• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Ubwanditsi 06 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Abatangabuhamya benshi cyane, bari mu bahungiye muri Hoteli ya Mille Collines mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi , badushimiye umusaza witwa Louis Rugerinyange wabitangiye cyane, atitaye ko nawe ubwe yashoboraga kuhasiga ubuzima.

Uyu Louis Rugerinyange yari umukozi mukuru muri Banki ya Kigali. Akimara kumenya ko hari abakiliya b’iyo banki bahungiye muri Mille Collines yihutiye kubasanga, ababaza niba hari icyo yabafasha bakabona udufaranga two gusunika iminsi. Nk’uko abo yafashije babitubwiye, Rugerinyange ngo yanyuraga mu masasu avuza ubuhuha, akajya i Gitarama aho BK yari yarimukiye, maze nibura rimwe mu cyumweru, cyane cyane kuwa gatatu, akabazanira amafaranga.

Mu bo twashoboye kumenya Rugerinyange yafashije, harimo imiryango ya ba Nyakwigendera Védaste Rubangura na Bertin Makuza , n’abandi bantu benshi. Ngo wapfaga gusa kuba ufite sheki cyangwa akandi kantu kerekana ko wari umukiliya wa BK, ibindi Rugerinyange akabyirengera.
Abo batangabuhamya badusobanuriye uburyo ibyo Louis Rugerinyange yakoze byari nko kwiyahura, kuko uretse no kuba yarashoboraga kugwa mu masasu y’intambara, yashoboraga no kwicwa n’Interahamwe cyangwa abasirikari ba Leta y’icyo gihe bamushinja kugemurira ”Inyenzi”. Imana yaramufashije igikorwa cye cy’urukundo aragisohoza, kandi abo yagiriye neza baracyazirikana ubwo bumuntu.

Abaduhaye amakuru bavuga ko ayo mafaranga yagobotse benshi, barimo yemwe n’abatari abakiliya ba BK, kuko uwayabonaga yahagaho izindi mpunzi, bose bakishyura ikibatunga, andi bakayakoresha bigura kuri Rusesabagina ngo atabashumuriza Interahamwe nk’uko yabigenje ku babuze icyo bamuha.

Amakuru kandi dukesha abari mu myanya y’ubuyobozi bw’Igihugu, cyane cyane mu bijyanye n’imari nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ahamya ko Louis Rugerinyange ari mu bagize uruhare rukomeye kugirango BK yongere gukora. Abo bantu bakoze uko bashoboye ngo imari n’inyandiko bya BK bicungirwe umutekano, ari nabyo byatumye ishobora guhita ifungura imiryango.

Igitangaje rero nk’uko abahungiye muri Mille Collines babivuga, ni ukubona Paul Rusesabagina ariwe wahawe igihembo “cy’ubutwari”, aho kugiha Louis Rugerinyange washyize ubuzima bwe mu kaga atabara ubw’abandi. Bagize bati:” Rusesabagina yari yibereye muri business. Ntakabeshye ngo hari uwo yarokoye kuko n’ibyo yakoze byose twaramwishyurana , n’ikimenyimenyi hari abo yajugunye hanze, abandi yanga kubakira kuko babuze amafaranga yo kwigura. Nyamara Rugerinyange we nta nyungu yari agamije mu bikorwa byiza yadukoreye. Uyu niwe ukwiye igihembo cy’ubugiraneza”.

Andi makuru twashoboye kumenya ni uko Louis Rugerinyange afitanye isano ya hafi na Matayo Ngirumpatse wari Perezida wa MRND. Mu gihe Ngirumpatse yari ahugiye mu bwicanyi, Rugerinyange we yari ahugiye mu butabazi. Ni Umunyarwanda muzima.
Louis Rugerinyange ni umugabo usheshe akanguhe, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru. Atuye i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, akaba azwiho kwicisha bugufi no kubana neza n’abaturanyi.

Akwiye kubera benshi urugero, cyane cyane urubyiruko, ureke ”Rusisibiranya” Paul Rusesabagina wiyitirira ibyo atakoze.

2021-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Ngoma: Abaturage bahaye Polisi amakuru y’ahahishe imifuka itandatu y’urumogi

Ngoma: Abaturage bahaye Polisi amakuru y’ahahishe imifuka itandatu y’urumogi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Akanyamuneza , Amasengesho,  Gusabana no kwidagadura  mu gitaramo cya Noheri

Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda arashinja Umubiligi kumukorera irondaruhu
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda arashinja Umubiligi kumukorera irondaruhu

Ubwanditsi 06 Jun 2018
Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi
Mu Rwanda

Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru