• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ubwanditsi 07 Mar 2018 IMIKINO

Umukino waberaga kuri sitade Amahoro i Remera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2018.  Ikipe ya Rayon Sports  bakunze kwita Gikundiro, yaguye miswi n’ikipe  Mamelodi Sundowns FC banganya 0-0  byari mu mukino w’ijonjora rya nyuma ry’imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (Total CAF Champions League).

MU MAFOTO: Rayon Sports yihagazeho inganya na Mamelodi Sundowns FC

 Ivan Minaert umutoza wa Rayon Sports yakoze impinduka mu bakinnyi 11 kuko nka Mugisha Francois Master utarakinnye imikino ibiri ya LLB, yari mu kibuga aho yari kumwe na Nahimana Shassir, Kwizera Pierrot, Mugabo Gabriel Gaby na Shaban Hussein Tchabalala. Abakinnyi nka Muhire Kevin, Nyandwi Saddam na Niyonzima Olivier Sefu bari babanje hanze y’ikibuga n;ubwo muri aba Muhire Kevin ariwe wenyine utakinnye.

Igice cya mbere cyaranzwe n’umupira ufunguye hagati y’amakipe yombi kuko yaba yagerageje gutera imipira yabyara ibitego. Ivan Minaert byageze ku munota wa 35′ agira umutima wo gusimbuza akuramo Nahimana Shassir ashyiramo Nyandwi Saddam. Shaban Hussein Tchabalala wacaga iburyo yahise ajya ibumoso hacaga Nahimana bityo Nyandwi ajya imbere gato ya Mutsinzi Ange bafatanya uruhande rwose.

Abasimbura ba Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports

Niyonzima Olivier Sefu (Ibumoso) na Muhire Kevin (Iburyo) babanje hanze

Niyonzima Olivier Sefu (Ibumoso) na Muhire Kevin (Iburyo) babanje hanze

Ivan Minaert asuhuza abakinnyi bari ku ntebe y'abasimbura

Ivan Minaert asuhuza abakinnyi bari ku ntebe y’abasimbura

Hasohorwa ibirango bya CAF na FIFA

Hasohorwa ibirango bya CAF na FIFA

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Mugisha Francois Master (Ibumoso) yongeye kwizerwa na Ivan Minaert abanza mu kibuga cyo kimwe na Nahimana Shassir (iburyo)

Mugisha Francois Master (Ibumoso) yongeye kwizerwa na Ivan Minaert abanza mu kibuga cyo kimwe na Nahimana Shassir (iburyo)

Nahimana Shassir (ibumoso) Eric Rutanga (hagati) na Kwizera Pierrot (ubanza iburyo)

Nahimana Shassir (ibumoso) Eric Rutanga (hagati) na Kwizera Pierrot (ubanza iburyo)

Mugisha Francois Master

Ivan Minaert yavuze ko yaje gusimbuza Mugisha Francois Master kuko ngo yaje kuruha

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n’abakapiteni

Nahimana Shassir (10) na Mutsinzi Ange Jimmy (5) bacunze Sirino Gaston (5)

Nahimana Shassir (10) na Mutsinzi Ange Jimmy (5) bacunze Sirino Gaston (5)

Intebe y'abatoza n'abaganga ba Rayon Sports                                                 Intebe y’abatoza n’abaganga ba Rayon Sports 

Pitso Mosimane umutoza wa Mamelodi Sundowns FC ubwo yasomaga umukino             Pitso Mosimane umutoza wa Mamelodi Sundowns FC ubwo yasomaga umukino

Kekana Hlompho kapiteni wa Mamelodi imbere ya Shaban Hussein Tchabalala

Kekana Hlompho kapiteni wa Mamelodi imbere ya Shaban Hussein Tchabalala amushakaho inzira 

Igice cya kabiri cyatangiye ubona ko amakipe yombi ari gukina mu buryo ajya kunganya imbaraga. Rayon Sports yari imbere y’abafana ubona ko biri kuyifasha. Bitewe nuko Mamelodi yatangiye kubona ko igitego igomba kugishaka, Tau Percy yahawe ikarita y’umuhondo azira gukandagira Mugabo Gabriel myugariro wa Rayon Sports. Ivan Minaert amaze kubona ko Ismaila Diarra yananiwe, yamusimbuje Christ Mbondy ngo atange umusanzu mu busatirizi.

Ku munota wa 71′, Rayon Sports bakuyemo Mugisha Francois bita Master bashyiramo Niyonzima Olivier Sefu. Ibi byatumye Niyonzima afatanya na Yannick Mukunzi hagati bityo Kwizera Pierrot ajya inyuma ya Shaban Hussein Tchabalala wakinaga nka rutahizamu muri iyo minota. Nyuma gato na Pitso Mosimane umutoza wa Mamelodi Sundowns yahise akuramo Vilakazi Sibusiso ashyiramo Lebese George.

Rayon Sports imaze gushyira Kwizera Pierrot inyuma ya Shaban Hussein Tchabalala, bahise batangira gutera umupira ugana imbere bashaka igitego. Ibi byaje gutuma Pitso Mosimane umutoza wa Mamelodi akuramo Sirino Gaston wari wazonze Rayon Sports ahita yinjiza Themba Zwane.

Umukino wagumye muri uwo mujyo ari nako morale ku bafana ba Rayon Sports kuko babonaga ko isaha n’isaha nabo babona igitego. Gusa umukino warangiye yaba Mamelodi na Rayon Sports nta kipe yanduje izamu ry’indi (0-0).

Mugabo Gabriel ahana ibitekerezo n'umusifuzi

Mugabo Gabriel ahana ibitekerezo n’umusifuzi

Ubwo Eric Rutanga yari agize ikibazo

Ubwo Eric Rutanga yari agize ikibazo

Shaban Hussein Tchabalala (11) yakinaga umukino we wa mbere

Tebogo Langerman (4) abyigana na Shaban Hussein Tchabalala (11)

Tebogo Langerman (4) abyigana na Shaban Hussein Tchabalala (11)

Nyandwi Saddam yinjiye asimbuye Nahimana Shassir

Nyandwi Saddam yinjiye asimbuye Nahimana Shassir mu gice cya mbere

Nyandwi Saddam (16) myugariro w'iburyo muri Rayon Sports

Nyandwi Saddam (16) myugariro w’iburyo muri Rayon Sports yahise atangira kugenzura urwo ruhande

Iki gitambaro abafana baba bagihererekanye muri sitade

Iki gitambaro abafana baba bagihererekanye muri sitade

Abafana ba Rayon Sports bakubise ingoma iminota 90' badacitse intege kuko ikipe yabo yanaberetse umukino mwiza

Abafana ba Rayon Sports bakubise ingoma iminota 90′ badacitse intege kuko ikipe yabo yanaberetse umukino mwiza

Ivan Minaert areba icyo yahindura mu kibuga

Ivan Minaert areba icyo yahindura mu kibuga

Tau Percy (22) yahawe ikarita y'umuhondo azira gukandagira Mugabo Gabriel

Rutahizamu Tau Percy (22) yahawe ikarita y’umuhondo azira gukandagira Mugabo Gabriel

Myugariro Usengimana Faustin ku mupira

Myugariro Usengimana Faustin ku mupira

Mutsinzi Ange Jimmy (5) yakinnye umukino w'ubwitange

Mutsinzi Ange Jimmy (5) yakinnye umukino w’ubwitange

Niyonzima Olivier Sefu yinjiye asimbura Mugisha Francois Master

Niyonzima Olivier Sefu yinjiye asimbura Mugisha Francois Master

Usengimana Faustin (15) myugariro wa Rayon Sports arinda neza umuntu we

Usengimana Faustin (15) myugariro wa Rayon Sports arinda neza umuntu we

Pitso Mosimane (Ibumoso) umutoza wa Mamelodi Sundowns FC yashimiye Ivan Minaert (Iburyo) umutoza wa Rayo Sports uburyo yitwaye

Pitso Mosimane (Ibumoso) umutoza wa Mamelodi Sundowns FC yashimiye Ivan Minaert (Iburyo) umutoza wa Rayon Sports uburyo yitwaye

Abakinnyi ba Rayon Sports bashimira abafana muri ubu buryo

Abakinnyi ba Rayon Sports bashimira abafana muri ubu buryo

Dore abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi:

Rayon Sports XI: Ndayishimiye Eric Bakame (GK, C, 1), Mutsinzi Ange Jimmy 5, Eric Rutanga 3, Mugabo Gabriel 2, Usengimana Faustin 15, Kwizera Pierrot 23, Mugisha Francois Master 25, Yannick Mukunzi 6, Shaban Hussein Tchabalala 11, Ismaila Diarra 20 na Nahimana Shassir 10.

Mamelodi Sundowns XI: Denis Onyango (GK, 14), Thapelo Morena 27, Arendse Wayne 6, Ricardo Nascimento 16, Langerman Tebogo 4, Kekana Hlompho (C, 8), Tiyani Mabunda 13, Sirino Gaston 5, Tau Percy 22, Vilakazi Sibusiso 11 na Manyisa Oupa 7.

Mutsinzi Ange Jimmy yambura umupira Vilakazi Sibusiso rutahizamu ukanganye muri Afurika y'EpfoMutsinzi Ange Jimmy yambura umupira Vilakazi Sibusiso rutahizamu ukanganye muri Afurika y’Epfo

Rushyashya.net

2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Mar 2021
Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 10 May 2023
Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Ubwanditsi 03 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kisangani :  Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa
ITOHOZA

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Umuyobozi wa Radiyo ‘Ijwi rya Amerika’ aranenga Leta y’u Burundi
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuyobozi wa Radiyo ‘Ijwi rya Amerika’ aranenga Leta y’u Burundi

Ubwanditsi 05 May 2018
Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Ubwanditsi 16 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru