• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Ubwanditsi 05 Apr 2018 IMIKINO

Mu gihe Rayon Sports yitegura umukino ukomeye cyane ufite na byinshi uvuze ku mahirwe yayo yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yerekeje mu matsinda ya CAF Confederation Cup, abafana basabwe kuzura Stade ya Kigali, bagafana kuva ku munota wa mbere kugera ku wa nyuma kugira ngo babashe gukura amanota atatu kuri Costa do Sol na yo itoroshye.

Kapiteni wa Rayon Spots, Ndayishimiye Eric Bakame yatangaje ko nubwo abafana bagiye baba hafi y’ikipe mu mikino mpuzamahanga yakinnye na Lydia Ludic na Mamelodi Sundowns, kuri ubu aribwo ifite urugamba rutoroshye na gato imbere ya Costa do Sol ari na ho bakeneye umurindi wabo cyane.

Aganira na IGIHE dukesha iyi nkuru yagize ati “Navuga ko mu mikino ya Champions League twakinnye abafana batubaye hafi kandi natwe twagerageje kubashimisha by’umwihariko imbere ya Mamelodi kuko ni bake bumvaga ko twanganya na yo hano nubwo yadusezereye iwabo twavuyemo kigabo.”

Yakomeje agira ati “Ubu tubonye amahirwe ya kabiri aho dusabwa gutsinda iyi kipe [Costa do Sol] tukajya mu matsinda ya Confederation Cup. Nk’abakinnyi turiteguye n’ubuyobozi bwakoze byose, ubu icyo dukeneye cyane ni umurindi w’abafana. Nabasaba kuzaza ari benshi bakuzura Stade ya Kigali, bagashyira igitutu ku bakinnyi tuzaba duhanganye, natwe tuzakora ibishoboka tubashimishe.”

Kwinjira kuri uyu mukino uzatangira saa 18:00 za nimugoroba, ni ibihumbi 2000 Frw ahadatwikiriye, 5000 Frw ahatwikiriye, 10000 Frw muri VIP na ho muri VVIP bakazishyura ibihumbi 20 Frw.

Umuyobozi w’abafana b’iyi kipe, Muhawenimana Claude yatangaje ko kubera Stade ya Kigali ari nto ugereranyije n’abafana Rayon Sports igira kandi baba bashaka kureba umupira, bafashe ingamba zo gusigasira umutekano harimo kugurisha amatike.

Yasabye abashaka kureba umupira kuzagera i Nyamirambo hakiri kare kugira ngo birinde umubyigano mu kwinjira kandi buri wese akazubahiriza icyicaro gihwanye n’amafaranga yishyuye.

Kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame yasabye abafana kuza ari benshi kandi bagatera igitutu mukeba

Muhawenimana Claude uyobora abafana ba Rayon Sports yavuze ko bafashe ingamba zikomeye zo kubarindira umutekano

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro ku mukino wa Costa do Sol


2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Kiyovu SC yasezereye Rwamagana FC mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinda Police FC mu mukino ubanza wa 1/4

Ubwanditsi 27 Apr 2023
Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA

Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA

Ubwanditsi 12 Aug 2025
Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Shampiyona ya Volleyball iratangira INATEK VC ifite igikombe yakira IPRC South.

Shampiyona ya Volleyball iratangira INATEK VC ifite igikombe yakira IPRC South.

Ubwanditsi 19 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda
Amakuru

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2025
Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba
Amakuru

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 18 Mar 2023

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Ubwanditsi 23 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru