• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Ubwanditsi 05 Apr 2018 IMIKINO

Mu gihe Rayon Sports yitegura umukino ukomeye cyane ufite na byinshi uvuze ku mahirwe yayo yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yerekeje mu matsinda ya CAF Confederation Cup, abafana basabwe kuzura Stade ya Kigali, bagafana kuva ku munota wa mbere kugera ku wa nyuma kugira ngo babashe gukura amanota atatu kuri Costa do Sol na yo itoroshye.

Kapiteni wa Rayon Spots, Ndayishimiye Eric Bakame yatangaje ko nubwo abafana bagiye baba hafi y’ikipe mu mikino mpuzamahanga yakinnye na Lydia Ludic na Mamelodi Sundowns, kuri ubu aribwo ifite urugamba rutoroshye na gato imbere ya Costa do Sol ari na ho bakeneye umurindi wabo cyane.

Aganira na IGIHE dukesha iyi nkuru yagize ati “Navuga ko mu mikino ya Champions League twakinnye abafana batubaye hafi kandi natwe twagerageje kubashimisha by’umwihariko imbere ya Mamelodi kuko ni bake bumvaga ko twanganya na yo hano nubwo yadusezereye iwabo twavuyemo kigabo.”

Yakomeje agira ati “Ubu tubonye amahirwe ya kabiri aho dusabwa gutsinda iyi kipe [Costa do Sol] tukajya mu matsinda ya Confederation Cup. Nk’abakinnyi turiteguye n’ubuyobozi bwakoze byose, ubu icyo dukeneye cyane ni umurindi w’abafana. Nabasaba kuzaza ari benshi bakuzura Stade ya Kigali, bagashyira igitutu ku bakinnyi tuzaba duhanganye, natwe tuzakora ibishoboka tubashimishe.”

Kwinjira kuri uyu mukino uzatangira saa 18:00 za nimugoroba, ni ibihumbi 2000 Frw ahadatwikiriye, 5000 Frw ahatwikiriye, 10000 Frw muri VIP na ho muri VVIP bakazishyura ibihumbi 20 Frw.

Umuyobozi w’abafana b’iyi kipe, Muhawenimana Claude yatangaje ko kubera Stade ya Kigali ari nto ugereranyije n’abafana Rayon Sports igira kandi baba bashaka kureba umupira, bafashe ingamba zo gusigasira umutekano harimo kugurisha amatike.

Yasabye abashaka kureba umupira kuzagera i Nyamirambo hakiri kare kugira ngo birinde umubyigano mu kwinjira kandi buri wese akazubahiriza icyicaro gihwanye n’amafaranga yishyuye.

Kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame yasabye abafana kuza ari benshi kandi bagatera igitutu mukeba

Muhawenimana Claude uyobora abafana ba Rayon Sports yavuze ko bafashe ingamba zikomeye zo kubarindira umutekano

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro ku mukino wa Costa do Sol


2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 17 Oct 2024
Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose  bagatsinda umukino wa mbere

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose bagatsinda umukino wa mbere

Ubwanditsi 14 Jan 2016
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Ubwanditsi 11 Sep 2025
Sénégal yari icyizere cya Afurika mu Gikombe cy’Isi yasezerewe izize amakarita y’umuhondo

Sénégal yari icyizere cya Afurika mu Gikombe cy’Isi yasezerewe izize amakarita y’umuhondo

Ubwanditsi 29 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Radio Wo Muri Goodlife nyuma yo Gukubitwa Akagubwa nabi kurubu amakuru arahamya ko ari koroherwa
SHOWBIZ

Radio Wo Muri Goodlife nyuma yo Gukubitwa Akagubwa nabi kurubu amakuru arahamya ko ari koroherwa

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo
Mu Mahanga

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Rwanda Premier League igiye gutangira guhemba amakipe hakurikijwe imyanya yasorejeho muri Shampiyona
Amakuru

Rwanda Premier League igiye gutangira guhemba amakipe hakurikijwe imyanya yasorejeho muri Shampiyona

Ubwanditsi 26 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru