• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Ubwanditsi 27 Apr 2023 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatatu nibwo hakinwe umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Kiyovu SC yasezereye ikipe ya Rwamagana itsinze ibitego 3-0, biba ibitego 5-2 mu mikino yombi.

Ni umukino wabereye mu karere ka Muhanga ku isaha ya Saa sita n’igice, Kiyovu SC yari yatakaje umukino ubanza yaje ishaka itsinzi muri uyu mukino kugira ngo yizere muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro yahise ibigeraho.

Ibitego bitatu by Kiyovu SC byatsinzwe na Muhozi Fred ku munota wa 41, Erisa Ssekisambu ku munota wa 49 na Iradukunda Bertrand watsinze igitego cy’intsinzi ku munota wa 75.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe y’Urucaca byayigejeje muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro aho itegereje ikipe izaba hagati ya Rayon Sports na Police FC zo zakinaga umukino ubanza wa 1/4.

Nyuma y’umukino wa Kiyovu SC na Rwamagana hakurikiyeho uwahuje Rayon Sports yari yasuye Police FC kuri sitade y’Akarere ka Muhanga.

Ni umukino warangiye Police FC itsinzwe ibitego 3-2, mu gihe mumukino waherukaga guhuza aya makipe yombi muri shampiyona y’u Rwanda Police yari yatsinze 4-2.

Ku ruhande rwa Rayon Sports niyo yatangiye neza kuko ku munota wa 9, Eric Ngendahimana yafunguye amazamu ya Police, ku munota wa 16 Musa Essenu yongeyemo igitego cya kabiri mbere y’uko Leandre Essombe Willy Onana ashyiramo igitego cya gatatu.

Mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka, Rutahizamu Mugisha Didier wa Police yishyuyemo igitego kimwe muri bitatu bari batsinzwe, bityo amakipe yombi ajya mu kirihuko ari 3-1.

Igice cya Kabiri cy’uyu mukino cyaranzwe no kwitwara neza kwa Police FC yari yakiriye uyu mukino, ku munota wa 63 w’umukino Mugisha Didier yongeye kubona ikindi gitego cya kabiri kuriwe ndetse no kuri Police FC, akaba umukino warangiye Rayon itsinze Police FC 3-2.

Umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza uzabuza Rayon Sports na Police FC uzakinwa kuya 3 Gicurasi 2023 ubere kuri Sitade ya Muhanga.

Undi mukino wabaye, ikipe ya Musanze FC yasezerewe ku kibuga cyayo na Musanze FC nyuma yo kuba umukino wo kwishyura warangiye musanze itsinze kimwe kubusa bihwana n’uko umukino ubanza wari wagenze.

Habayeho kwitabaza penaliti, Mukura VS isezerera Musanze FC kuri Penaliti 4-2, bityo ikipe yo mu karere ka Huye igera muri 1/2 aho izahura na APR FC naho Kiyovu SC yo ikazahura nizatsinda hagati ya Police FC na Rayon Sports.

2023-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze impamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze impamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.

Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.

Ubwanditsi 03 May 2024
Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Ubwanditsi 02 Jun 2019
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi
Mu Mahanga

Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana
Amakuru

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023
Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare
Mu Rwanda

Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare

Ubwanditsi 13 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru