• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Ubwanditsi 27 Apr 2023 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatatu nibwo hakinwe umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Kiyovu SC yasezereye ikipe ya Rwamagana itsinze ibitego 3-0, biba ibitego 5-2 mu mikino yombi.

Ni umukino wabereye mu karere ka Muhanga ku isaha ya Saa sita n’igice, Kiyovu SC yari yatakaje umukino ubanza yaje ishaka itsinzi muri uyu mukino kugira ngo yizere muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro yahise ibigeraho.

Ibitego bitatu by Kiyovu SC byatsinzwe na Muhozi Fred ku munota wa 41, Erisa Ssekisambu ku munota wa 49 na Iradukunda Bertrand watsinze igitego cy’intsinzi ku munota wa 75.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe y’Urucaca byayigejeje muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro aho itegereje ikipe izaba hagati ya Rayon Sports na Police FC zo zakinaga umukino ubanza wa 1/4.

Nyuma y’umukino wa Kiyovu SC na Rwamagana hakurikiyeho uwahuje Rayon Sports yari yasuye Police FC kuri sitade y’Akarere ka Muhanga.

Ni umukino warangiye Police FC itsinzwe ibitego 3-2, mu gihe mumukino waherukaga guhuza aya makipe yombi muri shampiyona y’u Rwanda Police yari yatsinze 4-2.

Ku ruhande rwa Rayon Sports niyo yatangiye neza kuko ku munota wa 9, Eric Ngendahimana yafunguye amazamu ya Police, ku munota wa 16 Musa Essenu yongeyemo igitego cya kabiri mbere y’uko Leandre Essombe Willy Onana ashyiramo igitego cya gatatu.

Mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka, Rutahizamu Mugisha Didier wa Police yishyuyemo igitego kimwe muri bitatu bari batsinzwe, bityo amakipe yombi ajya mu kirihuko ari 3-1.

Igice cya Kabiri cy’uyu mukino cyaranzwe no kwitwara neza kwa Police FC yari yakiriye uyu mukino, ku munota wa 63 w’umukino Mugisha Didier yongeye kubona ikindi gitego cya kabiri kuriwe ndetse no kuri Police FC, akaba umukino warangiye Rayon itsinze Police FC 3-2.

Umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza uzabuza Rayon Sports na Police FC uzakinwa kuya 3 Gicurasi 2023 ubere kuri Sitade ya Muhanga.

Undi mukino wabaye, ikipe ya Musanze FC yasezerewe ku kibuga cyayo na Musanze FC nyuma yo kuba umukino wo kwishyura warangiye musanze itsinze kimwe kubusa bihwana n’uko umukino ubanza wari wagenze.

Habayeho kwitabaza penaliti, Mukura VS isezerera Musanze FC kuri Penaliti 4-2, bityo ikipe yo mu karere ka Huye igera muri 1/2 aho izahura na APR FC naho Kiyovu SC yo ikazahura nizatsinda hagati ya Police FC na Rayon Sports.

2023-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Ubwanditsi 15 May 2024
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Ubwanditsi 23 Feb 2022
Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Ubwanditsi 18 Mar 2023
FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

Ubwanditsi 03 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zéphanie yasabye Amavubi gukomeza guhesha ishema Igihugu
Amakuru

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zéphanie yasabye Amavubi gukomeza guhesha ishema Igihugu

Ubwanditsi 31 May 2024
Urutonde Rw’ibigo 57 By’amashuri Yisumbuye Byabujijwe Gutangira Igihembwe Cya Gatatu
Mu Rwanda

Urutonde Rw’ibigo 57 By’amashuri Yisumbuye Byabujijwe Gutangira Igihembwe Cya Gatatu

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Jean Sayinzoga yashyinguwe mu cyubahiro (Amafoto)
Amakuru

Jean Sayinzoga yashyinguwe mu cyubahiro (Amafoto)

Ubwanditsi 21 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru