• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ubwanditsi 07 Mar 2018 IMIKINO

Umukino waberaga kuri sitade Amahoro i Remera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2018.  Ikipe ya Rayon Sports  bakunze kwita Gikundiro, yaguye miswi n’ikipe  Mamelodi Sundowns FC banganya 0-0  byari mu mukino w’ijonjora rya nyuma ry’imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (Total CAF Champions League).

MU MAFOTO: Rayon Sports yihagazeho inganya na Mamelodi Sundowns FC

 Ivan Minaert umutoza wa Rayon Sports yakoze impinduka mu bakinnyi 11 kuko nka Mugisha Francois Master utarakinnye imikino ibiri ya LLB, yari mu kibuga aho yari kumwe na Nahimana Shassir, Kwizera Pierrot, Mugabo Gabriel Gaby na Shaban Hussein Tchabalala. Abakinnyi nka Muhire Kevin, Nyandwi Saddam na Niyonzima Olivier Sefu bari babanje hanze y’ikibuga n;ubwo muri aba Muhire Kevin ariwe wenyine utakinnye.

Igice cya mbere cyaranzwe n’umupira ufunguye hagati y’amakipe yombi kuko yaba yagerageje gutera imipira yabyara ibitego. Ivan Minaert byageze ku munota wa 35′ agira umutima wo gusimbuza akuramo Nahimana Shassir ashyiramo Nyandwi Saddam. Shaban Hussein Tchabalala wacaga iburyo yahise ajya ibumoso hacaga Nahimana bityo Nyandwi ajya imbere gato ya Mutsinzi Ange bafatanya uruhande rwose.

Abasimbura ba Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports

Niyonzima Olivier Sefu (Ibumoso) na Muhire Kevin (Iburyo) babanje hanze

Niyonzima Olivier Sefu (Ibumoso) na Muhire Kevin (Iburyo) babanje hanze

Ivan Minaert asuhuza abakinnyi bari ku ntebe y'abasimbura

Ivan Minaert asuhuza abakinnyi bari ku ntebe y’abasimbura

Hasohorwa ibirango bya CAF na FIFA

Hasohorwa ibirango bya CAF na FIFA

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Mugisha Francois Master (Ibumoso) yongeye kwizerwa na Ivan Minaert abanza mu kibuga cyo kimwe na Nahimana Shassir (iburyo)

Mugisha Francois Master (Ibumoso) yongeye kwizerwa na Ivan Minaert abanza mu kibuga cyo kimwe na Nahimana Shassir (iburyo)

Nahimana Shassir (ibumoso) Eric Rutanga (hagati) na Kwizera Pierrot (ubanza iburyo)

Nahimana Shassir (ibumoso) Eric Rutanga (hagati) na Kwizera Pierrot (ubanza iburyo)

Mugisha Francois Master

Ivan Minaert yavuze ko yaje gusimbuza Mugisha Francois Master kuko ngo yaje kuruha

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n’abakapiteni

Nahimana Shassir (10) na Mutsinzi Ange Jimmy (5) bacunze Sirino Gaston (5)

Nahimana Shassir (10) na Mutsinzi Ange Jimmy (5) bacunze Sirino Gaston (5)

Intebe y'abatoza n'abaganga ba Rayon Sports                                                 Intebe y’abatoza n’abaganga ba Rayon Sports 

Pitso Mosimane umutoza wa Mamelodi Sundowns FC ubwo yasomaga umukino             Pitso Mosimane umutoza wa Mamelodi Sundowns FC ubwo yasomaga umukino

Kekana Hlompho kapiteni wa Mamelodi imbere ya Shaban Hussein Tchabalala

Kekana Hlompho kapiteni wa Mamelodi imbere ya Shaban Hussein Tchabalala amushakaho inzira 

Igice cya kabiri cyatangiye ubona ko amakipe yombi ari gukina mu buryo ajya kunganya imbaraga. Rayon Sports yari imbere y’abafana ubona ko biri kuyifasha. Bitewe nuko Mamelodi yatangiye kubona ko igitego igomba kugishaka, Tau Percy yahawe ikarita y’umuhondo azira gukandagira Mugabo Gabriel myugariro wa Rayon Sports. Ivan Minaert amaze kubona ko Ismaila Diarra yananiwe, yamusimbuje Christ Mbondy ngo atange umusanzu mu busatirizi.

Ku munota wa 71′, Rayon Sports bakuyemo Mugisha Francois bita Master bashyiramo Niyonzima Olivier Sefu. Ibi byatumye Niyonzima afatanya na Yannick Mukunzi hagati bityo Kwizera Pierrot ajya inyuma ya Shaban Hussein Tchabalala wakinaga nka rutahizamu muri iyo minota. Nyuma gato na Pitso Mosimane umutoza wa Mamelodi Sundowns yahise akuramo Vilakazi Sibusiso ashyiramo Lebese George.

Rayon Sports imaze gushyira Kwizera Pierrot inyuma ya Shaban Hussein Tchabalala, bahise batangira gutera umupira ugana imbere bashaka igitego. Ibi byaje gutuma Pitso Mosimane umutoza wa Mamelodi akuramo Sirino Gaston wari wazonze Rayon Sports ahita yinjiza Themba Zwane.

Umukino wagumye muri uwo mujyo ari nako morale ku bafana ba Rayon Sports kuko babonaga ko isaha n’isaha nabo babona igitego. Gusa umukino warangiye yaba Mamelodi na Rayon Sports nta kipe yanduje izamu ry’indi (0-0).

Mugabo Gabriel ahana ibitekerezo n'umusifuzi

Mugabo Gabriel ahana ibitekerezo n’umusifuzi

Ubwo Eric Rutanga yari agize ikibazo

Ubwo Eric Rutanga yari agize ikibazo

Shaban Hussein Tchabalala (11) yakinaga umukino we wa mbere

Tebogo Langerman (4) abyigana na Shaban Hussein Tchabalala (11)

Tebogo Langerman (4) abyigana na Shaban Hussein Tchabalala (11)

Nyandwi Saddam yinjiye asimbuye Nahimana Shassir

Nyandwi Saddam yinjiye asimbuye Nahimana Shassir mu gice cya mbere

Nyandwi Saddam (16) myugariro w'iburyo muri Rayon Sports

Nyandwi Saddam (16) myugariro w’iburyo muri Rayon Sports yahise atangira kugenzura urwo ruhande

Iki gitambaro abafana baba bagihererekanye muri sitade

Iki gitambaro abafana baba bagihererekanye muri sitade

Abafana ba Rayon Sports bakubise ingoma iminota 90' badacitse intege kuko ikipe yabo yanaberetse umukino mwiza

Abafana ba Rayon Sports bakubise ingoma iminota 90′ badacitse intege kuko ikipe yabo yanaberetse umukino mwiza

Ivan Minaert areba icyo yahindura mu kibuga

Ivan Minaert areba icyo yahindura mu kibuga

Tau Percy (22) yahawe ikarita y'umuhondo azira gukandagira Mugabo Gabriel

Rutahizamu Tau Percy (22) yahawe ikarita y’umuhondo azira gukandagira Mugabo Gabriel

Myugariro Usengimana Faustin ku mupira

Myugariro Usengimana Faustin ku mupira

Mutsinzi Ange Jimmy (5) yakinnye umukino w'ubwitange

Mutsinzi Ange Jimmy (5) yakinnye umukino w’ubwitange

Niyonzima Olivier Sefu yinjiye asimbura Mugisha Francois Master

Niyonzima Olivier Sefu yinjiye asimbura Mugisha Francois Master

Usengimana Faustin (15) myugariro wa Rayon Sports arinda neza umuntu we

Usengimana Faustin (15) myugariro wa Rayon Sports arinda neza umuntu we

Pitso Mosimane (Ibumoso) umutoza wa Mamelodi Sundowns FC yashimiye Ivan Minaert (Iburyo) umutoza wa Rayo Sports uburyo yitwaye

Pitso Mosimane (Ibumoso) umutoza wa Mamelodi Sundowns FC yashimiye Ivan Minaert (Iburyo) umutoza wa Rayon Sports uburyo yitwaye

Abakinnyi ba Rayon Sports bashimira abafana muri ubu buryo

Abakinnyi ba Rayon Sports bashimira abafana muri ubu buryo

Dore abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi:

Rayon Sports XI: Ndayishimiye Eric Bakame (GK, C, 1), Mutsinzi Ange Jimmy 5, Eric Rutanga 3, Mugabo Gabriel 2, Usengimana Faustin 15, Kwizera Pierrot 23, Mugisha Francois Master 25, Yannick Mukunzi 6, Shaban Hussein Tchabalala 11, Ismaila Diarra 20 na Nahimana Shassir 10.

Mamelodi Sundowns XI: Denis Onyango (GK, 14), Thapelo Morena 27, Arendse Wayne 6, Ricardo Nascimento 16, Langerman Tebogo 4, Kekana Hlompho (C, 8), Tiyani Mabunda 13, Sirino Gaston 5, Tau Percy 22, Vilakazi Sibusiso 11 na Manyisa Oupa 7.

Mutsinzi Ange Jimmy yambura umupira Vilakazi Sibusiso rutahizamu ukanganye muri Afurika y'EpfoMutsinzi Ange Jimmy yambura umupira Vilakazi Sibusiso rutahizamu ukanganye muri Afurika y’Epfo

Rushyashya.net

2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021
FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Ku myaka 94, Nancy Reagan Yitabye Imana

Ku myaka 94, Nancy Reagan Yitabye Imana

Ubwanditsi 07 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka
Mu Rwanda

Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka

Ubwanditsi 21 May 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa Gatatu, yabayemo impinduka nyinshi
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa Gatatu, yabayemo impinduka nyinshi

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Hugh Masekela:Umwami w’injyana ya Jazz muri South Africa yitabye Imana
SHOWBIZ

Hugh Masekela:Umwami w’injyana ya Jazz muri South Africa yitabye Imana

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru