• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Ubwanditsi 06 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Abatangabuhamya benshi cyane, bari mu bahungiye muri Hoteli ya Mille Collines mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi , badushimiye umusaza witwa Louis Rugerinyange wabitangiye cyane, atitaye ko nawe ubwe yashoboraga kuhasiga ubuzima.

Uyu Louis Rugerinyange yari umukozi mukuru muri Banki ya Kigali. Akimara kumenya ko hari abakiliya b’iyo banki bahungiye muri Mille Collines yihutiye kubasanga, ababaza niba hari icyo yabafasha bakabona udufaranga two gusunika iminsi. Nk’uko abo yafashije babitubwiye, Rugerinyange ngo yanyuraga mu masasu avuza ubuhuha, akajya i Gitarama aho BK yari yarimukiye, maze nibura rimwe mu cyumweru, cyane cyane kuwa gatatu, akabazanira amafaranga.

Mu bo twashoboye kumenya Rugerinyange yafashije, harimo imiryango ya ba Nyakwigendera Védaste Rubangura na Bertin Makuza , n’abandi bantu benshi. Ngo wapfaga gusa kuba ufite sheki cyangwa akandi kantu kerekana ko wari umukiliya wa BK, ibindi Rugerinyange akabyirengera.
Abo batangabuhamya badusobanuriye uburyo ibyo Louis Rugerinyange yakoze byari nko kwiyahura, kuko uretse no kuba yarashoboraga kugwa mu masasu y’intambara, yashoboraga no kwicwa n’Interahamwe cyangwa abasirikari ba Leta y’icyo gihe bamushinja kugemurira ”Inyenzi”. Imana yaramufashije igikorwa cye cy’urukundo aragisohoza, kandi abo yagiriye neza baracyazirikana ubwo bumuntu.

Abaduhaye amakuru bavuga ko ayo mafaranga yagobotse benshi, barimo yemwe n’abatari abakiliya ba BK, kuko uwayabonaga yahagaho izindi mpunzi, bose bakishyura ikibatunga, andi bakayakoresha bigura kuri Rusesabagina ngo atabashumuriza Interahamwe nk’uko yabigenje ku babuze icyo bamuha.

Amakuru kandi dukesha abari mu myanya y’ubuyobozi bw’Igihugu, cyane cyane mu bijyanye n’imari nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ahamya ko Louis Rugerinyange ari mu bagize uruhare rukomeye kugirango BK yongere gukora. Abo bantu bakoze uko bashoboye ngo imari n’inyandiko bya BK bicungirwe umutekano, ari nabyo byatumye ishobora guhita ifungura imiryango.

Igitangaje rero nk’uko abahungiye muri Mille Collines babivuga, ni ukubona Paul Rusesabagina ariwe wahawe igihembo “cy’ubutwari”, aho kugiha Louis Rugerinyange washyize ubuzima bwe mu kaga atabara ubw’abandi. Bagize bati:” Rusesabagina yari yibereye muri business. Ntakabeshye ngo hari uwo yarokoye kuko n’ibyo yakoze byose twaramwishyurana , n’ikimenyimenyi hari abo yajugunye hanze, abandi yanga kubakira kuko babuze amafaranga yo kwigura. Nyamara Rugerinyange we nta nyungu yari agamije mu bikorwa byiza yadukoreye. Uyu niwe ukwiye igihembo cy’ubugiraneza”.

Andi makuru twashoboye kumenya ni uko Louis Rugerinyange afitanye isano ya hafi na Matayo Ngirumpatse wari Perezida wa MRND. Mu gihe Ngirumpatse yari ahugiye mu bwicanyi, Rugerinyange we yari ahugiye mu butabazi. Ni Umunyarwanda muzima.
Louis Rugerinyange ni umugabo usheshe akanguhe, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru. Atuye i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, akaba azwiho kwicisha bugufi no kubana neza n’abaturanyi.

Akwiye kubera benshi urugero, cyane cyane urubyiruko, ureke ”Rusisibiranya” Paul Rusesabagina wiyitirira ibyo atakoze.

2021-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Ubwanditsi 28 May 2021
Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose
ITOHOZA

Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2021
Perezida Robert Mugabe yirukanwe n’ishyaka rye ku buyobozi bwaryo
Mu Mahanga

Perezida Robert Mugabe yirukanwe n’ishyaka rye ku buyobozi bwaryo

Ubwanditsi 19 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru