• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rusesabagina Ntabwo Yatunguranye Ubwo Yatangazaga Ko Yari Ateze Indege Ijya I Burundi Akisanga I Kigali, n’Ubundi FLN Ifite Ibirindiro Muri Icyo Gihugu

Rusesabagina Ntabwo Yatunguranye Ubwo Yatangazaga Ko Yari Ateze Indege Ijya I Burundi Akisanga I Kigali, n’Ubundi FLN Ifite Ibirindiro Muri Icyo Gihugu

Ubwanditsi 18 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ku munsi w’ejo, Ikinyamakuru New York Times gikomeye cyane ku isi ariko cyandikirwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, cyatangaje inkuru nyuma yaho umunyamakuru wacyo Abdi Latif Dahir abonaniye na Rusesabagina akagira ibyo amutangariza.
Mu makuru yari akenewe kumenya uko Rusesabagina yisanze I Kigali, nyirubwite yivugiye ko yari ateze indege igiye I Burundi kuganira n’insengero zari zamutumiye.

Aha ni birasekeje ku muntu wese uzi Rusesabagina kubera impamvu zitandukanye: Icyambere ni uko izo nsengero avuga bidashoboka kubera ko nta rusenegero I Burundi rwabasha gutumira Rusesabagina kubera yishyuza nibya Mirenge, icyakabiri nuko Rusesabagina atajya aganiriza insengero, ahubwo aba ashaka Kaminuza n’inzego za Leta nk’inteko zishinga amategeko.

Rusesabagina yanze kwerura ngo avuge ko yari agiye mu bikorwa bye bya FLN biterwamo inkunga na Leta y’u Burundi. Ndetse hakaba hari ingabo afite ziri mu Kibira mu ishyamba rifatanye na Nyungwe nkuko byagiye bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye byo mu Burundi.

Rusesabagina yeretswe itangazamakuru ku wa 31 Kanama 2020, RIB isobanura ko yatawe muri yombi afatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali ndetse ko yageze mu Rwanda ku bushake. Ifatwa rye ryakuruye impaka ku Isi hose, bamwe bavuga ko yashimuswe, abandi ko indege yarimo yayobejwe akisanga i Kigali. Hari amakuru yavugaga kandi ko ku wa 27 Kanama 2020, Rusesabagina yageze i Dubai saa moya n’iminota icumi z’ijoro.
Umuryango wa Rusesabagina wirirwa ukwirakwiza ibihuha nyamara nyirubwite amaze gukora ibiganiro byihariye n’ibinyamakuru bibiri aribyo The East Africa na The New York Times, akaba ntaho yigeze atangaza ko afashwe nabi cyangwa yakorewe iyicarubozo. Avuga ko afashwe neza cyane.
Mu kiganiro cyihariye yagiranye na New York Times, uyu mugabo w’imyaka 66 yavuze ko yafashe indege atekereza ko agiye mu Burundi. Iki kiganiro yagitanze ku wa Kane w’iki Cyumweru kuri Station ya Polisi ya Remera aho afungiwe, yari kumwe n’abunganizi be babiri aribo Me Nyambo Emeline na Me Rugaza David. Ni ikiganiro yavuze ko yatanze ku bushake bwe nta muntu umuhatiye.
Icyo kiganiro cyakorewe mu cyumba Rusesabagina afungiwemo, inkuru ivuga ko cyari kirimo isuku, kirimo uburiri butwikirije inzitiramibu. Uyu mugabo ngo yari yambaye ipantalo ya kaki, ikote, inkweto n’isaha ku kuboko iri mu ibara rya zahabu.

Mu nkuru iteye amatsiko Rusesabagina yavuze ko yagiye kubona akabona akikijwe n’abasirikare b’u Rwanda, ni ko kumenya ko aho ari atari i Burundi ahubwo ari mu gihugu cy’igituranyi, u Rwanda, aho yaherukaga mu myaka 16; ibintu ngo nawe byamutunguye. Abajijwe uko yumvise ameze nyuma yo kwisanga mu Rwanda, Rusesabagina yarasubije ati“Nawe ibaze uko wakumva umeze wisanze ahantu udakwiriye kuba uri”.

Ku bijyanye n’abunganizi be mu mategeko Rusesabagina yabwiye The New York Times ko ariwe wabihitiyemo. Abajijwe niba yari yigeze ahatwa ibibazo, yavuze ko bitabayeho, ati “mu by’ukuri nta byabayeho, nta muntu wampase ibibazo.”

Nkuko yagiye ibitangaza ku mugaragaro, FLN yemeje ko ariyo yagabye ibitero muri Nyaruguru na Nyamagabe mu myaka ibiri ishize, kandi utwo turere tukaba tudakora ku mupaka na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo ahubwo n’u Burundi, bityo icyo gihugu cy’u Burundi kikaba cyarahaye inzira abo barwanyi kugirango binjirire imbere mu gihugu. Rusesabagina akaba yari agiye kubasura.

2020-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 03 Apr 2020
As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Ubwanditsi 18 Sep 2021
Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Ubwanditsi 03 Feb 2019
Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ubwanditsi 28 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2018
Imizinga ishobora kuvamo imyibano ku uwishe Col. Patrick  Karegeya
INKURU NYAMUKURU

Imizinga ishobora kuvamo imyibano ku uwishe Col. Patrick  Karegeya

Ubwanditsi 16 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru