpatse yari ahugiye mu bwicanyi, Rugerinyange we yari ahugiye mu butabazi. Ni Umunyarwanda muzima.
Louis Rugerinyange ni umugabo usheshe akanguhe, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru. Atuye i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, akaba azwiho kwicisha bugufi no kubana neza n’abaturanyi.

Akwiye kubera benshi urugero, cyane cyane urubyiruko, ureke ”Rusisibiranya” Paul Rusesabagina wiyitirira ibyo atakoze.

2021-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro

Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe

Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Ubwanditsi 31 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi  rwabohoye u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi rwabohoye u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2018
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi
INKURU NYAMUKURU

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri
UBUKUNGU

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Ubwanditsi 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru